
Umunye-Congo Yannick Bangala wari umaze ibyumweru bibiri mu biruhuko, yongeye kugaruka mu myitozo ya Rayon Sports mu gihe iyi kipe yitegura umukino uzayihuza na Rutsiro FC kuri iki Cyumweru i Rubavu.
Ibi bibaye nyuma y’igihe havugwaga ko uyu mukinnyi ashobora gutandukana n’iyi kipe, cyane cyane nyuma y’uko Rayon Sports itandukanye n’umutoza Bruno Ferry ku wa 20 Werurwe 2026, ndetse bamwe mu bakinnyi yari yazanye na bo bagatangira kuvugwaho gushaka kugenda.
Ku wa 19 Werurwe 2026, Bangala yari yandikiye ubuyobozi bw’ikipe asaba ikiruhuko cy’ibyumweru bibiri, mu gihe amakipe y’ibihugu yakinaga imikino mpuzamahanga ya gicuti.
Nubwo byavugwaga ko ashobora kuba atishimiwe n’abafana bitewe n’umusaruro utari mwiza, uyu mukinnyi yongeye kugaruka mu myitozo ku wa 8 Mata 2026, ayikoresha ayobowe n’umutoza mukuru Haringingo Francis Christian.
Bangala ukina hagati mu kibuga afasha abugarira, yari yasibye umukino Rayon Sports yanganyijemo na Gicumbi FC ubusa ku busa (0-0) wabereye kuri Kigali Pele Stadium ku wa 4 Mata 2026.
Biteganyijwe ko azifashishwa mu mikino ibiri ikomeye iri imbere, aho Rayon Sports izasura Rutsiro FC kuri Stade Umuganda, mbere yo guhura na Gorilla FC mu mukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro ku wa 22 Mata 2026.
Garuka kwa Bangala mu myitozo ni inkuru nziza ku bafana ba Rayon Sports, bitegura imikino ikomeye izagira uruhare rukomeye ku musaruro w’iyi kipe muri shampiyona n’andi marushanwa.




