
Nyuma y'urupfu rwa Hayden Panettiere mu nzu yabagamo hasanzwemo ibinini bisubiza ubuzima uwabaswe n'ibiyobyabwenge watakaje ubwenge ndetse n'ibimenyetso bya muganga bigaragaza ko ntahungabana yari afite.
Amakuru dukesha ibitangazamakuru bitandukanye birimo ; TMZ avuga ko aho yapfiriye , ariho hasanzwe ibinini bya Narcan bisanzwe bifatwa n'abantu barenzwe n'ibiyobyabwenge bafashe bagamije kugarura ubuyanja ndetse ngo bikaba byasanzwe muri Matera yararagaho.
Amakuru avuga ko nyuma y'urupfu rwe , imodoka zitabara abarwayi ebyiri arizo zahise zerekeza ku rugo rwe ndetse ngo kugeza ubu ntabwo hari hamenyekana uwaba yatanze amakuru ya Narcan bivugwa ko byasanzwe muri iyo nzu muri Matera nk'uko TMZ dukesha iyi nkuru ibitangaza.
Urupfu rwa Hayden Panettiere rwatangajwe ku munsi wo ku Cyumweru mu masaha ya Saa Munane
Bivugwa ko kandi umukunzi we Brian Hickerson bari baturanye muri ako gace gusa ngo ntacyo yari yatangaza.
Hayden Panettiere, yabaye icyamamare muri Cinema y'Isi ayo yamamaye cyane muri Filime zirimo Nashville, Heroes ndetse n'ibindi zitandukanye.
Mbere yo gupfa yari yakoze ikiganiro kuri On Purpose , Podcast ya Jay Shetty, agaragaza ko nyuma y'urupfu rw'umuvandimwe we yabayeho nk'utariho ibintu byahujwe n'urupfu rwe kuva mu masaha ya mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere.









