Umunsi.com
Emmanuella yasabye ababyeyi kwita ku buzima bwo mu mutwe bw’abana babo
Cinema

Emmanuella yasabye ababyeyi kwita ku buzima bwo mu mutwe bw’abana babo

KWIZERA Jean de Dieu2025 Ukuboza 273 min gusoma
Emmanuella yasabye ababyeyi kwita ku buzima bwo mu mutwe bw’abana babo

Umukinnyikazi wa Filime muri Nigeria wamenyekanye nka Emmanuella yagaragaje ko kwamamara ari kimwe ariko ko na none ubuzima bwo mu mutwe bw’umwana ari icyo cy’ingenzi ababyeyi bakwiriye kwitaho. Emmanuella wamamaye cyane muri filime z’urwenya (Comedy), asanga abana benshi bahirimbanira kwamamara no kumenyekana biruseho ariko ababyeyi ntibite ku buzima bwabo bwo mu mutwe bigatuma babatererana aho kugenzura ubwo buzima bwabo by’umwihariko ubwo mu mutwe. Kuri we ngo kuba umwana w’umukobwa yakwamamarira mu maso ya rubanda , buri wese amureba bituma agira ikigare gituruka kubo bangana kwifata nabi bigahera aho ubuzima bwe bugapfa burundu.

Mu magambo ye Emmanuella yagize ati:”Inama nshaka guha ababyeyi ni izi, babyeyi , murebe abana banyu mu biteho cyane. Mu babwire ko ubwamamare bushira igihe gito (Fame are Temporary) , ariko ubuzima bwo mu mutwe buhoraho iteka ryose”. Emmanuella asanga nta giciro umubyeyi yabona yakwishyura ubuzima bw’umwana we wangiritse nyuma yo kumureberera apfira ku mbuga nkoranyambaga.

Emmanuella kuri ubu ni umwana w’imyaka 15 y’amavuko dore ko yavutse muri 2010 agahita yamamara cyane ku mbuga nkoranyambaga no mu ruganda rwa Cinema muri Nigeria binyuze muri Filime zitandukanye zirimo ‘Survive or Die’. Nyuma yo gushimwa n’umukinnyi wa Filime Angel wo muri Nigeria, byamusabye gufata umwanya munini wo kwemeza ababyeyi be ko bareka agakina cinema ndetse biza no kumuhira dore ko yamaze igihe kinini ari gukorana na we amufasha kumenyekanisha impano ye.   https://twitter. i/status/2004671797086810188

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 7 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize