
Mu gihe waba
ubana n’umuntu ubana n’ubwigunge hari uburyo ushobora kumufasha , nawe akongera
kwisanga yishimye kandi anejejwe no kuba aho abanda bari.
Kubana n’ubwigunge
bituruka ku mpamvu zinyuranye kandi hafi ya zose ntabwo umuntu aba yazikururiye
, kuko hari ibiba bituruka ku muryango yavukiyemo, abamo cyangwa amateka ye.
Hari ubwo kandi ibyo biba bituruka ku byo yabonye umutima we ukananirwa
kubyakira na we akajya atinya ko byamubaho.
Mutesi ni
umukobwa wavutse wenyine mu muryango w’iwabo, amaze gukora ababyeyi be barapfa
ajya kurererwa kwa nyirarume. Agezeyo bakajya bamufata nabi cyane,
bakamutoteza, bamuhoza ku nkeke ku buryo kugeza ubwo yumvaga icyo asigaje ari ukwiyahura.
Mutesi
yari afite inshuti yitwaga Esther, wari umukobwa bakundaga kuba bari kumwe ariko
yarahishwe iby’ubuzima bugoye inshuti ye yari ibayemo kwa nyirarum.
N’ubwo
yasaga n’uwabihishe ariko na we amaso yaramuhaga kuko Mutesi ntiyakundaga
kuvuga iyo babaga bari kuganira uretse kwikiriza gusa nabwo akabikora abona ko
ari ahandi hantu yaheze mu bitekerezo. Esther byamwanze munda, ashaka uko
yamenya amakuru y’inshuti ye biranga ariko aza kwigira inama yo gushaka uko Mutesi
abayeho iwabo.
Umunsi
umwe Esther yafashe icyemezo cyo kujya kureba inshuti ye mu rugo , abikora
amutunguye. Agihingukak u gipangu, Mutesi yari arimo kwiruka , yirukankanwa n’abana
b’aho yabaga, bamuziza ko yariye inyama kandi atabyemerewe.
Mutesi
yari yambaye inshabari, asa nabi , yahindanye arimo kurira. Esther yifashe
kumunwa agira agahinda ariko ahita amenya impamvu inshuti ye ihorana agahinda
ndetse igahora yigunze cyane.
Kuva uwo
munsi, Esther yahise atangira kujya kuganiriza aho Mutesi yabaga, ababwira ko
umwana ari nk’undi kandi ko n’uw’ahandi yarya inyama mu rugo bahashye. Esther
yaganirije abana baho n’ababyeyi ibyo yari yabwiwe na Mutesi byose, baza
gusobanukirwa batangira gufata neza Mutesi arishima aba umwana mu rugo.
Muri make,
guha inshuti yawe umwanya , ukamenya impamvu iteka akunda kuba wenyine, yigunze
, atavuga cyangwa avuga nabi, ukemanya impamvu ahorana amarira mu maso kandi
wowe uhora wishimye.
Ni byiza
kuba nka Esther , ukamenya gukurikirana uwo muntu ubayeho muri ubwo buzima bubi,
ukamuha umwanya kuko ntiwamenya icyo yabaye utamuri iruhande kugeza umenye
imbarutso.
Gukunda
umuntu ufite ubwigunge kabone n’ubwo yaba atabishaka ni inzira nziza yo kuba
inshuti ye kuko ubushuti bwiza ari ubumenya aho undi ababaye akamuba hafi.
Ubwigunge
si indwara idakira ahubwo idindizwa n’uko abayegereye batabashije kumenya
uburyo bayivura.

Iyi ni inkuru
y’umwanditsi Kwizera Jean de Dieu



