
Ese Ferwafa iremera icyifuzo cya APR FC maze ihindure gahunda yari yamenyesheje amakipe ko azakina Turbo King super Cup 2026 kuko ivuga ko itabimenyeshejwe mbere ndetse ngo inaganirizwe.
Ikibazo abakunzi ba Ruhago bakomeje kwibaza kijyanye n'ikipe izasimbura APR FC nyuma y'uko APR FC yamaze kwandikira Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda( FERWAFA) irimenyesha ko ititeguye gukina Super Cup y’amakipe ane ngo yo yiteguye gukina Super Cup y'amakipe abiri.
Uyu mwaka w'imikino 2025-2026 FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane ya mbere muri Shampiyona BK Pro League 2025-2026 ariyo APR FC, Rayon Sports FC, Kiyovu Sports Club na Police FC.
APR FC yandikiye FERWAFA iyimenyesha ko ubu buryo bushya bwashyizweho ititeguye kubukinamo kuko yiteguye Super Cup y’umukino umwe wa Rayon Sports FC
Ivuga ko babimenyeshejwe batinze kandi baramaze gufata izindi gahunda, ikindi bakaba batarigeze baganiriza ku makipe azakina.
Yanavuze ko niba yifuza guhindura uburyo iri rushanwa ryakinwagamo, bazabikora umwaka utaha 2026-2027, amakipe yarabimenyeshejwe kare.
Umunyamabanga wa Ferwafa yemereye RBA ko bakiriye ibarwa ya APR FC rikaba rigiye kwicara rikiga ku busabe bwayo kandi ko mu minsi ya vuba icyemezo kizatangazwa. Abakunzi ba Ruhago bakomeje kwibaza ese birakwiye ko Ferwafa kugira ngo igire icyo ikora bijyanye n'impinduka zabaye mu marushanwa babanze babaze amakipe ? Ese Ferwafa iramera icyemezo cya APR FC maze Super Cup 2026 izakinywe na APR FC na Rayon Sports FC gusa cyangwa iraguma ku cyemezo cyayo ikomeze gahunda bashake ikipe iyisimbura cyangwa se bigume uko byari bimeze nibura izaterwe mpaga.
Gahunda uko iteye n'uko aya makipe uko ari ane imikino ya 1/2 igomba kubera mu Karere ka Rubavu tariki 22 Kanama 2026 naho umukino wa nyuma ukabera muri Stade Amahoro
Tariki 28 Kanama 2026. .
Super Cup 2026 yatewe inkunga n'uruganda rwenga ibisembuye ni ibidasembuye ibinyujije mu kinyonwa cyayo Turbo King aho yahise ifata izina rya Turbo King Super Cup 2026













