‎Rwanda Premier League yahembye abahize abandi mu mwaka w'imikino 2025-2026
INKURU NYAMUKURU

‎Rwanda Premier League yahembye abahize abandi mu mwaka w'imikino 2025-2026

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 130 byayeho6 min gusoma
‎Rwanda Premier League yahembye abahize abandi mu mwaka w'imikino 2025-2026

Umukinnyi w'Umurundi Girumugisha Jean Claude ukinira Al Hilal FC yo muri Sudan ariko yakiniye mu Rwanda niwe wegukanye igihembo cy'umukinnyi mwiza w'umwaka 2025-2026 ari cyo imodoka yo mu bwoko bwa KiA Sorento ifite agaciro ka miliyoni 15.

‎Ni igikorwa cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye mu nzego z'iyoboye umupira w'amaguru mu Rwanda ndetse n'abaterankunga ba Rwanda Premier League Mubayobozi bari bitabiriye iki gikorwa hari Umuyobozi wa Rwanda Premier League

Mudaheranwa Hadji Youssouf, Vis Perezida wa FERWAFA Richard, Umunyamabanga wa FERWAFA Bonie Mugabe, Umuyobozi wa Bank ya Kigali D.r Diane Karusisi, Abaperezida ba Makipe ,abatoza ndetse n'abakinnyi bakinnye batagikina bari mu batanze ibihembo.

‎Iki gikorwa cyabaye ku cyumweru tariki 12 Nyakanga 2026 kibera muri Kigali Mariot Hôtel cyateguwe na Rwanda premier league ifatanyije n'abaterankunga bayo. Aho yatanze ibihembo by’abakinnyi bitwaye neza mu byiciro bitandukanye muri season ishize ya 2025/2026. ‎
‎Ni ibirori wabonaga ko byateguwe neza kandi biryoheye ijisho, aho abakinnyi bahataniye ibihembo bazaga umwe kuwundi bakabanza kunyura kuri Tapi y’umutuku bari bateguriwe maze bagafata amafoto.


‎Ni igikorwa cyayobowe n'abanyamakuru b'imikino aribo Faustin Mugenzi, David Bayingana. ‎
‎Uko ibihembo byatanzwe n’ababyegukanye. ‎
‎UMUKINNYI MWIZA W''UMWAKA 2025-2026(MVP)

‎Igihembo gikuru cyari kumenya ninde wahize abandi bakinnyi bose mu mwaka w'imikino 2025-2026 ariwe bita (MVP).

Abantu bose bari bafite amatsiko yo kumenya ngo ninde uri bwegukane iki gihembo aricyo
‎imodoka yo mu bwoko bwa KiA Sorento ifite agaciro ka miliyoni 15. ‎
‎Kuko uwagombaga kuba Umukinnyi mwiza w'umwaka yagombaga kweguka imodoka yo mu bwoko bwa KiA Sorento ifite agaciro ka miliyoni 15. nk'igihembo kiruta ibindi bihembo.


Umukinnyi w'umurundi ukinira Al Hilal FC yo muri Sudan ariko ikinira mu Rwanda kubera ikibazo cy'umutekano wo mu gihugu cyabo Jean Claude Girumugisha niwe wegukanye igihembo cy’Umukinnyi mwiza wa Season (MVP). ‎
‎Ni igihembo yatwaye ahigitse abarimo Mbonyumwami Taiba (Marine FC), Madické Kane (Al-Hilal), Djibril Ouattara (APR FC) na Byiringiro Jean Gilbert (APR FC). ‎
‎UMUKINNYI MUTO w'UMWAKA 2025-2026

‎Umunya-Liberia Emmanuel Flomo ukinira Al-Hilal FC, ni we wabaye umukinnyi muto w’umwaka muri Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda season ya 2025/26.

Ni igihembo yashyikirijwe na Rutanga Eric. ‎
‎Emmanuel Flomo niwe wabaye umukinnyi muto w’umwaka. ‎
‎IGITEGO CYIZA CY'UMWAKA 2025-2026

‎Igitego cya Rutonesha Hesbon nicyo cyabaye igitego cy’Umwaka, ni igitego yatsinze ku mukino Gorilla FC yakinagamo na Al-Merrikh FC.

‎Ni igihembo yashikirijwe na Sugira Erneste wakiniye Amavubi. ‎
‎UMUTOZA W'UMWAKA 2025-2026

‎Umunya-Roumania Laurențiu Reghecampf watozaga Al-Hilal FC niwe watowe nk’Umutoza w’umwaka wa 2025/26. Igihembo cye cyatanzwe na Cassa Mbungo André utoza Ikipe y’Igihugu y’Abagore, cyashyikirijwe umwe mu bayobozi ba Al-Hilal FC. .

‎UMUNYEZAMU MWIZA W'UMWAKA 2025-2026

‎Umunyezamu wa Kiyovu Sports Club Desire James, niwe watowe nk’umunyezamu mwiza w’umwaka wa 2025/26. Igihembo cye yagishyikirijwe na Ndayishimiye Eric ‘Bakame’ wakiniye Amavubi. ‎
‎UMUKINNYI WATSINZE IBITEGO BYINSHI Mu MWAKA wa 2025-2026

‎Rutahizamu w’umunya-Brukina Fasso ukinira APR FC Cheikh Djibrir Quattra ni we wegukanye igihembo cy’umukinnyi watsinze ibitego byinshi aho yatsinze ibitego 18.

Ni igihembo yashikirijwe na Meddie kagere wakiniye Amavubi. ‎
‎Hanatowe n'ikipe y'umwaka w'imikino wa 2025-2026. Muri iyi kipe mu bakinnyi 11 batowe harimo umunyarwanda umwe gusa mu gihe abandi 10 bose ar'abanyamahanga.


‎ABAKINNYI 11BEZA B'UMWAKA W'IMIKINO 2025-2026. ‎
‎Umunyezamu

‎James Desire wa Kiyovu Sports Club

‎ Myugariro

‎Jean Gilbert Byiringiro (APR FC), Ernest Luzolo Nsita (Al Hilal SC), Mustafa Muhamed Abdelgader Karshoum (Al Hilal SC), Daba Sogoba (Al Merrikh SC). ‎
‎Hagati

‎Joseph Sackey (Mukura VS), El Hadj Madick Kane (Al Hilal SC).


‎Rutahizamu

‎Gilles Razafimaro Fenohasina (Al Merrikh SC), Jean Claude Girumugisha (Al Hilal SC), Cheick Djibril Ouattara (APR FC), Mbonyumwami Taiba (Marine FC). ‎
‎Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Premier League, Bwana Jules Karangwa, yagarutse ku bikorwa by'ingenzi uru rwego rumaze kugeraho, birimo kuba rumaze gusinyana amasezerano n'abafatanyabikorwa batandatu, kuba rwarafunguye umuyoboro utanga amakuru (website), ndetse rukaba runateganya gufungura application izajya inyuzwaho ibikorwa n'amakuru ya BK Pro League, yiganjemo azajya atambuka imbonankubone. ‎
‎Yijeje abari aho ko uru rwego ruzajya rukura umunsi ku wundi ndetse ko ruzarushaho kurangwa n'ubunyamwuga mu micungire no mu mitegurire ya Shampiyona y'Icyiciro cya Mbere.


‎Mu gusoza ibi biriro Umuyobozi nshingwabikorwa wa Rwanda Premier League
‎Bwana Jules Karangwa yaboneyeho umwanya wo gushimira abafatanyabikorwa ba Rwanda Premier League bayiba hafi umunsi ku wundi, ari bo BK, FERWAFA, SKOL, ePoBox, StarTimes, ProStar na Maafrica, yateguye ibi birori.











K

KWIZERA Jean de Dieu

Author

Inkuru zerekeye