Kurya
amafunguro amwe buri munsi kandi ayo mafunguro akaba arimo ‘Carlories’ zingana
, bishobora gufasha abantu kugabanya ibiro byabo ndetse n’umubyibuho ukabije nk’uko
ubushakashatsi bubivuga.
Bamwe mu
bakoreweho ubwo bushakashatsi , batangiye gutakaza ibiro byabo nyuma y’ibyumweru
12 ,uhereye umunsi batangiriyeho gukurikiza
izo nama nk’uko byanditswe muri ‘Health Psychology ahashyizwe ubwo
bushakashatsi.
“Hari ibimenyetso
byinshi bifatika, bigaragaza ko kurya bihoraho kandi amafunguro amwe , bifasha
cyane buri wese kurya neza no kugira ubuzima bwiza burimo gutakaza ibiro. Gusa
na none ni ingenzi kugenzura ibivugwa n’abatanze ubuhamya , bashimangiye ko bisaba
kugenzura cyane uko bikorwa”. ! Ibi byavuzwe na Kristin Kirkpatrick, inzobere
mu by’imirire ukorera mu Ishami rya ‘Wellness & Preventive Medicine’ rya
Cleveland Clinic akaba n’umuyobozi wa KAK Consulting.
Ubwo
bushakashatsi bwakorewe ku bantu 112 bwasesenguye amakuru arambuye yabo
ashingiye kubyo abantu baririye mu gihe cya nyacyo ndetse abo bantu bakaba
barakuze bafite ibiro byinshi cyangwa umubyibuho ukabije, kandi abo bantu
bakaba bari biteguye gushaka uko babigabanya.
Abo
bitabiriye ubu bushakashatsi bandikaga buri munsi ibyo barya byose bakoresheje ‘Application’
yo kuri telefoni. Nanone kandi bipimaga ibiro buri munsi bakoresheje ikoranabuhanga
(wireless scale).
Kugira ngo
amakuru agaragaze imyitwarire ihamye y’abo bantu, abashakashatsi bibanze ku
byumweru 12 bya mbere by’iyo gahunda, kuko ari bwo abantu akenshi baba
babyitayeho cyane kandi bandika neza iyo gahunda.
Abakoze
ubushakashatsi barebye uko Calori zagiye zihindagurika. Ni ukuvuga uko ingano
ya Calori yagendaga ihinduka umunsi ku wundi, bagafata mu minsi isoza icyumweru
no mu minsi y’imibyizi.
Barebye
kandi uko indyo imwe umuntu yafataga yagendaga isubirwamo umunsi ku munsi.
Iryo tsinda
ryasanze abantu bagerageje kurya indyo imwe buri munsi aho guhindura ibyo
barya, baragabanutse ibiro ho 5.9% ugereranyije n’ibiro byose. Ibyo bigereranywa
na 4.3% by’abantu baryaga indyo itandukanye (Amafunguro atandukanye), kandi
irimo amafunguro atandukanye cyane.
Kristin
Kirkpatrick umuhanga mu mirire twagarutseho
haraguru, asanga ibyo abantu bariye bigira akamaro kenshi iyo byahozeho
bitarahindaguwe cyane buri munsi , birimo intungamubiri ihagije kandi bikungahaye
neza.
Avuga ko
kandi uko guhindagura imirire bituruka cyane ku kuba nta bushobozi buhagije
abantu bafite cyangwa kuba bahora bimuka cyane kubera gushaka ubuzima n’ibindi.
Ubushakashatsi
bwerekanye ko uko umuntu afata Calori nyinshi ari na ko ibiro bigenda
bigabanuka kuko ngo iyo umuntu yinjiza Calori 100 buri munsi atakaza ibiro biri
kuri 0.6% nk’uko byagaragaye kubo
ubushakashatsi bwakoreweho.
Guhitamo
amafunguro meza, akungahaye ku ntungamubiri umubiri ukenera, biri mu bifasha
cyane buri wese kugira ubuzima bwiza by’umwihariko ku bantu barya amafunguro
amwe 20 kugeza kuri 30 nk’uko byemezwa na David Culter.
Isoko: Healthline



