
Lionel Messi, kapiteni wa Inter Miami CF ndetse n’Ikipe y’Igihugu ya Argentina, yagize imvune mu mukino ikipe ye yakinnyemo na Philadelphia Union muri Shampiyona ya Major League Soccer, ibintu byateye impungenge abakunzi b’umupira w’amaguru mu gihe habura iminsi 18 gusa ngo hatangire 2026 FIFA World Cup.
Messi yasohotse mu kibuga ku munota wa 73 w’umukino ari we ubwe usabye gusimburwa nyuma yo kumva atameze neza. Ibi byahise bitera impungenge abafana ba Argentina bari biteze ko azafasha ikipe yabo mu rugendo rwo kugumana igikombe yegukanye mu 2022.
Uyu mukino warangiye Inter Miami itsinze Philadelphia Union ibitego 6-4, uba umwe mu mikino yabonetsemo ibitego byinshi mu mateka ya MLS. Nubwo Messi atabonye igitego muri uwo mukino, yatanze imipira ibiri yavuyemo ibitego.
Ikipe ya Inter Miami ntiratangaza neza ubwoko bw’imvune Messi yagize cyangwa igihe ashobora kumara hanze y’ikibuga. Gusa umutoza w’agateganyo, Guillermo Hoyos, yavuze ko iyi mvune idakomeye cyane, ibintu byatanze icyizere ku bafana ndetse no ku Ikipe y’Igihugu ya Argentina.
Iyi mvune ibaye mu gihe Messi yari ari mu bihe byiza kuko mu mikino itanu iheruka yari amaze gutsinda ibitego bitanu ndetse anatanga imipira irindwi yavuyemo ibitego, akomeza kwerekana uruhare rwe rukomeye muri Inter Miami.
Messi ategerejwe mu mwiherero wa Argentina yitegura Igikombe cy’Isi cya 2026, aho izabanza gukina imikino ya gicuti na Honduras ndetse na Iceland. Argentina iri mu itsinda rimwe na Algeria, Austria na Jordan.
Uyu rutahizamu w’imyaka 38 amaze gukinira Argentina imikino 198 atsindamo ibitego 116, ibintu bikomeza kumushyira mu bakinnyi bafite ibigwi bikomeye mu mateka y’umupira w’amaguru ku Isi.




