Sitting Volleyball: Umutoza w’u Rwanda yasezeye ku nshingano mbere y’Igikombe cy’Isi
Imikino

Sitting Volleyball: Umutoza w’u Rwanda yasezeye ku nshingano mbere y’Igikombe cy’Isi

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 140 byayeho5 min gusoma
Sitting Volleyball: Umutoza w’u Rwanda yasezeye ku nshingano mbere y’Igikombe cy’Isi
Sanga:

Mu gihe imyiteguro y’Amakipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Sitting Volleyball yari igeze ahakomeye, umutoza mukuru w’aya makipe mu bagabo n’abagore, Mosaad Elaiuty, yasezeye ku nshingano ze mu buryo butunguranye, habura amezi atatu gusa ngo hatangire Igikombe cy’Isi.

Uyu mutoza w’Umunya-Misiri yatangaje ubwegure bwe ku wa 12 Mata 2026, abinyujije mu butumwa yagejeje ku bamwungirije, abamenyesha ko ahagaritse akazi ko gutoza ayo makipe yombi. Icyemezo cye cyaje gitunguye cyane, kuko cyafashwe mu gihe amakipe yari ari mu myiteguro ya nyuma y’irushanwa rikomeye ku rwego rw’Isi.

Perezida wa National Paralympic Committee of Rwanda, Bizimana Dominique, yemeje aya makuru, ariko agaragaza ko ubwegure bw’umutoza butazahungabanya gahunda zari zashyizweho. Yavuze ko akazi gakomeza gukorwa n’abatoza bungirije, ashimangira ko ikipe y’igihugu idashobora guhagarara kubera umuntu umwe.

Ibi bibaye mu gihe u Rwanda rurimo gutoranya abakinnyi bazahagararira igihugu mu Gikombe cy’Isi giteganyijwe kubera i Hangzhou mu China, kizaba kuva tariki ya 10 kugeza ku ya 17 Nyakanga 2026.

U Rwanda ruzitabira iri rushanwa rufite icyizere, cyane cyane nyuma y’uko Ikipe y’Abagore yegukanye igikombe cya Afurika cyabereye i Nairobi mu 2025, mu gihe abagabo bo begukanye umwanya wa kabiri muri iryo rushanwa.

Mosaad Elaiuty yari aherutse kongera amasezerano y’imyaka ibiri mu 2025, ndetse akaba yari agarutse gutoza u Rwanda ku nshuro ya gatatu, nyuma y’igihe yarutoje hagati ya 2019 na 2022 ndetse no mu 2023.

Kugeza ubu, mu rwego mpuzamahanga rwa Sitting Volleyball, Ikipe y’Igihugu y’Abagore y’u Rwanda iri ku mwanya wa mbere muri Afurika, ikaba iya munani ku Isi, mu gihe abagabo bari ku mwanya wa kabiri muri Afurika inyuma ya Misiri, bakaza ku mwanya wa 16 ku rwego rw’Isi. Ibi bigaragaza ko n’ubwo habaye impinduka ku batoza, u Rwanda rugifite amahirwe yo kwitwara neza muri iri rushanwa ritegerejwe.

Inkuru zerekeye