Final ya Arsenal na PSG yabaye intsinzi ikomeye kuri Visit Rwanda
Imikino

Final ya Arsenal na PSG yabaye intsinzi ikomeye kuri Visit Rwanda

UWAYO Eddy2026 Gicurasi 300 byayeho5 min gusoma
Final ya Arsenal na PSG yabaye intsinzi ikomeye kuri Visit Rwanda
Sanga:

Mu ijoro ritegerejwe n’abakunzi ba ruhago ku Isi yose, amakipe nka Arsenal na Paris Saint-Germain (PSG akomeje kwitegura guhatanira igikombe cya UEFA Champions League kuri Puskás Aréna i Budapest muri Hungary.

Ariko mu gihe impaka ari zose ku bakinnyi, amayeri y’abatoza n’ushobora kwegukana igikombe, hari undi mukinnyi wari umaze kugaragaza ko ari mu batsinze bakuru b’iyi final nubwo atari ku kibuga.

Nubwo nta kipe yarwo yari muri UEFA Champions League, izina ry’u Rwanda ryari rimaze kugera ku rwego rwo hejuru muri iri rushanwa binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda, isanzwe ifitanye amasezerano y’ubufatanye n’amakipe yombi yari ageze ku mukino wa nyuma.

Uru rugendo rwo kwamamaza igihugu binyuze muri siporo rwatangiye mu 2018 ubwo Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyatangazaga ubufatanye na Arsenal FC. Muri ayo masezerano, Visit Rwanda yabaye ikirango kigaragara ku kuboko kw’imyambaro y’iyi kipe ndetse iba n’umufatanyabikorwa wayo mu rwego rw’ubukerarugendo.

Mu mpera za 2019, u Rwanda rwakomeje kwagura iyi gahunda rusinya amasezerano na Paris Saint-Germain, imwe mu makipe afite izina rikomeye ku Isi. Ubu bufatanye bwafashije u Rwanda kwamamaza ubukerarugendo, umuco, amahirwe y’ishoramari ndetse n’ishusho yarwo ku rwego mpuzamahanga.

Mu gihe amaso y’abakunzi ba ruhago yerekeje i Budapest, abayobozi batandukanye b’u Rwanda na bo bari bamaze kugera muri icyo gihugu mu rwego rwo gushyigikira ayo makipe yombi. Muri bo harimo Umuyobozi Mukuru wa RDB Jean-Guy Afrika, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo Rwego Ngarambe, Umuyobozi Wungirije wa Rwanda Convention Bureau Maeva S.K. Habyarimana, Ambasaderi Johnston Busingye ndetse na Ambasaderi François Nkulikiyimfura.

Kwamamaza igihugu binyuze muri ruhago byakomeje kuba imwe mu ngingo zitavugwaho rumwe mu myaka ishize. Hari ababajije bati: “Kubera iki igihugu cyo muri Afurika gishora miliyoni z’amadolari mu makipe y’i Burayi kandi gifite ibibazo byinshi mu karere?”

Ariko ku ruhande rw’abasesenguzi mu itumanaho no kubaka ibirango by’ibihugu, siporo yabaye kimwe mu bikoresho bikomeye byo kwigaragaza ku rwego mpuzamahanga. Muri iki gihe, ibihugu byinshi birushanwa kubaka isura yabyo binyuze mu muco, ikoranabuhanga, imyidagaduro na siporo aho gukoresha gusa imbaraga za dipolomasi gakondo.

Afurika ni umwe mu migabane ifite abafana benshi ba ruhago y’i Burayi. Amakipe nka Arsenal, PSG, Bayern Munich na Atlético Madrid afite miliyoni z’abakunzi bakurikirana ibikorwa byayo buri munsi. U Rwanda rwabonye muri uru rukundo rwa ruhago amahirwe yo kugeza ubutumwa bwabwo ku bantu benshi kurushaho.

Ni yo mpamvu mbere y’uko final ya UEFA Champions League itangira, Visit Rwanda yari yamaze kungukira ku kuba ikirango cyayo cyaragaragaraga ku rwego rwo hejuru cyane kuruta ibindi bihe byinshi byashize. Miliyoni z’abafana ku migabane yose zari kongera kubona no kumva izina ry’u Rwanda mu birori bikurikirwa cyane ku Isi.

Ikindi cyatumye benshi bavuga ku Rwanda muri iri rushanwa ni uko amakipe yose yari ageze muri ½ cya UEFA Champions League yari afitanye imikoranire na Visit Rwanda. Arsenal na PSG zageze ku mukino wa nyuma, mu gihe Bayern Munich na Atlético Madrid na zo zisanzwe ziri mu bafatanyabikorwa b’u Rwanda.

Ibi byatanze ishusho yihariye yerekana uburyo igihugu gito cyo muri Afurika cyabashije kwigaragaza mu marushanwa akurikirwa n’amamiliyoni y’abantu ku Isi yose.

Nta mukinnyi w’umunyarwanda wari mu kibuga. Nta kipe yo mu Rwanda yari muri Champions League. Nta n’ubwo u Rwanda  rwakiriye umukino wa nyuma. Ariko ruri mu nkuru zikomeye z’iyo final kubera ubufatanye n’igenamigambi ry’igihe kirekire ryatumye izina ryarwo rigera kure.

Mu gihe amaso y'Isi yose ahanze ku ikipe igomba kwegukana UEFA Champions League, u Rwanda rwo rwamaze kwandika indi nkuru y'intsinzi. Atari iy'ibitego cyangwa ibikombe, ahubwo iy'uko rwakomeje kwigaragaza no kumenyekana ku rwego mpuzamahanga binyuze muri siporo, ubukerarugendo n'ubufatanye n'amakipe akomeye ku Isi.

Iyo ni intsinzi itagaragarira ku kibuga, ariko igakomeza gutuma u Rwanda ruboneka mu birori bikomeye kurusha ibindi muri ruhago y’Isi.

Inkuru zerekeye