
Omar Abdulkadir Artan, ukomoka muri Somalia wari ugiye gukora amateka yo kuba umusifuzi wa mbere wo mu gihugu cye ugiye gusifura imikino ya nyuma y’Igikombe cy’Isi (World Cup finals), yangiwe kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Nyuma y'ayo makuru , FIFA yatangaje ko ntaho iguriye n'itangwa rya Visa cyangwa uburyo bufasha abantu kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Canada ahazabera imikino y'igikombe cy'Isi cya 2026.
Ati:"FIFA ntabwo yivanga mu buryo bwo kugera mu Gihugu kizakira irushanwa, nk'uburyo bwo kubona VISA ... kandi twabwiwe ko ibya Mr Artan bidashobora guhinduka ubu".









