
Mu ijoro ritegerejwe n’abakunzi ba
ruhago ku Isi yose, amakipe nka Arsenal na Paris Saint-Germain (PSG akomeje
kwitegura guhatanira igikombe cya UEFA Champions League kuri Puskás Aréna i
Budapest muri Hungary.
Ariko mu gihe impaka ari zose ku
bakinnyi, amayeri y’abatoza n’ushobora kwegukana igikombe, hari undi mukinnyi
wari umaze kugaragaza ko ari mu batsinze bakuru b’iyi final nubwo atari ku
kibuga.
Nubwo nta kipe yarwo yari muri
UEFA Champions League, izina ry’u Rwanda ryari rimaze kugera ku rwego rwo
hejuru muri iri rushanwa binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda, isanzwe ifitanye
amasezerano y’ubufatanye n’amakipe yombi yari ageze ku mukino wa nyuma.
Uru rugendo rwo kwamamaza igihugu
binyuze muri siporo rwatangiye mu 2018 ubwo Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere
(RDB) cyatangazaga ubufatanye na Arsenal FC. Muri ayo masezerano, Visit Rwanda
yabaye ikirango kigaragara ku kuboko kw’imyambaro y’iyi kipe ndetse iba
n’umufatanyabikorwa wayo mu rwego rw’ubukerarugendo.
Mu mpera za 2019, u Rwanda
rwakomeje kwagura iyi gahunda rusinya amasezerano na Paris Saint-Germain, imwe
mu makipe afite izina rikomeye ku Isi. Ubu bufatanye bwafashije u Rwanda
kwamamaza ubukerarugendo, umuco, amahirwe y’ishoramari ndetse n’ishusho yarwo
ku rwego mpuzamahanga.
Mu gihe amaso y’abakunzi ba ruhago
yerekeje i Budapest, abayobozi batandukanye b’u Rwanda na bo bari bamaze kugera
muri icyo gihugu mu rwego rwo gushyigikira ayo makipe yombi. Muri bo harimo
Umuyobozi Mukuru wa RDB Jean-Guy Afrika, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri
ya Siporo Rwego Ngarambe, Umuyobozi Wungirije wa Rwanda Convention Bureau Maeva
S.K. Habyarimana, Ambasaderi Johnston Busingye ndetse na Ambasaderi François
Nkulikiyimfura.
Kwamamaza igihugu binyuze muri
ruhago byakomeje kuba imwe mu ngingo zitavugwaho rumwe mu myaka ishize. Hari
ababajije bati: “Kubera iki igihugu cyo muri Afurika gishora miliyoni
z’amadolari mu makipe y’i Burayi kandi gifite ibibazo byinshi mu karere?”
Ariko ku ruhande rw’abasesenguzi
mu itumanaho no kubaka ibirango by’ibihugu, siporo yabaye kimwe mu bikoresho
bikomeye byo kwigaragaza ku rwego mpuzamahanga. Muri iki gihe, ibihugu byinshi
birushanwa kubaka isura yabyo binyuze mu muco, ikoranabuhanga, imyidagaduro na
siporo aho gukoresha gusa imbaraga za dipolomasi gakondo.
Afurika ni umwe mu migabane ifite
abafana benshi ba ruhago y’i Burayi. Amakipe nka Arsenal, PSG, Bayern Munich na
Atlético Madrid afite miliyoni z’abakunzi bakurikirana ibikorwa byayo buri
munsi. U Rwanda rwabonye muri uru rukundo rwa ruhago amahirwe yo kugeza
ubutumwa bwabwo ku bantu benshi kurushaho.
Ni yo mpamvu mbere y’uko final ya
UEFA Champions League itangira, Visit Rwanda yari yamaze kungukira ku kuba
ikirango cyayo cyaragaragaraga ku rwego rwo hejuru cyane kuruta ibindi bihe
byinshi byashize. Miliyoni z’abafana ku migabane yose zari kongera kubona no
kumva izina ry’u Rwanda mu birori bikurikirwa cyane ku Isi.
Ikindi cyatumye benshi bavuga ku
Rwanda muri iri rushanwa ni uko amakipe yose yari ageze muri ½ cya UEFA
Champions League yari afitanye imikoranire na Visit Rwanda. Arsenal na PSG
zageze ku mukino wa nyuma, mu gihe Bayern Munich na Atlético Madrid na zo zisanzwe
ziri mu bafatanyabikorwa b’u Rwanda.
Ibi byatanze ishusho yihariye
yerekana uburyo igihugu gito cyo muri Afurika cyabashije kwigaragaza mu
marushanwa akurikirwa n’amamiliyoni y’abantu ku Isi yose.
Nta mukinnyi w’umunyarwanda wari
mu kibuga. Nta kipe yo mu Rwanda yari muri Champions League. Nta n’ubwo u
Rwanda rwakiriye umukino wa nyuma. Ariko
ruri mu nkuru zikomeye z’iyo final kubera ubufatanye n’igenamigambi ry’igihe
kirekire ryatumye izina ryarwo rigera kure.
Mu gihe amaso y'Isi yose ahanze ku
ikipe igomba kwegukana UEFA Champions League, u Rwanda rwo rwamaze kwandika
indi nkuru y'intsinzi. Atari iy'ibitego cyangwa ibikombe, ahubwo iy'uko
rwakomeje kwigaragaza no kumenyekana ku rwego mpuzamahanga binyuze muri siporo,
ubukerarugendo n'ubufatanye n'amakipe akomeye ku Isi.
Iyo ni intsinzi itagaragarira ku
kibuga, ariko igakomeza gutuma u Rwanda ruboneka mu birori bikomeye kurusha
ibindi muri ruhago y’Isi.



