
Umushabitsi mu myidagaduro Miss Muyango Claudine na Kimenyi Yves bari mu nzira zo gutandukana mu bwumvikane bwemewe n’amategeko nyuma y’imyaka ibiri bakoze ubukwe.
Nk’uko amakuru dukesha ikinyamakuru Igihe abivuga, Miss
Muyango Claudine na Kimenyi Yves bamaze kwemeranya gutandukana mu bwumvikane ndetse
banakoranye inyandiko yasinyweho na noteri.
Muri ayo masezerano y’ubutake bagiranye mu bwumvikane impande
zombi zasinyeho imbere y’ababahagarariye mu mategeko na noteri igihe (isooko), ivuga ko ifitiye
Kopi, bigaragara ko nta mitungo bafite bacanye ndetse ko nta n’amadeni
basangiye kuburyo bayigabana bityo ubwo butane akaba nta ngaruka bwabagiraho mu
bijyanye n’imitungo.
Uwahoze ari umukinnyi Kimenyi Yves na Muyango Claudine
, batangiye inzira yo gutandukana mu buryo bwemewe n’amategeko nyuma y’imyaka
ibiri bakoze ubukwe bwabaye muri 2024.
Ubwo bukwe kandi babukoze nyuma y’imyaka igera kuri 5
bari bamaranye bakundana dore ko batangiye gukundana mu mwaka wa 2019, naho muri
2021 bagahita bibaruka imfura yabo.
Miss Muyango Claudine yabaye Nyampinga uberwa n’amafoto
mu irushanwa rya Miss Rwanda 2019 ari nabwo Kimenyi wakiniye ikipe ya As Kigali
n’Amavubi yamuteye imboni.
Uretse Amavubi kandi Kimenyi Yves yakiniye APR FC ,
Rayon Sports , As Kigali yabaye Kigali FC na Kiyovu Sports.
Muyango Claudine yaherukaga kuvugwa mu rukundo na
Rutahizamu w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi , Hakim Sahabo gusa bifatwa nk’ibidafite
ishingiro.











