Iyikubise inkonji mu ruhara ! Espanye igeze ku mukino wanyuma itsinze Ubufaransa, uko umukino wagenze
Imikino

Iyikubise inkonji mu ruhara ! Espanye igeze ku mukino wanyuma itsinze Ubufaransa, uko umukino wagenze

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 143 min gusoma
Iyikubise inkonji mu ruhara ! Espanye igeze ku mukino wanyuma itsinze Ubufaransa, uko umukino wagenze

Ikipe ya Espanye igeze ku mukino wanyuma w’igikombe cy’Isi cya 2026 itsinze Ubufaransa 2:0 mu mukino wa ½ cy’irangiza , kuri Stade Arlington yo mu Mujyiw a Dallas. Ni umukino wahiriye Espanye cyane kurenza Ubufaransa.

Ni umukino waranzwe n’ishyaka ryinshi ku ruhande rw’ikipe y’Igihugu ya Espanye kuko yashakaga guca agahigo ko gutsinda Ubufaransa bwahabwaga amahirwe n’abantu benshi kubera uburyo ari ikipe ifite ba myugariro ndetse n’imbere hameze neza hashingiwe ku mikino babanje muri iri rushanwa.

Uko umukino wagiye utambuka , Espanye yagiye igaragaza imbaraga cyane kurusha Ubufaransa kugeza ubwo ku mukino wa 22 Mikel Oyarzabal yatsindaga Penaliti yatewe neza , Espanye igahita iyobora umukino utyo ndetse no ku munota wa 58’ Pedro Porro na we agashyiramo icya Kabiri cyakomeje guha icyizere abafana ba Espanye.

Kugeza ku munota wa 73 w’umukino ikipe ya Espanye yari imaze gutera amashoti 8 mu gihe ikipe y’Ubufaransa yari imaze gutera amashoti 9 bigaragaza uburyo nayo yarwanaga no gushaka igitego amahirwe akaba make , gusa ayerekezaga mu izamu akaba ari 2 ku ruhande rwa Espanye n’ishoti 1 ku ruhande rw’Ubufaransa.

Kugezak u munota wa 74’ w’umukino ikipe ya Espanye niyo yari iyoboye umukino mu kwiharira umupira kuko yari ifite 54% naho Ubufaransa bufite 46% ndetse muri rusange ikipe yitwaye neza yari Espanye kuko muri byose yari iri kuri 91% Ubufaransa buri kuri 2% ibintu bihabanya n’ibyari byitezwe ku ikipe y’Ubufaransa yahabwaga amahirwe yo kwegukana igikombe cy’Isi.

Ikipe ya Espanye yakoze ibyo andi makipe yananiwe muri iri rushanwa ry’igikombe cy’Isi ari byo gutsinda ibitego bibiri mu izamu ry’Ubufaransa ku busa. Muri uyu mukino ikipe y’Ubufaransa yabonye amahirwe yo gutsinda ariko gushyira umupira mu izamu bikaba ingorabahizi.

Lamine Yamal wa Espanye , yakomeje gushaka uko atsinda igitego ndetse atanga umupira wavuyemo igitego ariko abura amahirwe yo gutera mu izamu.

Ubwo Gianni Infantino Perezoda wa FIFA bamwerekanaga kuri Televiziyo za Rutura muri Stade , abafana bamuvugirije induru nk’ikimenyetso cy’uko atishimiwe na gato kandi ari we uyoboye iyo mikino.

Ibi benshi bemeza ko biruka ku manyanga yagiye agaragaza muri iri rushanwa rifatwa nk’irya mbere ku Isi.

Kgeza ku munota wa 90+1 (7) w'umukino , ikipe y'Ubufaransa yari imaze gutera amashoti 11 ku 9 ya Espanye ariko ku Bufaransa ayerekeza mu izamu yari 2 gusa yanganyaga na Espanye. Aha haburaga iminota igera kuri 6 gusa ngo Espanye igere ku mukino wa nyuma w'igikombe cy'Isi.

Muri uyu mukino ikipe ya Espanye yarushije cyane ikipe y'Ubufaransa ya Dembele na Kylian Mbappe wari wahigiye gukosora Lamine Yamal wagambye kubatsinda akaba abigezeho.



Inkuru zerekeye

CECAFA Kagame Cup 2026: JAMUS FC yageze muri 1/2 Amakipe yo muri Tanzaniya arataha
Imikino

CECAFA Kagame Cup 2026: JAMUS FC yageze muri 1/2 Amakipe yo muri Tanzaniya arataha

JAMUS FC yo muri Sudan y'epfo itarahabwaga amahirwe yageze muri 1/2 mu gihe SINGIDA FC yarifite igikombe yasezerewe na SIMBA FC.

ADAM Yannick2026 Kanama 1
Umunyabigwi wa AC Milan n'u Butaliyani, Franco Baresi, yitabye Imana ku myaka 66
Imikino

Umunyabigwi wa AC Milan n'u Butaliyani, Franco Baresi, yitabye Imana ku myaka 66

Umunyabigwi mu mupira w'amaguru w'u Butaliyani, Franco Baresi, wubatse amateka akomeye muri AC Milan no mu Ikipe y'Igihugu y'u Butaliyani, yitabye Imana ku myaka 66 nyuma y'igihe kirekire arwaye indwara y'ibihaha.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 31
CECAFA Kagame Cup 2026Ikipe ya Mbere yageze muri 1/2 yamenyekanye ndetse n'ikipe ya mbere yo mu Rwanda irasezererwa
Imikino

CECAFA Kagame Cup 2026Ikipe ya Mbere yageze muri 1/2 yamenyekanye ndetse n'ikipe ya mbere yo mu Rwanda irasezererwa

APR FC yarihagarariye u Rwanda yasezerewe n'ubwo yatsinze umukino wayo wa nyuma usoza itsinda.

ADAM Yannick2026 Nyakanga 31
CECAFA Kagame Cup 2026: Imikino y'umunsi wa kabiri yarangiye mu matsinda
Imikino

CECAFA Kagame Cup 2026: Imikino y'umunsi wa kabiri yarangiye mu matsinda

Irushanwa CECAFA Kagame Cup 2026 riri hafi kurangira. Hakaba hasigaye umukino umwe wo mu matsinda kugira ngo tumenye amakipe yageze muri 1/2.

ADAM Yannick2026 Nyakanga 30
Pre Season Agaciro: Amakipe ane yamenyekanye yageze muri 1/2
Imikino

Pre Season Agaciro: Amakipe ane yamenyekanye yageze muri 1/2

Irushanwa Pre Season Agaciro rigeze mu mikino ya 1/2 aho umukino wa nyuma uzaba tariki 2 Kanama 2026

ADAM Yannick2026 Nyakanga 30
CECAFA Kagame Cup 2026: APR FC yahawe isomo rya Ruhago imbere ya Perezida Paul Kagame
Imikino

CECAFA Kagame Cup 2026: APR FC yahawe isomo rya Ruhago imbere ya Perezida Paul Kagame

APR FC yatsinzwe na Gormahia FC ibitego 5-0 ku mukino wa mbere ufungura CECAFA Kagame Cup 2026. Bikaba bibaye ubwa mbere itsindwa ibitego 5-0 muri CECAFA Kagame Cup ubwo yari yatsinzwe byinshi yari yatsinzwe 4.

ADAM Yannick2026 Nyakanga 27

Inkuru zishyashya

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan  ‎
Imyidagaduro

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan ‎

‎Zari Hassan yatangije ikiganiro mpaka ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye nyuma yo kwemeza ko umugore aba agomba guca inyuma uwo bashakanye igihe cyose uwo mugabo adatanga ibikenewe byose mu rugo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 2 yashize
Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we
Imyidagaduro

Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we

Butera Knowless umaranye imyaka 10 n’umugabo we mu buryo bwemewe n’amagategeko nk’umugore n’umugabo, yamushimiye byimazeyo ku rukundo yamuhaye agaragaza ko yabonye Imana mu byo banyuranyemo byose.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 15 yashize
Ibyo amaze kunguka ! Diamond Platnumz yishyuye agera kuri 8,821,692 RWF ngo ahure na Ne-Yo yishyura 147,028,200 Rwf ngo ahure na Davido
INKURU NYAMUKURU

Ibyo amaze kunguka ! Diamond Platnumz yishyuye agera kuri 8,821,692 RWF ngo ahure na Ne-Yo yishyura 147,028,200 Rwf ngo ahure na Davido

Umuhanzi Diamond Platnumz uri mu bakomeye muri Tanzania, ntabwo yazuyaje mu kwishyura agera kuri 8,821,692 Rwf kugira ngo ahure na kimwe mu byamamare muri muzika y’Isi Ne-Yo ndetse ngo yishyure n’andi menshi mu guhura na Davido wo muri Nigeria.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 16 yashize
‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza  ‎
Imyidagaduro

‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza ‎

Kendall Jenner wamamaye mu myidagaduro yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika , akaba yarakanyujijeho na A$AP Rocky umaze kubyarana Gatatu na Rihanna , yatangaje ko kuba batarabanye byaturutse ku kuba Rocky atarifuzaga ko baganira ku byerekeye ahazaza hano.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa
Imyidagaduro

‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa

Umuziki wa Afurika y'Iburasirazuba wari umaze igihe uvugwa kubera umwana w'umukobwa Zuchu na Diamond Platnumz baherutse kwibaruka dore ko ari na bamwe basanzwe bazi kurema inkuru zitwikira ibikorwa byabo muri muzika. Inkuru y'umwana banjirijwe n'amagambo yo kwihakana umugabo byanyirarureshwa kuri Zuchu warimo kuribwa n'inda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
‎Basabye abantu kugabanya amatiku ! Itsinda The Same ryahuje imbaraga na Keyg Lemonde bakorana indirimbo bise 'Weekend'
Imyidagaduro

‎Basabye abantu kugabanya amatiku ! Itsinda The Same ryahuje imbaraga na Keyg Lemonde bakorana indirimbo bise 'Weekend'

Itsinda rya The Same na  Keyg Lemonade uri mu bari kuzamuka neza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo  bashyize hanze amashusho y'indirimbo nshya bise 'Weekend'. Ni indirimbo irimo ubutumwa busaba abantu kugabanya amatiku bakihugiraho ariko banaruhuka.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize