Umunsi.com
Elon Musk ntakozwa ibyo gukoresha Lupita Nyong’o muri filme nshya yitwa Odyssey
Cinema

Elon Musk ntakozwa ibyo gukoresha Lupita Nyong’o muri filme nshya yitwa Odyssey

KWIZERA Jean de Dieu2026 Gashyantare 43 min gusoma
Elon Musk ntakozwa ibyo gukoresha Lupita Nyong’o muri filme nshya yitwa Odyssey

Uyu mu gwiza-tunga wa mbere ku isi kugeza ubu, yanenze bikomeye cyane umuhanga mu byo gutunganya filme wanatwaye igihembo cya oscal Christopher Nolan avuga kumugaragaro ko yatakaje ubunyamwuga bwe. Musk yavuze ibi ku bw’igitekerezo cya kwirakwiriye ku mbuga nkoranyambaga ko umukinnyi wa filme w’umunya Kenya Lupita Nyong’o ashobora kuzifashishwa na Christopher Nolan muri filme yiswe odyssey ari gutegura izajya hanze taliki 17 Nyakanga 2026. Odyssey ni filime nshya ya Hollywood iri gukorwa iyobowe na Christopher Nolan, ishingiye ku nkuru ya cyera y’Abagiriki yanditswe n’umuhanga wabayeho mu mateka y’ubugiriki Homer ivuga ku rugendo rurerure rw’intwari Odysseus, wari uvuye mu ntambara ya Troy asubira mu gihugu cye cya Ithaca, aho niho yahuraga n’ingorane zitandukanye zirimo imana, ibigeragezo n’intambara.

Mu butumwa yacishije ku rubuga rwe rwa x, bugaragaramo kutishimira ko umukinnyi w’umwirabura yakina mu mwanya wa Helen. Uyu umugore uzwi nka Helen of Troy, avugwaho ko yari afite uburanga budasanzwe mu mateka yabagiriki ndetse ni nawe watumye intambara ya troy iba. Elon Musk we ntiyumva ukuntu umukinnyi w’umwirabura yakina mu mwanya w’uvugwa mu mateka ko yari Umugerekikazi.

Yemera ko amateka akwiye gukurikizwa uko ari aho kuvanga amateka. Ibi nibyo byatumye yandika kuri X ati “Chris Nolan yatakaje ubunyamwuga bwe. ” Ibi byanakuruye impaka z’urudaca ku mbuga nkoranyambaga kuko hari abashyigikiye ko amateka yasubirwamo uko ari ndetse ko akwiye kugumana umwimerere wayo, abandi bakavuga ko amateka akwiye guhuzwa n’isi tugezemo ndetse ko kuba umw’irabura yakina muri iyi filme ntacyo byaba bitwaye.

Amakuru avuga ko mu guhitamo uyu mukinnyi Nyong’o, byatewe n’ukuntu yitwaye muri filme yakinnyemo kandi akanazitwaramo neza cyane cyane black panter yasohotse 16 Gashyantare 2018 . Nubwo studio itaratangaza ku mugaragaro uruhare azakina, byateje impaka zikomeye ku ubwisanzure mu buhanzi, gusobanura amateka n’ihagararirwa ry’amoko atandukanye mu guhindura inkuru za kera. Ibitekerezo ku mbuga nkoranyambaga byari bitandukanye.

Aho bamwe bashyigikiye guhitamo abakinnyi mu buryo bushya n’ubuhanzi, mu gihe abandi bashyigikiye Musk bavuga ko hakwiye kubahirizwa inkuru y’umwimerere. Filime The Odyssey iteganyijwe gusohoka ku wa 17 Nyakanga 2026, ikazagaragaramo abakinnyi bandi batandukanye barimo Matt Damon, Zendaya, Anne Hathaway, na Charlize Theron. UWANDITSI: Kubwimana Samson - Umunsi.

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 7 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize