Turbo King Super  Cup 2026: Ikipe imwe mu makipe ane yagombaga gukina Super Cup 2026 yikuyemo
INKURU NYAMUKURU

Turbo King Super Cup 2026: Ikipe imwe mu makipe ane yagombaga gukina Super Cup 2026 yikuyemo

ADAM Yannick2026 Kanama 123 min gusoma
Turbo King Super  Cup 2026: Ikipe imwe mu makipe ane yagombaga gukina Super Cup 2026 yikuyemo

Ese Ferwafa iremera icyifuzo cya APR FC maze ihindure gahunda yari yamenyesheje amakipe ko azakina Turbo King super Cup 2026 kuko ivuga ko itabimenyeshejwe mbere ndetse ngo inaganirizwe.

Ikibazo abakunzi ba Ruhago bakomeje kwibaza kijyanye n'ikipe izasimbura APR FC nyuma y'uko APR FC yamaze kwandikira Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda( FERWAFA) irimenyesha ko ititeguye gukina Super Cup y’amakipe ane ngo yo yiteguye gukina Super Cup y'amakipe abiri.

Uyu mwaka w'imikino 2025-2026 FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane ya mbere muri Shampiyona BK Pro League 2025-2026 ariyo APR FC, Rayon Sports FC, Kiyovu Sports Club na Police FC.

APR FC yandikiye FERWAFA iyimenyesha ko ubu buryo bushya bwashyizweho ititeguye kubukinamo kuko yiteguye Super Cup y’umukino umwe wa Rayon Sports FC

Ivuga ko babimenyeshejwe batinze kandi baramaze gufata izindi gahunda, ikindi bakaba batarigeze baganiriza ku makipe azakina.

Yanavuze ko niba yifuza guhindura uburyo iri rushanwa ryakinwagamo, bazabikora umwaka utaha 2026-2027, amakipe yarabimenyeshejwe kare.

Umunyamabanga wa Ferwafa yemereye RBA ko bakiriye ibarwa ya APR FC rikaba rigiye kwicara rikiga ku busabe bwayo kandi ko mu minsi ya vuba icyemezo kizatangazwa. Abakunzi ba Ruhago bakomeje kwibaza ese birakwiye ko Ferwafa kugira ngo igire icyo ikora bijyanye n'impinduka zabaye mu marushanwa babanze babaze amakipe ? Ese Ferwafa iramera icyemezo cya APR FC maze Super Cup 2026 izakinywe na APR FC na Rayon Sports FC gusa cyangwa iraguma ku cyemezo cyayo ikomeze gahunda bashake ikipe iyisimbura cyangwa se bigume uko byari bimeze nibura izaterwe mpaga.

Gahunda uko iteye n'uko aya makipe uko ari ane imikino ya 1/2 igomba kubera mu Karere ka Rubavu tariki 22 Kanama 2026 naho umukino wa nyuma ukabera muri Stade Amahoro
Tariki 28 Kanama 2026. .
Super Cup 2026 yatewe inkunga n'uruganda rwenga ibisembuye ni ibidasembuye ibinyujije mu kinyonwa cyayo Turbo King aho yahise ifata izina rya Turbo King Super Cup 2026

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

FERWAFA : Perezida wa Ferwafa yatawe muri yombi na RIB
Imikino

FERWAFA : Perezida wa Ferwafa yatawe muri yombi na RIB

Umuyobozi w'ishyirahamwe ry'umupira wa maguru mu Rwanda (FERWAFA) yatawe muri yombi nyuma aho akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha sheke itazigamiye.

ADAM Yannickamasaha 1 yashize
‎Cristiano Ronaldo yakoze ubukwe n'umukunzi we bamaranye imyaka itari mike
Imyidagaduro

‎Cristiano Ronaldo yakoze ubukwe n'umukunzi we bamaranye imyaka itari mike

Cristiano Ronaldo ubu ni umugabo wubatse mu buryo bwemewe n'amategeko nyuma yo gushyira hanze ayo makuru ubwe anyuze ku mbuga nkoranyambaga ze zitandukanye.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 15 yashize
‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan  ‎
Imyidagaduro

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan ‎

‎Zari Hassan yatangije ikiganiro mpaka ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye nyuma yo kwemeza ko umugore aba agomba guca inyuma uwo bashakanye igihe cyose uwo mugabo adatanga ibikenewe byose mu rugo.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 4 yashize
Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we
Imyidagaduro

Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we

Butera Knowless umaranye imyaka 10 n’umugabo we mu buryo bwemewe n’amagategeko nk’umugore n’umugabo, yamushimiye byimazeyo ku rukundo yamuhaye agaragaza ko yabonye Imana mu byo banyuranyemo byose.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 4 yashize
‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza  ‎
Imyidagaduro

‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza ‎

Kendall Jenner wamamaye mu myidagaduro yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika , akaba yarakanyujijeho na A$AP Rocky umaze kubyarana Gatatu na Rihanna , yatangaje ko kuba batarabanye byaturutse ku kuba Rocky atarifuzaga ko baganira ku byerekeye ahazaza hano.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 6 yashize
‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa
Imyidagaduro

‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa

Umuziki wa Afurika y'Iburasirazuba wari umaze igihe uvugwa kubera umwana w'umukobwa Zuchu na Diamond Platnumz baherutse kwibaruka dore ko ari na bamwe basanzwe bazi kurema inkuru zitwikira ibikorwa byabo muri muzika. Inkuru y'umwana banjirijwe n'amagambo yo kwihakana umugabo byanyirarureshwa kuri Zuchu warimo kuribwa n'inda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 6 yashize