Umunsi.com
Samusure yageze i Kigali yakiranwa urugwiro
Cinema

Samusure yageze i Kigali yakiranwa urugwiro

KWIZERA Jean de Dieu2026 Gashyantare 123 min gusoma
Samusure yageze i Kigali yakiranwa urugwiro

Umukinnyi wa filimi nyarwanda Kalisa Ernest, uzwi nka Samusure, yasesekaye i Kigali yakiranwa ibyishimo n’inshuti, abavandimwe ndetse n’abakunzi be. Agarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka itatu ari muri Mozambique, aho yari yaragiye akurikira ibibazo by’amadeni byari byatumye ava mu gihugu mu 2022. Icyo gihe yari yitabaje abantu abasaba ubufasha kugira ngo abone uko yishyura ibyo yaregwagamo no kongera gutaha mu rwamubyaye.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, tariki ya 12 Gashyantare 2026, nibwo indege yamugejeje ku Kibuga Mpuzamahanga cya Kigali. Yakiriwe n’imbaga y’abantu barimo abakinnyi bakoranye muri filimi ye “Makuta”, bari bambaye imipira imugaragarizaho ko bamwishimiye, hamwe n’itangazamakuru n’abafana be. Mu butumwa bwe bwa mbere ageze mu Rwanda, Samusure yagaragaje ko umutima we wuzuye ishimwe.

Yavuze ko ashimira Imana ndetse n’abantu bose bamubereye inkunga mu bihe bikomeye yanyuzemo. Yagaragaje ko gufata icyemezo cyo gusaba ubufasha atari ibintu byoroshye, ariko byamubereye intambwe yo kongera guhaguruka. Yashimangiye kandi ko n’ubwo umuntu yaba ari heza gute mu mahanga, iwabo hadasimburwa.

Yavuze ko kugaruka mu gihugu cye no kwakirwa n’abo asanzwe azi ari iby’agaciro gakomeye kuri we. Mu 2023, Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwamukatiye igihano cy’igifungo cy’imyaka ibiri gisubitse n’ihazabu ya miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda ku cyaha cyo gutanga sheki itazigamiye. Ibi byiyongereye ku ideni yari asanzwe yemera, bituma umwenda wose urenga miliyoni icumi z’amafaranga y’u Rwanda.

Abafana n’inshuti ze bagize uruhare rukomeye mu kumufasha gukemura ibyo bibazo, bamwoherereza inkunga zitandukanye. Ubu avuga ko byinshi mu bibazo bye yamaze kubishyira ku murongo kandi yiteguye kongera gukora umwuga we wa filimi, asusurutsa abakunzi b’ibihangano bye nk’uko byahoze. Mu bashimiwe ku mugaragaro harimo Habyarimana Charles wamuhaye izina rya Samusure, Niyonizera Judith, Me Bayisabe Irene n’abandi benshi barimo n’abamufashije bari mu mahanga no mu Rwanda.

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 5 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 5 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 8 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize