
Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda Eddy Kenzo n’umugore we Phionah Nyamutooro, usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ishinzwe Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro, bibarutse umwana wabo wa kabiri, w’umukobwa.
Aya makuru yatangajwe n’igitangazamakuru Galaxy FM Uganda kuri uyu wa Kabiri tariki ya 5 Gicurasi 2026, cyemeza ko uyu muryango wakiriye umwana w’umukobwa, akurikiye umuhungu wabo wavutse mbere y’uko basezerana.
Muri rusange, Eddy Kenzo amaze kubyara abana bane. Afite abana babiri (umuhungu n’umukobwa) yabyaranye na Phionah Nyamutooro, ndetse afite n’abandi bakobwa babiri: Amaal Musuuza yabyaranye na Rema Namakula wahoze ari umugore we, na Maya Musuuza yabyaranye na Tracy Nabatanzi.
Urukundo rwa Eddy Kenzo na Phionah Nyamutooro rwatangiye kumenyekana mu buryo bweruye mu 2024. Muri Kamena uwo mwaka, Nyamutooro yamumenyesheje ababyeyi be mu muhango wabereye i Kampala, mu gace ka Buziga aho akomoka. Uwo muhango wakurikiwe no kumwambika impeta, bigaragaza ko bombi bafashe icyemezo cyo kubaka urugo.

Kugeza ubu, uyu muryango uri mu byishimo byo kwakira uyu mwana mushya, mu gihe abakunzi babo bakomeje kubifuriza ishya n’ihirwe muri uru rugendo rushya rwo kurera no kwagura umuryango.
Eddy Kenzo ni umwe mu bahanzi bakomeye muri Afurika y’Iburasirazuba wubatse izina rikomeye ku rwego mpuzamahanga. Yatangiye umuziki mu buzima bugoye, akora imirimo itandukanye irimo no gukorera ku muhanda, ariko impano ye itangira kumenyekana buhoro buhoro.
Kwamamara kwe ku rwego mpuzamahanga kwaje cyane mu 2014, ubwo yasohoraga indirimbo Sitya Loss yakunzwe ku Isi hose, imushyira mu bahanzi bakomeye bo muri aka karere. Yakomeje gutsinda binyuze mu ndirimbo nka Bolingo na Stamina, zamuhesheje izina rikomeye mu njyana ya Afrobeat na dancehall.
Mu 2015, yegukanye igihembo cya BET Award for Best International Act: Africa, kimwongerera amahirwe ku rwego mpuzamahanga.
Uretse umuziki, Eddy Kenzo anagira uruhare mu guteza imbere impano nshya binyuze mu mirimo ye yo kuyobora no gushyigikira abahanzi bakizamuka, bikagaragaza ko ari umuhanzi ufite icyerekezo kirenze gukora indirimbo gusa.



