Uko wafasha umuntu kuva mu bwigunge
Health

Uko wafasha umuntu kuva mu bwigunge

Mu gihe waba ubana n’umuntu ubana n’ubwigunge hari uburyo ushobora kumufasha , nawe akongera kwisanga yishimye kandi anejejwe no kuba aho abanda bari.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 110 byayeho5 min gusoma
Uko wafasha umuntu kuva mu bwigunge
Sanga:

Mu gihe waba ubana n’umuntu ubana n’ubwigunge hari uburyo ushobora kumufasha , nawe akongera kwisanga yishimye kandi anejejwe no kuba aho abanda bari.

Kubana n’ubwigunge bituruka ku mpamvu zinyuranye kandi hafi ya zose ntabwo umuntu aba yazikururiye , kuko hari ibiba bituruka ku muryango yavukiyemo, abamo cyangwa amateka ye. Hari ubwo kandi ibyo biba bituruka ku byo yabonye umutima we ukananirwa kubyakira na we akajya atinya ko byamubaho.

Mutesi ni umukobwa wavutse wenyine mu muryango w’iwabo, amaze gukora ababyeyi be barapfa ajya kurererwa kwa nyirarume. Agezeyo bakajya bamufata nabi cyane, bakamutoteza, bamuhoza ku nkeke ku buryo kugeza ubwo yumvaga icyo asigaje ari ukwiyahura.

Mutesi yari afite inshuti yitwaga Esther, wari umukobwa bakundaga kuba bari kumwe ariko yarahishwe iby’ubuzima bugoye inshuti ye yari ibayemo kwa nyirarum.

N’ubwo yasaga n’uwabihishe ariko na we amaso yaramuhaga kuko Mutesi ntiyakundaga kuvuga iyo babaga bari kuganira uretse kwikiriza gusa nabwo akabikora abona ko ari ahandi hantu yaheze mu bitekerezo. Esther byamwanze munda, ashaka uko yamenya amakuru y’inshuti ye biranga ariko aza kwigira inama yo gushaka uko Mutesi abayeho iwabo.

Umunsi umwe Esther yafashe icyemezo cyo kujya kureba inshuti ye mu rugo , abikora amutunguye. Agihingukak u gipangu, Mutesi yari arimo kwiruka , yirukankanwa n’abana b’aho yabaga, bamuziza ko yariye inyama kandi atabyemerewe.

Mutesi yari yambaye inshabari, asa nabi , yahindanye arimo kurira. Esther yifashe kumunwa agira agahinda ariko ahita amenya impamvu inshuti ye ihorana agahinda ndetse igahora yigunze cyane.

Kuva uwo munsi, Esther yahise atangira kujya kuganiriza aho Mutesi yabaga, ababwira ko umwana ari nk’undi kandi ko n’uw’ahandi yarya inyama mu rugo bahashye. Esther yaganirije abana baho n’ababyeyi ibyo yari yabwiwe na Mutesi byose, baza gusobanukirwa batangira gufata neza Mutesi arishima aba umwana mu rugo.

Muri make, guha inshuti yawe umwanya , ukamenya impamvu iteka akunda kuba wenyine, yigunze , atavuga cyangwa avuga nabi, ukemanya impamvu ahorana amarira mu maso kandi wowe uhora wishimye.

Ni byiza kuba nka Esther , ukamenya gukurikirana uwo muntu ubayeho muri ubwo buzima bubi, ukamuha umwanya kuko ntiwamenya icyo yabaye utamuri iruhande kugeza umenye imbarutso.

Gukunda umuntu ufite ubwigunge kabone n’ubwo yaba atabishaka ni inzira nziza yo kuba inshuti ye kuko ubushuti bwiza ari ubumenya aho undi ababaye akamuba hafi.

Ubwigunge si indwara idakira ahubwo idindizwa n’uko abayegereye batabashije kumenya uburyo bayivura.

ubwigunge_bushobora_gutuma_umuntu_apfa_imburagihe-30758.jpg

Iyi ni inkuru y’umwanditsi Kwizera Jean de Dieu

Inkuru zerekeye