‎Ndamukurikira cyane ! Lionel Messi yavuze kuri Lamine Yamal bagiye guhangana mu gikombe cy'Isi
Cinema

‎Ndamukurikira cyane ! Lionel Messi yavuze kuri Lamine Yamal bagiye guhangana mu gikombe cy'Isi

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 183 min gusoma
‎Ndamukurikira cyane ! Lionel Messi yavuze kuri Lamine Yamal bagiye guhangana mu gikombe cy'Isi

Rutahizamu wa Argentine akaba n'umukinnyi wa Inter Miami yo kuri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yavuze ko Lamine Yamal ari umukinnyi mwiza , w'umuhanga kandi ko afite ejo hazaza heza.

Mu magambo yuje amarangamutima menshi no gushimangira ubuhanga bw'uyu musore w'imyaka 19 y'amavuko, Lionel Messi yongeye ko kuba akunda FC Barcelona binatuma areba cyane Lamine Yamal ari gukina.

‎Ati:"Lamine Yamal ni umukinnyi w'umuhanga kandi ukomeye. ndamukurikira cyane kubera ko akina mu ikipe nkunda kandi mwifuriza ibyiza byinshi. Nta gushidikanya ko arimo kwitwara neza mu bakinnyi beza Isi ifite".

‎Lionel Messi yakomeje agira ati:"Twebwe (Barcelona), turi abanyamahirwe kuko dufite Lamine Yamal, kuko icyiza kuri we , ni nacyo cyiza kuri Barcelona yacu".

‎Lamine Yamal na Lionel Messi bagomba kwisobanura muri iyi mikino y'igikombe cy'Isi hagati yabo hakaboneka uzatwara igikombe cy'Isi cya 2026.

‎Mu gihe Espanye yagitwara cyaba akiba icya mbere kuri Lamine Yamal ndetse no mu gihe Argentine yagitwara cyaba kibaye icya Kane itwaye.

‎Argentine yatwaye igikombe cyo mu 1978 , icyo mu 1986 no muri 2022.

‎Lionel Messi amaze gukina imikino ya nyuma y'igikombe cy'Isi 3 ari kapiteni (Ayoboye ikipe) irimo uwo muri 2014, 2022 na 2026 azahuramo na Lamine Yamal.

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan  ‎
Imyidagaduro

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan ‎

‎Zari Hassan yatangije ikiganiro mpaka ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye nyuma yo kwemeza ko umugore aba agomba guca inyuma uwo bashakanye igihe cyose uwo mugabo adatanga ibikenewe byose mu rugo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 1 yashize
Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we
Imyidagaduro

Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we

Butera Knowless umaranye imyaka 10 n’umugabo we mu buryo bwemewe n’amagategeko nk’umugore n’umugabo, yamushimiye byimazeyo ku rukundo yamuhaye agaragaza ko yabonye Imana mu byo banyuranyemo byose.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 14 yashize
Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we
Imyidagaduro

Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we

Butera Knowless umaranye imyaka 10 n’umugabo we mu buryo bwemewe n’amagategeko nk’umugore n’umugabo, yamushimiye byimazeyo ku rukundo yamuhaye agaragaza ko yabonye Imana mu byo banyuranyemo byose.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 14 yashize
Ibyo amaze kunguka ! Diamond Platnumz yishyuye agera kuri 8,821,692 RWF ngo ahure na Ne-Yo yishyura 147,028,200 Rwf ngo ahure na Davido
INKURU NYAMUKURU

Ibyo amaze kunguka ! Diamond Platnumz yishyuye agera kuri 8,821,692 RWF ngo ahure na Ne-Yo yishyura 147,028,200 Rwf ngo ahure na Davido

Umuhanzi Diamond Platnumz uri mu bakomeye muri Tanzania, ntabwo yazuyaje mu kwishyura agera kuri 8,821,692 Rwf kugira ngo ahure na kimwe mu byamamare muri muzika y’Isi Ne-Yo ndetse ngo yishyure n’andi menshi mu guhura na Davido wo muri Nigeria.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 15 yashize
‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza  ‎
Imyidagaduro

‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza ‎

Kendall Jenner wamamaye mu myidagaduro yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika , akaba yarakanyujijeho na A$AP Rocky umaze kubyarana Gatatu na Rihanna , yatangaje ko kuba batarabanye byaturutse ku kuba Rocky atarifuzaga ko baganira ku byerekeye ahazaza hano.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa
Imyidagaduro

‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa

Umuziki wa Afurika y'Iburasirazuba wari umaze igihe uvugwa kubera umwana w'umukobwa Zuchu na Diamond Platnumz baherutse kwibaruka dore ko ari na bamwe basanzwe bazi kurema inkuru zitwikira ibikorwa byabo muri muzika. Inkuru y'umwana banjirijwe n'amagambo yo kwihakana umugabo byanyirarureshwa kuri Zuchu warimo kuribwa n'inda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize