
Ikipe ya Espanye igeze ku mukino wanyuma w’igikombe cy’Isi cya 2026 itsinze Ubufaransa 2:0 mu mukino wa ½ cy’irangiza , kuri Stade Arlington yo mu Mujyiw a Dallas. Ni umukino wahiriye Espanye cyane kurenza Ubufaransa.
Ni umukino waranzwe n’ishyaka ryinshi ku ruhande rw’ikipe y’Igihugu ya Espanye kuko yashakaga guca agahigo ko gutsinda Ubufaransa bwahabwaga amahirwe n’abantu benshi kubera uburyo ari ikipe ifite ba myugariro ndetse n’imbere hameze neza hashingiwe ku mikino babanje muri iri rushanwa.
Uko umukino wagiye utambuka , Espanye yagiye igaragaza imbaraga cyane kurusha Ubufaransa kugeza ubwo ku mukino wa 22 Mikel Oyarzabal yatsindaga Penaliti yatewe neza , Espanye igahita iyobora umukino utyo ndetse no ku munota wa 58’ Pedro Porro na we agashyiramo icya Kabiri cyakomeje guha icyizere abafana ba Espanye.
Kugeza ku munota wa 73 w’umukino ikipe ya Espanye yari imaze gutera amashoti 8 mu gihe ikipe y’Ubufaransa yari imaze gutera amashoti 9 bigaragaza uburyo nayo yarwanaga no gushaka igitego amahirwe akaba make , gusa ayerekezaga mu izamu akaba ari 2 ku ruhande rwa Espanye n’ishoti 1 ku ruhande rw’Ubufaransa.
Kugezak u munota wa 74’ w’umukino ikipe ya Espanye niyo yari iyoboye umukino mu kwiharira umupira kuko yari ifite 54% naho Ubufaransa bufite 46% ndetse muri rusange ikipe yitwaye neza yari Espanye kuko muri byose yari iri kuri 91% Ubufaransa buri kuri 2% ibintu bihabanya n’ibyari byitezwe ku ikipe y’Ubufaransa yahabwaga amahirwe yo kwegukana igikombe cy’Isi.
Ikipe ya Espanye yakoze ibyo andi makipe yananiwe muri iri rushanwa ry’igikombe cy’Isi ari byo gutsinda ibitego bibiri mu izamu ry’Ubufaransa ku busa. Muri uyu mukino ikipe y’Ubufaransa yabonye amahirwe yo gutsinda ariko gushyira umupira mu izamu bikaba ingorabahizi.
Lamine Yamal wa Espanye , yakomeje gushaka uko atsinda igitego ndetse atanga umupira wavuyemo igitego ariko abura amahirwe yo gutera mu izamu.
Ubwo Gianni Infantino Perezoda wa FIFA bamwerekanaga kuri Televiziyo za Rutura muri Stade , abafana bamuvugirije induru nk’ikimenyetso cy’uko atishimiwe na gato kandi ari we uyoboye iyo mikino.
Ibi benshi bemeza ko biruka ku manyanga yagiye agaragaza muri iri rushanwa rifatwa nk’irya mbere ku Isi.
Kgeza ku munota wa 90+1 (7) w'umukino , ikipe y'Ubufaransa yari imaze gutera amashoti 11 ku 9 ya Espanye ariko ku Bufaransa ayerekeza mu izamu yari 2 gusa yanganyaga na Espanye. Aha haburaga iminota igera kuri 6 gusa ngo Espanye igere ku mukino wa nyuma w'igikombe cy'Isi.
Muri uyu mukino ikipe ya Espanye yarushije cyane ikipe y'Ubufaransa ya Dembele na Kylian Mbappe wari wahigiye gukosora Lamine Yamal wagambye kubatsinda akaba abigezeho.




