
Inkuru ibabaje yakwirakwiye muri Mexico nyuma y’uko uwahoze ari nyampinga, Carolina Flores Gómez, yishwe arashwe ku myaka 27, mu gikorwa cyateye impungenge gikomeje gukorwaho iperereza rikomeye.
Uyu mukobwa wari warambitswe ikamba rya “Miss Teen Universe Baja California” mu 2017, yishwe ku wa 15 Mata 2026 mu nzu yabagamo iri mu gace ka Polanco, kamwe mu duce tuzwi cyane mu murwa mukuru wa Mexico City.
Amakuru agaragaza ko yarashwe amasasu mu mutwe, ndetse abashinzwe ubutabazi bageze aho byabereye basanga yamaze kwitaba Imana. Icyo gihe umugabo we Alejandro n’umubyeyi we, Érika María Herrera Coriant, bari bamaze kugera aho byabereye.
Iperereza ry’ibanze ryerekana ko nyirabukwe, Érika María, ari we ukekwaho kugira uruhare rukomeye muri ubu bwicanyi. Amashusho yafashwe na camera zo mu nzu agaragaza akurikiye Carolina mu gikoni mbere y’uko humvikana urusaku rw’amasasu.
Bivugwa kandi ko nyuma y’ibi, Érika yabwiye umuhungu we ko yishe Carolina kubera uburakari, amushinja ko yamwambuye umuhungu we, amagambo yakomeje guteza impaka n’uburakari mu baturage.
Iki gikorwa cyabaye ku wa 15 Mata, ariko kimenyekana ku mugaragaro ku wa 16 Mata. Bivugwa ko Alejandro yatinze gutanga ikirego, bikekwa ko yabikoze ashaka kurinda ko umwana wabo w’amezi umunani ahita ajyanwa mu kigo cy’abana badafite ababarera.
Kugeza ubu nta muntu urafatwa ku mugaragaro, ariko iperereza rikomeje gukorwa n’ibiro by’umushinjacyaha mukuru wa Mexico City kugira ngo hamenyekane ababa babifitemo uruhare bose.
Uru rupfu rwateje uburakari n’impaka zikomeye mu baturage, cyane cyane abaharanira uburenganzira bw’abagore, basaba iperereza ryimbitse no guhana ababigizemo uruhare.
Imyigaragambyo yabereye mu mijyi irimo Ensenada na Mexico City, aho abaturage basabaga ubutabera kuri Carolina bifashishije amagambo nka #JusticeForCaro.
Abasesenguzi bagaragaza ko uru rupfu ruri mu byaha byibasira abagore bishingiye ku gitsina bizwi nka Femicide, ikibazo gikomeje gufata indi ntera muri Mexico.




