Uwase Muyango ahagarariye u Rwanda muri AFRIMMA 2026
Ikoranabuhanga

Uwase Muyango ahagarariye u Rwanda muri AFRIMMA 2026

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 143 min gusoma
Uwase Muyango ahagarariye u Rwanda muri AFRIMMA 2026

Umunyarwandakazi w'uburanga Uwase Muyango yanditse amateka nyuma yo gushyirwa ku rutonde rw'abahatanira igihembo cya Best Influencer mu bihembo bya AFRIMMA 2026 (African Muzik Magazine Awards),

Uwawe Muyango yahise aba umwe mu Banyarwanda bake bageze ku rwego rwo guhatanira ibihembo bikomeye bihuriza hamwe ibyamamare byo ku mugabane wa Afurika.

Abategura ibi bihembo batangaje urutonde rw'abahatanye rugizwe n'abamamaye ku mbuga nkoranyambaga kubera ibikorwa byabo n'uruhare bagira mu kugira abakurikira benshi no kugira icyo bahindura ku bitekerezo n'imyitwarire y'ababakurikira.

Influencer ni umuntu ufite igikundiro n'abamukurikira benshi ku mbuga nkoranyambaga, ku buryo ashobora kumenyekanisha ibikorwa, ibicuruzwa cyangwa serivisi, ndetse no kugira uruhare mu gufasha ibigo n'ibirango kugera ku bakiliya.

Mu bahatanira iki gihembo harimo Nasty Blaq na Carter Efe bo muri Nigeria, Khaby Lame ukomoka muri Guinea, Lasizwe Dambuza wo muri Afurika y'Epfo, Crazy Kennar wo muri Kenya, Ilyas El Maliki wo muri Maroc, Mr Funny (Sabinus) na Peller bo muri Nigeria, ndetse n'Uwase Muyango uhagarariye u Rwanda.

Kugaragara kwa Uwase Muyango muri iri rushanwa ni intambwe ikomeye ku Rwanda, kuko agiye guhatana n'abafite izina rikomeye ku rwego rwa Afurika, bamwe muri bo bakaba bafite abakurikira babarirwa muri za miliyoni ku mbuga nkoranyambaga.

Abazegukana ibihembo bya AFRIMMA 2026 bazatangazwa ku wa 12 Nzeri 2026 mu birori bizabera kuri Annette Strauss Square muri AT&T Performing Arts Center i Dallas, muri Leta ya Texas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Kugeza ubu, abakunzi b'aba bahatanye bakomeje gusabwa gutora abo babona bakwiriye kwegukana ibihembo mu byiciro bitandukanye.














Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan  ‎
Imyidagaduro

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan ‎

‎Zari Hassan yatangije ikiganiro mpaka ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye nyuma yo kwemeza ko umugore aba agomba guca inyuma uwo bashakanye igihe cyose uwo mugabo adatanga ibikenewe byose mu rugo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 1 yashize
Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we
Imyidagaduro

Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we

Butera Knowless umaranye imyaka 10 n’umugabo we mu buryo bwemewe n’amagategeko nk’umugore n’umugabo, yamushimiye byimazeyo ku rukundo yamuhaye agaragaza ko yabonye Imana mu byo banyuranyemo byose.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 14 yashize
Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we
Imyidagaduro

Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we

Butera Knowless umaranye imyaka 10 n’umugabo we mu buryo bwemewe n’amagategeko nk’umugore n’umugabo, yamushimiye byimazeyo ku rukundo yamuhaye agaragaza ko yabonye Imana mu byo banyuranyemo byose.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 14 yashize
Ibyo amaze kunguka ! Diamond Platnumz yishyuye agera kuri 8,821,692 RWF ngo ahure na Ne-Yo yishyura 147,028,200 Rwf ngo ahure na Davido
INKURU NYAMUKURU

Ibyo amaze kunguka ! Diamond Platnumz yishyuye agera kuri 8,821,692 RWF ngo ahure na Ne-Yo yishyura 147,028,200 Rwf ngo ahure na Davido

Umuhanzi Diamond Platnumz uri mu bakomeye muri Tanzania, ntabwo yazuyaje mu kwishyura agera kuri 8,821,692 Rwf kugira ngo ahure na kimwe mu byamamare muri muzika y’Isi Ne-Yo ndetse ngo yishyure n’andi menshi mu guhura na Davido wo muri Nigeria.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 15 yashize
‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza  ‎
Imyidagaduro

‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza ‎

Kendall Jenner wamamaye mu myidagaduro yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika , akaba yarakanyujijeho na A$AP Rocky umaze kubyarana Gatatu na Rihanna , yatangaje ko kuba batarabanye byaturutse ku kuba Rocky atarifuzaga ko baganira ku byerekeye ahazaza hano.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa
Imyidagaduro

‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa

Umuziki wa Afurika y'Iburasirazuba wari umaze igihe uvugwa kubera umwana w'umukobwa Zuchu na Diamond Platnumz baherutse kwibaruka dore ko ari na bamwe basanzwe bazi kurema inkuru zitwikira ibikorwa byabo muri muzika. Inkuru y'umwana banjirijwe n'amagambo yo kwihakana umugabo byanyirarureshwa kuri Zuchu warimo kuribwa n'inda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize