
Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyatangaje ko cyafunze abasirikare benshi baherutse guhunga urugamba rwabereye mu bice bikikije Minembwe mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, berekeza mu Mujyi wa Kalemie mu Ntara ya Tanganyika.
Umuvugizi w’ingabo za RDC muri Tanganyika, Sgt Aristote Tshitamba, yatangaje ko aba basirikare basize bagenzi babo ku rugamba n’abo yise abacengezi bafashwe ku gicamunsi cyo ku wa 13 Nyakanga 2026.
Yagize ati: “Bamwe mu bacengezi, abataye urugamba n’amabandi yo mu mujyi boherejwe muri gereza nkuru ya Kalemie mu gihe bategereje gukurikiranwa n’ubutabera.”
Bamwe muri aba basirikare bafashwe bambaye impuzankano y’ingabo za RDC, abandi bambaye imyambaro ya gisivile. Mbere yo kwinjizwa muri gereza, babanje kwicazwa hasi bahabwa ubutumwa n’ubuyobozi bw’igisirikare.
Aba basirikare bafashwe nyuma y’imirwano ikomeye yabereye muri Kivu y’Amajyepfo mu byumweru bibiri bishize, aho ihuriro AFC/M23 n’umutwe MRDP-Twirwaneho byafashe ibice birimo Point-Zéro, Mikenke, Gakenke, Kalingi, Baruta, Lubemba na Rwitsankuku.
Ingabo za RDC n’indi mitwe bikorana byahunze byerekeza mu majyepfo mu bice birimo Umujyi wa Baraka na Fizi. Bamwe mu basirikare bafashe icyemezo cyo kudasubira ku rugamba, bakomeza urugendo berekeza muri Kalemie, kure y’ahabera imirwano.
Urugendo rwo guhungira muri Kalemie rwaherukaga mu ntangiriro z’Ukuboza 2025, ubwo AFC/M23 yafataga ibice byinshi byo muri Teritwari ya Uvira birimo Umujyi wa Uvira. Bamwe mu bahunze barafunzwe, bashinjwa kurenga ku mabwiriza y’ababakuriye.



