Umunsi.com
Rwamagana: Arakekwaho kwica umugore we amukubise ikibando mu mutwe
Health

Rwamagana: Arakekwaho kwica umugore we amukubise ikibando mu mutwe

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 153 min gusoma
Rwamagana: Arakekwaho kwica umugore we amukubise ikibando mu mutwe

Inzego z’umutekano zikorera mu Karere ka Rwamagana zataye muri yombi umugabo wo mu Murenge wa Musha ukekwaho kwica umugore we amukubise ikibando mu mutwe, kubera amakimbirane bari bamaranye igihe.

Ibi byabaye mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Nyakanga 2026, mu Mudugudu w’Akabare, Akagari k’Akabare, Umurenge wa Musha.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musha, Karahamuheto Claudios, yabwiye IGIHE ko uyu mugabo yishe umugore we mu rukerera amukubise ikibando mu mutwe nyuma yo kugirana ubushyamirane.

Ati: “Ni umugabo wishe umugore we, kubera amakimbirane asanzwe yo mu rugo. Ubu ibindi byose biracyari mu iperereza. Twamufashe arimo gutoroka ari hafi y’ikiyaga cya Muhazi agiye kugenda. Yishe uwo mugore amukubise ikibando mu mutwe.”

Gitifu Karahamuheto yavuze ko ubutumwa baha abaturage ari ukwirinda amakimbirane yo mu miryango kuko ashobora kubasenyera, akica bamwe ndetse agafungisha n’abandi.

Yasabye abaturage kujya batangira amakuru ku gihe ku miryango iba itabanye neza kugira ngo ubuyobozi bukumire hakiri kare.

Kuri ubu uyu mugabo afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Musha, mu gihe inzego z’umutekano zatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye amakimbirane muri uyu muryango kugeza ageze ku rupfu rw’umugore.

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

‎MU MAFOTO : Diamond Platnumz yatanze ibyishimo bisendereye mu gitaramo cyitabiriwe cyane n'urubyiruko
INKURU NYAMUKURU

‎MU MAFOTO : Diamond Platnumz yatanze ibyishimo bisendereye mu gitaramo cyitabiriwe cyane n'urubyiruko

‎Nyuma y'imyaka itatu, Diamond Platnumz yongeye guha ibyishimo Abanyarwanda mu gitaramo cyabereye mu Mugi wa Kigali.Ni igitaramo Simba yahuriyemo na Bruce Melodie , Nel Ngabo na Ish Kevin.

KWIZERA Jean de Dieuiminota 16 zashize
Ubujurire bwa KNC bwateshejwe agaciro kuri Hakim Hamissi
Imikino

Ubujurire bwa KNC bwateshejwe agaciro kuri Hakim Hamissi

KNC nyuma yo kutemera ibyavuye muri komisiyo y'amategeko. Akajurira. Akanama kigenga k'ubujurire katesheje agaciro ubujurire bwe.

ADAM Yannickiminota 13 zashize
‎Gen Muhoozi yavuze ko agomba gufunga aba-General bose bahawe ikiruhuko cy'izabukuru bakabyishimira
Hanze

‎Gen Muhoozi yavuze ko agomba gufunga aba-General bose bahawe ikiruhuko cy'izabukuru bakabyishimira

‎Gen Muhoozi Kainarugaba , Umugaba Mukuru w'Ingabo za Uganda, akaba Umuhungu wa Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko kubera amashusho y'aba-general bashyizwe mu kiruhuko cy'izabukuru yabagaragaye bari kubyina cyane , agomba kubafunga bose.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 11 yashize
Bamwe mu bakinnyi bashya ba Rayon Sports bashobora kudakoreshwa ku mukino wa mbere muri CAF Confederation
Imikino

Bamwe mu bakinnyi bashya ba Rayon Sports bashobora kudakoreshwa ku mukino wa mbere muri CAF Confederation

Kugeza ubu amakuru avuga ko bamwe mu bakinnyi bashya b’ikipe ya Rayon Sports, Mohamed Ouattara, Sandja Bula na Elie Mukono Eldinho bashobora kudakoreshwa ku mukino wa mbere wa CAF Confederation Cup bitewe n’uko urwego rwabo rukiri hasi.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 12 yashize
Nyagatare: Minisitiri Habimana yibukije abaturage gufatanya kurandura ibyuma n’inzoga zitujuje ubuziranenge
Rwanda

Nyagatare: Minisitiri Habimana yibukije abaturage gufatanya kurandura ibyuma n’inzoga zitujuje ubuziranenge

Mu murenge wa Rwimiyanga habereye Umuganda ngarukakwezi wahuje abaturage, abayobozi bo mu nzego za Leta, inzego z’umutekano n’urubyiruko rwo muri gahunda ya 'Soberchou', hagamijwe gukomeza ubufatanye mu gukemura ibibazo bibangamira umutekano, ubuzima n’iterambere ry’abaturage.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 12 yashize
‎Ibyo abagabo bicuza cyane iyo bageze mu myaka 60
Izindi nkuru

‎Ibyo abagabo bicuza cyane iyo bageze mu myaka 60

‎Abagabo hari igihe kigera bagasubiza amaso inyuma bagashaka kugarura ibyahise nyamara bitarashoboka. Muri iyi nkuru turibanda ku byo abagabo bageze mu myaka 60 bicuza cyane.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 13 yashize