
Igitego cya rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, Leroy Jacques Mickels, cyashyizwe mu bitego byiza byagaragaye mu irushanwa rya gicuti rya FIFA Series 2026. Iri rushanwa ryabereye mu Rwanda hagati ya tariki ya 26 na 30 Werurwe 2026, rihuza amakipe y’ibihugu atandukanye ku isi ritegurwa na FIFA.
Mu mikino yabaye, u Rwanda rwagaragaje urwego rwiza, rutsinda imikino ibiri rwakinnye maze rwegukana igikombe cy’Itsinda A ryabereye kuri Stade Amahoro. Mu mukino wa mbere, Amavubi yatsinze Grenada ibitego 4-0, aho ibitego byatsinzwe na Mickels, Kwizera Jojea, Bizimana Djihad na Hakim Sahabo. Nyuma yaho, mu mukino wa nyuma, u Rwanda rwatsinze Estonia ibitego 2-0, birimo igitego cya Bigirimana Abeddy n’icya Mickels, wanahise yegukana igihembo cy’umukinnyi w’irushanwa.
Itsinda ry’inzobere mu bya tekinike muri FIFA ryemeje ko igitego cya Mickels cyari mu byaranze iri rushanwa kubera ubuhanga cyagaragaje. Uyu mukinnyi wari uhamagawe bwa mbere mu Ikipe y’Igihugu yitwaye neza cyane, anakinana n’abavandimwe be, Joy Slayd Mickels na Joy Lance Mickels.
Iri rushanwa ryaranagaragayemo ibindi bitego byiza byatsinzwe n’abakinnyi batandukanye baturutse mu bihugu binyuranye, birimo Van Kilsdonk ukinira Aruba, Dudinha wa Brésil, Shinji wa Koreya y’Epfo, Massombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse na Loyola wa Chile, byose bikaba byerekanye urwego rwiza rw’umupira w’amaguru ku rwego mpuzamahanga.






