Umugabo wa Clarisse Karasira yahawe Master’s ya kabiri
Imyidagaduro

Umugabo wa Clarisse Karasira yahawe Master’s ya kabiri

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 260 byayeho5 min gusoma
Umugabo wa Clarisse Karasira yahawe Master’s ya kabiri
Sanga:

Umuhanzikazi Clarisse Karasira yagaragaje ibyishimo n’ishema atewe n’intambwe ikomeye umugabo we Ifashabayo Sylvain Dejoie amaze gutera mu masomo, aho yahawe impamyabumenyi ya kabiri y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza (Master’s) mu bijyanye na Business Administration.

Uyu mugabo yahawe iyi mpamyabumenyi mu birori byabereye muri UBS Arena, mu muhango wa Western Governors University wabaye ku wa Gatandatu tariki ya 25 Mata 2026, uhuza abanyeshuri barangije amasomo yabo.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Clarisse Karasira yashimye cyane umuhate n’umurava byaranze umugabo we, agaragaza ko guhuza inshingano z’urugo, akazi n’amasomo atari ibintu byoroshye, ariko ko Dejoie yabigezeho neza.

Yavuze ko iyi ntambwe ari indi nkingi imugejeje hafi yo gukomeza amasomo ye, aho yamaze gutangira urugendo rugana ku mpamyabumenyi y’ikirenga (PhD), ibintu byamushimishije cyane nk’umugore we.

Si ubwa mbere Dejoie ageze kuri uru rwego, kuko mu Ukwakira 2024 yari yahawe indi Master’s mu bijyanye n’icungamutungo. Asanzwe kandi afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu bijyanye no guhanga umurimo n’imiyoborere yakuye mu Watson Institute ifatanyije na University of Virginia.

Uretse kuba ari umunyamwuga mu bijyanye n’ubucuruzi n’imiyoborere, Dejoie anafasha cyane umugore we mu rugendo rwe rwa muzika, aho amubera umujyanama mu bikorwa bye bya buri munsi.

Aba bombi bamaze imyaka itanu babana nk’umugabo n’umugore, nyuma yo gukora ubukwe tariki ya 1 Gicurasi 2021, bakaba baranabyaranye abana babiri b’abahungu.

1777182901366IMG_2067.jpeg

1777182911876IMG_2069.jpeg

1777182980365IMG_2068.jpeg

1777183029310IMG_2067Copy.jpeg

Inkuru zerekeye