Imigambi y’Imana irahambaye, birenze kure ibyo muntu ashobora gutekereza - Papa Leo XVI
Iyobokamana

Imigambi y’Imana irahambaye, birenze kure ibyo muntu ashobora gutekereza - Papa Leo XVI

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 203 min gusoma
Imigambi y’Imana irahambaye, birenze kure ibyo muntu ashobora gutekereza - Papa Leo XVI

Papa Leo XIV yasabye abakirisitu kuzirikana ko imigambi y’Imana irenze kure ibyo umuntu ashobora gutekereza, ashingiye ku mugani wa Yezu w’abakozi bakoraga mu ruzabibu, yibutsa ko inzira z’Imana zitandukanye n’iza muntu.

Ibi Papa Leo XIV yabigarutseho kuri iki Cyumweru. ku itariki ya 20 Nzeri 2026, ubwo yari ayoboye isengesho rya Angelus i Vatican, aho yasobanuye ubutumwa bukubiye mu Ivanjili bwibanda ku mugani w’abakozi bakoraga mu ruzabibu.

Muri uyu mugani, Yezu avuga iby’umuntu wari ufite uruzabibu washakaga abakozi bo gukora muri rwo. Yagiye gushaka abakozi batangira gukora ku masaha atandukanye, ariko abarangije akazi bose abaha umushahara ungana.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru Vatican News, Papa Leo XIV yavuze ko uyu mugani ufasha abakirisitu gusobanukirwa ko uburyo Imana ireba ibintu butandukanye n’ubw’abantu, cyane cyane mu bijyanye n’ubutabera, ubuntu n’umugambi ifitiye buri muntu.

Yibukije ko abantu bashobora kugira ibyo bateganya cyangwa bakabona ko hari inzira imwe yonyine ibintu bigomba kunyuramo, ariko ko Imana ishobora kugira umugambi urenze ibyo umuntu yatekerezaga.

Papa Leo XIV yagize ati: “Imigambi y’Imana irahambaye birenze kure ibyo muntu ashobora gutekereza, bityo abakirisitu bakaba bakwiye kuyiringira no kwemera ko inzira zayo zitandukanye n’izabo.”

Yasobanuye kandi ko ubutumwa bw’uyu mugani budakwiye kureberwa gusa ku bijyanye n’umushahara w’abakozi, ahubwo ko bukwiye gufasha abantu kumva uburyo ubuntu bw’Imana butagira imipaka.

Papa Leo XIV yasabye abakirisitu kureka kwigereranya n’abandi cyangwa kumva ko hari abahawe byinshi kurusha bo, ahubwo bakizera ko Imana ifite umugambi wihariye kuri buri wese.

Yasoje yibutsa ko kwizera Imana bisaba kwemera ko hari ibyo umuntu adashobora guhita asobanukirwa, ariko akizera ko imigambi yayo ari myiza kandi irenze ibyo umuntu ashobora kubona cyangwa gutekereza.

Ibyifuzo by’abasomyi

Andika igitekerezo cyawe

0/2000

Igitekerezo cyawe kizemezwa n’abaditsi mbere y’uko cyagaragara. Ibyanditsse n’ababotsi cyangwa spam ntibyemewe.

Inkuru zerekeye

‎Yashutswe urukundo n'uwo yise sekibi ! ‎Ishimwe Vestine yavugiye mu migani asobanura urugendo rwe rwo kubabazwa kugeza ku mwana we
Iyobokamana

‎Yashutswe urukundo n'uwo yise sekibi ! ‎Ishimwe Vestine yavugiye mu migani asobanura urugendo rwe rwo kubabazwa kugeza ku mwana we

‎Ni mu butumwa burebure yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze by'umwihariko Instagram konti ye aho natwe twakuye , ubwo butumwa tugiye kubagezaho muri iyi nkuru.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 10 yashize
‎“Turirimbira Imana kuko twabonye ibitangaza yakoze mu buzima bwacu” Hyguette na Cynthia
Iyobokamana

‎“Turirimbira Imana kuko twabonye ibitangaza yakoze mu buzima bwacu” Hyguette na Cynthia

‎Mu gihe umuzika wo kuramya no guhimbaza Imana ukomeje kubona amaraso mashya mu Rwanda, Hyguette na Cynthia ni rimwe mu matsinda akizamuka afite intego yo gukoresha impano yabo mu kugeza ubutumwa bw’icyizere n’ihumure ku bantu b'Imana.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 27
‎Perezida wa Uganda yifatanyije n'umukobwa we wagizwe Bishop amusabira umugisha n'imbaraga
Iyobokamana

‎Perezida wa Uganda yifatanyije n'umukobwa we wagizwe Bishop amusabira umugisha n'imbaraga

‎Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni yifatanyije n'umukobwa we Patience Rwabwogo wagizwe Bishop mu itorero yari amazemo imyaka igera kuri 20.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 24
Zari Hassan yibagishije isura bimutwara arenga 14,000,000 Rwf
Iyobokamana

Zari Hassan yibagishije isura bimutwara arenga 14,000,000 Rwf

Zari Hassan yibagishije isura bimutwara arenga 14,000,000 Rwf

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 15
#Kwibuka32: Apôtre Gitwaza yahumurije abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Iyobokamana

#Kwibuka32: Apôtre Gitwaza yahumurije abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Umushumba Mukuru wa Authentic Word Ministries na Zion Temple Celebration Center, Apôtre Dr. Paul Gitwaza, yagaragaje ko mu myaka 32 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, u Rwanda rumaze kugerwaho n’ibikorwa byinshi byiza by’Imana, anahumuriza abarokotse abasaba gukomeza gutwaza gitwari.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 7
Rutsiro: Batewe ishema no kuba barikuye mu bafashwa na Leta
Iyobokamana

Rutsiro: Batewe ishema no kuba barikuye mu bafashwa na Leta

Umuturage witwa Ntawimenya Costasie wo mu Murenge wa Mushonyi, yagaragaje akanyamuneza aterwa no kuba we n’umuryango we baravuye mu cyiciro cya Mber...

Admin User2026 Mata 5

Inkuru zishyashya

Muhanga: Umuyobozi w’Uburezi yafunzwe hakekwa icyo yaba yazize
Inkuru ku Rwanda

Muhanga: Umuyobozi w’Uburezi yafunzwe hakekwa icyo yaba yazize

Umuyobozi w’Uburezi mu Karere ka Muhanga, Habyarimana Daniel ari mu maboko ya RIB, birakekwa ari ibanga ry’akazi yamennye.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 1 yashize
Umukinnyi yakoze impanuka agongana n’imashini ikora ikibuga
Imikino

Umukinnyi yakoze impanuka agongana n’imashini ikora ikibuga

Uwahoze ari umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, Andros Townsend, yahuye n’impanuka idasanzwe ubwo yagongana n’ mashini ikora ikibuga mbere y’umukino wa Thai Pro League, ariko ku bw’amahirwe ntiyagira imvune ikomeye.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 3 yashize
Umugore n’umuhungu we bakurikiranyweho icyaha cy’ubusamba nyuma yo gusambana inshuro zirenga 100
Hanze

Umugore n’umuhungu we bakurikiranyweho icyaha cy’ubusamba nyuma yo gusambana inshuro zirenga 100

Umugore w’imyaka 46 wo muri Leta ya Florida muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Christina Clemens, n’umuhungu we Shane Clemens w’imyaka 22, bakurikiranyweho icyaha cy’ubusambanyi hagati y’abagize umuryango (incest), nyuma y’uko bombi bemeye ko bamaze igihe bakorana imibonano mpuzabitsina.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 4 yashize
USA: Umugore yatawe muri yombi nyuma yo gufatwa amashusho ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’imbwa
Hanze

USA: Umugore yatawe muri yombi nyuma yo gufatwa amashusho ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’imbwa

Umugore w’imyaka 38 wo muri Leta ya Florida muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatawe muri yombi, nyuma y’uko umugabo we asanze amashusho amugaragaza ari gukorana ibikorwa by’imibonano mpuzabitsina n’imbwa y’umuryango, nk’uko polisi ibivuga.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 4 yashize
Trump agiye gushyiraho ‘AI Force’ ishinzwe kugenzura ikoranabuhanga rya AI
INKURU NYAMUKURU

Trump agiye gushyiraho ‘AI Force’ ishinzwe kugenzura ikoranabuhanga rya AI

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko ateganya gushyiraho itsinda ryihariye ryiswe “AI Force” ndetse akanashyiraho umuyobozi mukuru ushinzwe ibijyanye n’ubwenge buhangano (AI Czar).

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 7 yashize
Umunyonzi wo muri RD Congo yapfiriye mu rugendo rwo kwimakaza amahoro
Izindi nkuru

Umunyonzi wo muri RD Congo yapfiriye mu rugendo rwo kwimakaza amahoro

Abategetsi bo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC/RDC) batangaje urupfu rw'umunyonzi wari ukiri muto watangije gahunda yo kwimakaza amahoro muri icyo gihugu kirangwamo intambara, mu kunyonga igare kuva i Goma mu burasirazuba bw'icyo gihugu yerekeza mu murwa mukuru Rabat wa Maroc.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 7 yashize