White House yahakanye amakuru y’uburwayi bwa Trump
Izindi nkuru

White House yahakanye amakuru y’uburwayi bwa Trump

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 50 byayeho3 min gusoma
White House yahakanye amakuru y’uburwayi bwa Trump
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, White House, byatangaje ko amakuru yavugaga ko Perezida Donald Trump arembeye mu bitaro atari ukuri, bishimangira ko akomeje imirimo ye nk’ibisanzwe. Aya makuru yari yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga mu mpera z’icyumweru, avuga ko ari kuvurirwa mu bitaro bya Walter Reed Medical Center biherereye i Bethesda. Icyakora, ubuyobozi bwa White House bwahise buyanyomoza buvuga ko nta kibazo cy’uburwayi gihari. Mu gusobanura uko ibintu bimeze, ubuyobozi bushinzwe itumanaho muri White House bwifashishije ubutumwa bwa Steven Cheung, bwagaragaje ko Perezida Trump yakomeje akazi ke mu gihe cy’iminsi mikuru ya Pasika, ari mu biro bye, kandi ko ari gukora adahagarara. White House yagaragaje ko ayo makuru ari ibihuha bidafite ishingiro, inasobanura ko hari igihe iyo Perezida amaze amasaha menshi ataganiriye n’itangazamakuru, bamwe batangira gukeka ibintu bidafite gihamya. Ibi byatangajwe mu rwego rwo gukuraho urujijo no guhumuriza abaturage bari batangiye kugira impungenge ku buzima bwa Perezida.

Inkuru zerekeye