Mohamed Salah yasezeweho n’abafana ba Liverpool
Imikino

Mohamed Salah yasezeweho n’abafana ba Liverpool

Admin User2026 Gicurasi 250 byayeho5 min gusoma
Mohamed Salah yasezeweho n’abafana ba Liverpool
Sanga:

Mohamed Salah yasezeweho n’abafana ba Liverpool FC nyuma y’imyaka isaga 9 ayikinira, mu mukino wa nyuma bakinnyemo na Brentford FC warangiye banganyije igitego 1–1.

Uyu mukinnyi w’imyaka 34 yakiniye umukino we wa nyuma kuri uyu Cyumweru, ibintu byatumye abafana n’abakinnyi bagira amarangamutima akomeye cyane.

Mu cyumweru cyabanje, hari hamaze kwerekanwa filimi yagarukaga ku bigwi bye hamwe na Andrew Robertson, na we wasezeweho kubera ibyo yagejeje ku ikipe.

Nyuma y’umukino, Salah yanyuze mu byicaro by’icyubahiro by’abakinnyi bagenzi be bamukomera amashyi, abafana bakamuririmbira indirimbo izwi cyane ya Liverpool igira iti “You Will Never Walk Alone”. Ibi byatumye amarangamutima amurenza, ararira.

Yaje gutangaza ko nubwo atari asanzwe agaragaza amarangamutima cyane, uyu mwanya wamukoze ku mutima cyane.

Yagize ati: “Narize cyane kurenza ikindi gihe mu buzima bwanjye, biragoye cyane gusiga ahantu nkaha.”

Yashimiye kandi bagenzi be, abibutsa ko gutsinda atari impano gusa ahubwo bisaba gukora cyane no kwitanga buri gihe.

Kapiteni wa Liverpool, Virgil van Dijk, yavuze ko uyu wari umwaka utoroshye kuri ikipe ariko bakwiye gukomeza bagakora nk’ikipe imwe.

Liverpool yabashije kubona itike yo gukina UEFA Champions League nyuma yo gusoza shampiyona ya Premier League ku mwanya wa gatanu.

Salah kuva yagera muri Liverpool mu 2017, amaze gutsindira iyi kipe ibitego 257, akaba ari nawe mukinnyi wayitsindiye byinshi mu mateka yayo.

Salah-yasezeweho-nabakinnyi-ba-Liverpool.jpeg

Salah-yasutse-amarira-ubwo-abafana-bamuririmbiraga-indirimbo-You-Will-Never-Walk-Alone-1024x917.jpeg

WhatsApp-Image-2026-05-25-at-11.32.58.jpeg

Inkuru zerekeye