
Ikipe ya Sunrise FC yegukanye Igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri nyuma yo gutsinda Etoile de l’Est FC ibitego 2-1, ihita izanamukana na Unity FC mu Cyiciro cya Mbere.
Aya makipe yombi yabigezeho nyuma yo kwitwara neza mu mikino ya nyuma isoza shampiyona y’umwaka w’imikino wa 2025/2026, yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 16 Gicurasi 2026.
Umukino wabereye kuri Ngoma Stadium, aho Etoile de l’Est yari yakiriye Sunrise FC imbere y’abafana benshi. Sunrise FC yatangiye umukino isatira cyane maze ku munota wa gatandatu Kalu Daniel Ikpo atsinda igitego cya mbere ku mupira wari utewe kuri coup-franc ugahura na ba myugariro ba Etoile de l’Est mbere yo kwinjira mu izamu.
Nyuma yo gutsindwa igitego, Etoile de l’Est yahise izamura imbaraga ishaka uko yakwishyura. Ku munota wa 21, Joel Emmanuel yatsinze igitego cyo kwishyura n’umutwe nyuma y’umupira mwiza wari uvuye ku ruhande.
Sunrise FC yakomeje gusatira ndetse ku munota wa 30, Kalu Daniel yongeye kugerageza ishoti rikomeye ari mu rubuga rw’amahina ariko ubwugarizi bwa Etoile de l’Est bubasha kuwukuramo.
Ku munota wa 35, Daniel Kalu Ikpo yongeye gutsindira Sunrise FC igitego cya kabiri nyuma yo kuroba umunyezamu Kabera Bonheur wari wasohotse mu izamu.
Igice cya mbere cyarangiye Sunrise FC iyoboye umukino n’ibitego 2-1.
Mu gice cya kabiri, amakipe yombi yakomeje gusatirana ashaka ibitego, ariko abakinnyi bagorwa no kubyaza umusaruro uburyo babonaga imbere y’izamu.
Umukino warangiye Sunrise FC itsinze Etoile de l’Est ibitego 2-1, ihita yegukana Igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri n’amanota 13 mu mikino ya kamarampaka. Sunrise FC kandi yahise izamuka mu Cyiciro cya Mbere, aho yaherukaga gukina mu mwaka wa 2024.
Ikipe ya Unity FC na yo yabonye itike yo kuzamuka nyuma yo kunganya na Intare FC ubusa ku busa, ikuzuza amanota 10. Ni bwo bwa mbere Unity FC igiye gukina mu Cyiciro cya Mbere cya shampiyona y’u Rwanda.
Mu gusoza iyi mikino ya kamarampaka, Sunrise FC yahembwe sheki ya miliyoni 25 Frw nk’ikipe yabaye iya mbere, mu gihe Unity FC yabonye miliyoni 20 Frw nk’iyabaye iya kabiri. Muri rusange, amakipe umunani ya mbere muri iyi shampiyona yagabanye miliyoni 105 Frw.




