FC Barcelona mu makipe agowe n'ibihe nyuma yo gutsindwa
Imikino

FC Barcelona mu makipe agowe n'ibihe nyuma yo gutsindwa

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 140 byayeho5 min gusoma
FC Barcelona mu makipe agowe n'ibihe nyuma yo gutsindwa
Sanga:

Mu mikino ya 1/4 cya UEFA Champions League ya 2025/2026, amakipe akomeye arimo FC Barcelona, Real Madrid na Liverpool FC ari mu bihe bikomeye nyuma yo gutsindwa imikino ibanza, ibintu bibashyira ku gitutu gikomeye mbere y’imikino yo kwishyura.

Kuri uyu wa Kabiri, Atlético Madrid irakira FC Barcelona ku kibuga cya Civitas Metropolitano, nyuma yo kuyitsinda ibitego 2-0 mu mukino ubanza. Nubwo bimeze bityo, umukinnyi ukiri muto Lamine Yamal yatangaje ko ikipe ye yizeye gukora ibishoboka byose igasezerera Atlético Madrid, agaragaza ko batagomba gukora ibitangaza ahubwo bisaba imbaraga n’ubwitange.

Amateka agaragaza ko Atlético Madrid ifite amahirwe menshi kuko imaze imikino 10 idatsindirwa iwayo mu marushanwa y’i Burayi ihura n’andi makipe yo muri Espagne. Ku rundi ruhande, FC Barcelona ifite imibare itayishimishije kuko mu mikino 11 iheruka yakinnye n’amakipe yo muri Espagne iri hanze, yatsinzemo umwe gusa.

Undi mukino ukomeye utegerejwe kuri uyu wa Kabiri ni uzahuza Liverpool FC na Paris Saint-Germain ku kibuga cya Anfield. Liverpool ifite akazi katoroshye ko kwishyura ibitego 2-0 yatsinzwe mu mukino ubanza. Aya makipe afite amateka aheruka aho PSG yasezereye Liverpool kuri penaliti mu mwaka ushize, ibintu bituma uyu mukino utegerezwa n’amarangamutima menshi.

Ku wa Gatatu, Real Madrid izasura FC Bayern Munich mu Budage, ishaka gutsinda byibura ibitego 2-0 kugira ngo ibashe gukomeza muri 1/2, nyuma yo gutsindwa 2-1 mu mukino ubanza. Uyu mukino nawo uzaba ukomeye cyane bitewe n’amateka akomeye aya makipe yombi afite muri iri rushanwa.

Mu wundi mukino, Arsenal FC izakira Sporting CP ku kibuga cya Emirates Stadium. Arsenal iri mu mwanya mwiza wo gukomeza nyuma yo gutsinda 1-0 mu mukino ubanza wabereye muri Portugal.

Muri rusange, imikino yo kwishyura ya 1/4 cya UEFA Champions League iritezweho kuba ishimishije cyane, aho amakipe amwe azaba ashaka gukora ibishoboka byose ngo ahindure amateka, mu gihe andi azaharanira gukomeza urugendo rwayo yerekeza ku gikombe.

Inkuru zerekeye