
Umunyarwandakazi w'uburanga Uwase Muyango yanditse amateka nyuma yo gushyirwa ku rutonde rw'abahatanira igihembo cya Best Influencer mu bihembo bya AFRIMMA 2026 (African Muzik Magazine Awards),
Uwawe Muyango yahise aba umwe mu Banyarwanda bake bageze ku rwego rwo guhatanira ibihembo bikomeye bihuriza hamwe ibyamamare byo ku mugabane wa Afurika.
Abategura ibi bihembo batangaje urutonde rw'abahatanye rugizwe n'abamamaye ku mbuga nkoranyambaga kubera ibikorwa byabo n'uruhare bagira mu kugira abakurikira benshi no kugira icyo bahindura ku bitekerezo n'imyitwarire y'ababakurikira.
Influencer ni umuntu ufite igikundiro n'abamukurikira benshi ku mbuga nkoranyambaga, ku buryo ashobora kumenyekanisha ibikorwa, ibicuruzwa cyangwa serivisi, ndetse no kugira uruhare mu gufasha ibigo n'ibirango kugera ku bakiliya.
Mu bahatanira iki gihembo harimo Nasty Blaq na Carter Efe bo muri Nigeria, Khaby Lame ukomoka muri Guinea, Lasizwe Dambuza wo muri Afurika y'Epfo, Crazy Kennar wo muri Kenya, Ilyas El Maliki wo muri Maroc, Mr Funny (Sabinus) na Peller bo muri Nigeria, ndetse n'Uwase Muyango uhagarariye u Rwanda.
Kugaragara kwa Uwase Muyango muri iri rushanwa ni intambwe ikomeye ku Rwanda, kuko agiye guhatana n'abafite izina rikomeye ku rwego rwa Afurika, bamwe muri bo bakaba bafite abakurikira babarirwa muri za miliyoni ku mbuga nkoranyambaga.
Abazegukana ibihembo bya AFRIMMA 2026 bazatangazwa ku wa 12 Nzeri 2026 mu birori bizabera kuri Annette Strauss Square muri AT&T Performing Arts Center i Dallas, muri Leta ya Texas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Kugeza ubu, abakunzi b'aba bahatanye bakomeje gusabwa gutora abo babona bakwiriye kwegukana ibihembo mu byiciro bitandukanye. Author
KWIZERA Jean de Dieu
Inkuru zizwi cyane
Umwalimukazi w’imyaka 34 yafashe ku ngufu umwana w’imyaka 11 yigishaga; anavuga ko aruta abagabo benshi
2025 Ukwakira 3Kim Kardashian arashinja Kanye West guta abana
2025 Ukwakira 21Karongi: Urubyiruko rurasaba kwigishwa amateka y’umuganura
2026 Mata 5Rubavu: Icyo abaturage biteze ku modoka z'amashanyarazi
2026 Mata 5Ntukayite ! Dore ibyo ushobora gukoresha telefone zawe zapfuye ubitse munzu
2025 Ukwakira 3
Inkuru zerekeye
Batanze Elon Musk ! Ubushinwa bwashyize hanze 'Brain Chip' igereranywa na Yesu
Batanze Elon Musk ! Ubushinwa bwashyize hanze 'Brain Chip' igereranywa na Yesu
Elon Musk yavuze ko amafaranga agenerwa abantu mu zabukuru ashobora kuzatakaza agaciro mu bihe biri imbere bya AI
Elon Musk yavuze ko amafaranga agenerwa abantu mu zabukuru ashobora kuzatakaza agaciro mu bihe biri imbere bya AI

Umuyobozi ukomeye muri OpenAI yeguye nyuma y’impungenge ku masezerano y’ikigo akorera n’igisirikare cya Amerika
Umuyobozi ukomeye muri OpenAI yeguye nyuma y’impungenge ku masezerano y’ikigo akorera n’igisirikare cya Amerika
