Minisitiri Bizimana yasabye kwitwararika mu ikoreshwa ry’ijambo “gutwika”
Izindi nkuru

Minisitiri Bizimana yasabye kwitwararika mu ikoreshwa ry’ijambo “gutwika”

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 40 byayeho3 min gusoma
Minisitiri Bizimana yasabye kwitwararika mu ikoreshwa ry’ijambo “gutwika”
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène, yasobanuye ku ikoreshwa ry’ijambo “gutwika” risigaye rikoreshwa cyane cyane mu rubyiruko, ashimangira ko rikwiye gukoreshwa aho rifite igisobanuro nyacyo gusa, aho kurikoresha mu buryo bushobora kubangamira bamwe. Ibi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ku wa 3 Mata 2026, aho yagaragaje ko nubwo iryo jambo rifite ubusobanuro busanzwe bwo gutwika ibintu nk’ibyatsi cyangwa ibindi bikoresho, hari aho rikoreshwa ridakwiye cyane cyane mu birori cyangwa mu myidagaduro. Yasobanuye ko gukoresha “gutwika” mu rwego rwo kuvuga ibyishimo cyangwa imyidagaduro bishobora kwibutsa bamwe amateka mabi igihugu cyanyuzemo, aho gutwikira abantu byakoreshejwe mu bihe byashize nk’uburyo bwo kubatoteza no kubatera ubwoba. Minisitiri Bizimana yagaragaje ko ayo mateka akomeye yagiye agaragaramo ibikorwa byo gutwikira abantu by’umwihariko mu bihe by’amacakubiri, bigatuma iri jambo rifite uburemere bwihariye ku bantu babinyuzemo cyangwa ababakomokaho. Yongeyeho ko ari ngombwa ko buri wese, cyane cyane urubyiruko, amenya amateka igihugu cyanyuzemo kugira ngo yirinde gukoresha amagambo ashobora gukomeretsa abandi batabishaka. Mu gusoza, yasabye ko mu bihe by’imyidagaduro n’ibirori hajya hakoreshwa andi magambo meza asobanura ibyishimo n’imbaraga, aho gukoresha “gutwika”, mu rwego rwo kubaha amateka no kwirinda gukomeretsa imitima y’abaturage.

Inkuru zerekeye