
Rutahizamu Héritier Luvumbu Nzinga ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo , wavuye mu Rwanda yihenuye ndetse akoze amabara, yatangaje ko ababajwe n’uburyo yatereranywe n’Ubuyobozi bw’Igihugu cye mu gihe cy’imyaka ibiri amaze avuye mu Rwanda asobanura ko ari gupfa yumva kandi bucece.
Tariki 11 Gashyantare 2024 Rayon Sports imaze gutsinda
Police Fc 2-1, hakurikiyeho impaka za ngo turwane, zateje akajagari ku kibuga.
Muri uwo mukino, Héritier Luvumbu Nzinga yatsinze igitego cya Coup-Franc,
acyishimira yigana ikimenyetso cyari cyakozwe n’ikipe y’Igihugu cya DRC mu
mikino y’igikombe cya Afurika muri 2023 bagaragaza ko hari ibyo u Rwanda
rushinjwa gukorera iwabo.
Ni ikimenyetso mu by’ukuri cyafatwaga nk’igikoresho
cyo kwereka amahanga ko ubwicanyi buri kubera muri Repubulika Iharanira
Demokarasi ya Congo bwakozwe n’u Rwanda ndetse bikaba byari birenze umupira
ahubwo bikaba ‘Politike’ yimbitse yinjiye mu mateka n’ubwo u Rwanda rutahwemye kubitera
utwatsi.
Nyuma y’uwo mukino , ikipe ya Rayon Sports yakinishaga
uwo mukinnyi )Héritier Luvumbu Nzinga) yahise isohora
itangazo rinenga yane imyitwarire ya Nzinga , na FERWAFA (Ishyirahamwe ry’Umupira
w’Amaguru mu Rwanda), imuhagarika amezi atandatu adakina no mu bikorwa by’umupira
w’amaguru ari ku butaka bw’u Rwanda kubera kuvanga Politike na ruhago.
Hadaciye kabiri , Héritier Luvumbu Nzinga wari
kizigenza muri Rayon Sports ndetse ari na we ikipe igenderaho, yahise asesa
amasezerano nayo, yerekeza iwabo anyuze ku mupaka uhuza u Rwanda na Congo mu
Karere ka Rubavu mbere y’uko tariki 14 Gashyantare 2024 yerekeza i Kinshasa mu
rwa Mukuru wa DRC.
Héritier Luvumbu Nzinga yakiriwe neza akigera iwabo
ndetse n’Umukuru w’Igihugu cya DR-Congo , Antoine Felix Tshisekedi amusezeranya
kumuhembera ibyo yakoreye mu Rwanda byari byamugize intwari iwabo cyakora
kugeza ubu akaba avuga ko ibyo yari yijejwe byose , byarangiriye mu magambo.
Mu magambo ye yagize ati:”Kuva ngeze hano , nta faranga
na rimwe nigeze mpabwa, ndetse na gahunda yo guhura na Perezid awa Repubulika
nta cyigeze gikorwa”.
Ibi yatangarije kuri Live ya TikTok isigaye yarabaye
isibaniro n’uruhiro rw’abashaka kwinigura, Héritier Luvumbu Nzinga yatangaje ko atazi neza niba yarahawe
ubufasha ariko abamuri iruhande bakaburigisa.
Ati:”Ndi hano, naratereranywe kandi ndi guca ndeba,
bucece”.
Luvumbu akiva mu Rwanda yashakiwe ikipe ya As Vita Club y’iwabo yari yarakiniye mbere , biba ngombwa ko ayisubizwamo mi rwego rwo kumurinda ubushomeri ariko bisa n’aho ntacyo byamumariye.











