Umunsi.com
Theirry Luvumbu wakiniye Rayon Sports akayihenuraho yavuze ko ari gupfa yumva kandi bucece
Imyidagaduro

Theirry Luvumbu wakiniye Rayon Sports akayihenuraho yavuze ko ari gupfa yumva kandi bucece

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 209 min gusoma
Theirry Luvumbu wakiniye Rayon Sports akayihenuraho yavuze ko ari gupfa yumva kandi bucece

Rutahizamu Héritier Luvumbu Nzinga ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo , wavuye mu Rwanda yihenuye ndetse akoze amabara, yatangaje ko ababajwe n’uburyo yatereranywe n’Ubuyobozi bw’Igihugu cye mu gihe cy’imyaka ibiri amaze avuye mu Rwanda asobanura ko ari gupfa yumva kandi bucece.

Tariki 11 Gashyantare 2024 Rayon Sports imaze gutsinda Police Fc 2-1, hakurikiyeho impaka za ngo turwane, zateje akajagari ku kibuga. Muri uwo mukino, Héritier Luvumbu Nzinga yatsinze igitego cya Coup-Franc, acyishimira yigana ikimenyetso cyari cyakozwe n’ikipe y’Igihugu cya DRC mu mikino y’igikombe cya Afurika muri 2023 bagaragaza ko hari ibyo u Rwanda rushinjwa gukorera iwabo.

Ni ikimenyetso mu by’ukuri cyafatwaga nk’igikoresho cyo kwereka amahanga ko ubwicanyi buri kubera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwakozwe n’u Rwanda ndetse bikaba byari birenze umupira ahubwo bikaba ‘Politike’ yimbitse yinjiye mu mateka n’ubwo u Rwanda rutahwemye kubitera utwatsi.

Nyuma y’uwo mukino , ikipe ya Rayon Sports yakinishaga uwo mukinnyi  )Héritier Luvumbu Nzinga) yahise isohora itangazo rinenga yane imyitwarire ya Nzinga , na FERWAFA (Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda), imuhagarika amezi atandatu adakina no mu bikorwa by’umupira w’amaguru ari ku butaka bw’u Rwanda kubera kuvanga Politike na ruhago.

Hadaciye kabiri , Héritier Luvumbu Nzinga wari kizigenza muri Rayon Sports ndetse ari na we ikipe igenderaho, yahise asesa amasezerano nayo, yerekeza iwabo anyuze ku mupaka uhuza u Rwanda na Congo mu Karere ka Rubavu mbere y’uko tariki 14 Gashyantare 2024 yerekeza i Kinshasa mu rwa Mukuru wa DRC.

Héritier Luvumbu Nzinga yakiriwe neza akigera iwabo ndetse n’Umukuru w’Igihugu cya DR-Congo , Antoine Felix Tshisekedi amusezeranya kumuhembera ibyo yakoreye mu Rwanda byari byamugize intwari iwabo cyakora kugeza ubu akaba avuga ko ibyo yari yijejwe byose , byarangiriye mu magambo.

Mu magambo ye yagize ati:”Kuva ngeze hano , nta faranga na rimwe nigeze mpabwa, ndetse na gahunda yo guhura na Perezid awa Repubulika nta cyigeze gikorwa”.

Ibi yatangarije kuri Live ya TikTok isigaye yarabaye isibaniro n’uruhiro rw’abashaka kwinigura, Héritier Luvumbu Nzinga  yatangaje ko atazi neza niba yarahawe ubufasha ariko abamuri iruhande bakaburigisa.

Ati:”Ndi hano, naratereranywe kandi ndi guca ndeba, bucece”.

Luvumbu akiva mu Rwanda yashakiwe ikipe ya As Vita Club y’iwabo yari yarakiniye mbere , biba ngombwa ko ayisubizwamo mi rwego rwo kumurinda ubushomeri ariko bisa n’aho ntacyo byamumariye.

Luvumbu Nzinga yari umukinnyi w'umuhanga. Hano yari muri Angola

Inkuru zerekeye

Kimenyi na Muyanga nta mitungo bafite yo kugabana ! Byinshi ku rubanza rwabo
Imyidagaduro

Kimenyi na Muyanga nta mitungo bafite yo kugabana ! Byinshi ku rubanza rwabo

Umushabitsi mu myidagaduro Miss Muyango Claudine na Kimenyi Yves bari mu nzira zo gutandukana mu bwumvikane bwemewe n’amategeko nyuma y’imyaka ibiri bakoze ubukwe.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 19 yashize
Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
‎Amakuru mashya ku rupfu rwa Hayden Panettiere wasanganwe ibinini bisubiza ubuzima
Cinema

‎Amakuru mashya ku rupfu rwa Hayden Panettiere wasanganwe ibinini bisubiza ubuzima

‎Nyuma y'urupfu rwa Hayden Panettiere mu nzu yabagamo hasanzwemo ibinini bisubiza ubuzima uwabaswe n'ibiyobyabwenge watakaje ubwenge ndetse n'ibimenyetso bya muganga bigaragaza ko ntahungabana yari afite.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
‎Yaherukaga gutsindwa ! Samu Zuby yongeye kugerageza amahirwe yo kuba Umudepite
Imyidagaduro

‎Yaherukaga gutsindwa ! Samu Zuby yongeye kugerageza amahirwe yo kuba Umudepite

Nyuma yo kudahirwa mu matora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko aheruka, Muco Samson, wamenyekanye nka Samu Zuby, yongeye guhatanira kuba Umudepite

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Rubavu: Kuki abahanzi batagifite ihangana ryiza kandi hari ibihembo bategurirwa ! Irengero ry’arenga 60,000,000 Rwf bagenerwa ajyanwa nande ?
Imyidagaduro

Rubavu: Kuki abahanzi batagifite ihangana ryiza kandi hari ibihembo bategurirwa ! Irengero ry’arenga 60,000,000 Rwf bagenerwa ajyanwa nande ?

Umuziki wo mu Karere ka Rubavu wahoze uri imbere ugereranyije n’utundi Turere ndetse ntawe ushidikanya ku mpano z’abahanzi bafite inkomoko muri ako Karere iyo bageze ku rwego rw’Igihugu no hanze yaryo.Ese ko ibihembo byaburaga byatangiye gutangwa rimwe mu mwaka kwinuba no kudakora cyane nk’abazashimirwa ku bahanzi biturukahe ?

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 5 yashize
Arashaka gutwara Grammy Awards ! Byinshi kuri Producer Ivee wabengutse Element akifuza ko bakorana indirimbo
Imyidagaduro

Arashaka gutwara Grammy Awards ! Byinshi kuri Producer Ivee wabengutse Element akifuza ko bakorana indirimbo

Umuhanzi ubihuza no gutunganya umuziki Ivee yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Corazon’ ifite amashusho ari ku rwego Mpuzamahanga yatunganijwe numwe mu bagezweho witwa Biko anateguza kwimurira i Kigali Studio ye ya PG Record ibarizwa i Nairobi akayizana i Kigali. Ni indirimbo yakoze afashijwe na Yee Fanta na Biko.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 12

Inkuru zishyashya

Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO
Imikino

Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO

Umukunzi wa Lamine Yamal Ines Garcia yagaragaje urwo akunda uwo musore usanzwe ikinira ikipe ya Fc Barcelona na Espanye. Ubutumwa uyu mwari yashyize hanze bwakangaranyije imbuga nkoranyambaga bupfukirana abashakaga kubatanya.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 5 yashize
Uburyo burakoreshwa harebwa amanota y’ibizamini bya Leta
Izindi nkuru

Uburyo burakoreshwa harebwa amanota y’ibizamini bya Leta

Kuri uyu wa 20 Kanama 2026 nibwo hatangazwa amanota y’ibizamini bya Leta by’amashuri abanza nk’uko byatangajwe na NESA. Amanota arebwa mu buryo bwa Interineti na SMS nk’uo tugiye kubirebera hamwe.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 6 yashize
‎Mu mafoto adasanzwe ya Cinema turagukumbuza nyakwigendera Hayden Panettiere wamamaye muri Nashville, Heroes n'izindi
Cinema

‎Mu mafoto adasanzwe ya Cinema turagukumbuza nyakwigendera Hayden Panettiere wamamaye muri Nashville, Heroes n'izindi

‎Umunyabigwi Hayden Panettiere yasize amateka muri Cinema atazigera yibagirana mu mateka y'Isi dore ko yatangiye kuzikina akiri umwana muto kugeza apfuye ku wa 16 Kanama 2026 ku myaka 36 y'amavuko.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 14 yashize
‎Ibintu abagore bakunda cyane babihawe n'abagabo
Inkuru z'urukundo

‎Ibintu abagore bakunda cyane babihawe n'abagabo

‎Ubusanzwe nk'uko amateka abivuga , abagore bakunda kwishingikiriza ku bagabo ndetse burya , ngo hari ibintu abagore bakunda cyane ariko bikaba akarusho bivuye kubo bashakanye.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 15 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize