Umunsi.com
APR FC yatsinze AS Muhanga, ikomeza kwegera Al Hilal SC
Siporo

APR FC yatsinze AS Muhanga, ikomeza kwegera Al Hilal SC

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 63 min gusoma
APR FC yatsinze AS Muhanga, ikomeza kwegera Al Hilal SC

APR FC yatsinze AS Muhanga igitego 1-0 mu mukino w’Umunsi wa 26 wa Shampiyona y’u Rwanda wabereye kuri Kigali Pelé Stadium ku Cyumweru tariki ya 5 Mata 2026.

APR FC yatsinze AS Muhanga igitego 1-0 mu mukino w’Umunsi wa 26 wa Shampiyona y’u Rwanda wabereye kuri Kigali Pelé Stadium ku Cyumweru tariki ya 5 Mata 2026.

Umukino watangiye amakipe yombi akina yihuta ashaka igitego hakiri kare, ariko uburyo bufatika bwo gutsinda bukomeza kubura. Nyuma y’iminota 15, umuvuduko waragabanutse, umukino ujya gukinirwa cyane hagati mu kibuga.

Igitego rukumbi cyabonetse ku munota wa 23, gitsinzwe na Hakim Kiwanuka ku mupira yari ahawe na Daouda Yussif, awushyira neza mu izamu.

Nyuma yo gutsindwa, AS Muhanga yagerageje gusatira ishaka igitego cyo kwishyura, ariko amahirwe yabonaga ntiyabyajwe umusaruro. Igice cya mbere cyarangiye APR FC iyoboye n’igitego 1-0.

Mu gice cya kabiri, APR FC yakomeje gusatira ishaka igitego cya kabiri, ariko abakinnyi bayo b’imbere bakomeza kubura amahirwe. Ku munota wa 64, AS Muhanga yasigaye ari abakinnyi 10 nyuma y’uko Twizeyimana Martin Fabrice ahawe ikarita ya kabiri y’umuhondo, ihita imuvamo umutuku.

Nubwo yari yongereye imbaraga, APR FC ntiyabonye igitego cya kabiri, umukino urangira ari 1-0.

Iyi ntsinzi itumye APR FC iguma ku mwanya wa kabiri n’amanota 52, irushwa amanota abiri na Al Hilal SC iyoboye shampiyona. Ku rundi ruhande, AS Muhanga yakomeje kuguma ku mwanya wa nyuma n’amanota 21.

Mu wundi mukino wabaye, Gorilla FC yatsinze Musanze FC ibitego 2-1.


Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Perezida Kagame yaburiye abantu bagicuruza ibyuma avuga ko bitazihanganirwa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yaburiye abantu bagicuruza ibyuma avuga ko bitazihanganirwa

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko Leta y’u Rwanda itazongera kurebera abenga cyangwa bakwirakwiza inzoga zitujuje ubuziranenge, zirimo izwi nka “ibyuma”, kuko zikomeje guteza urupfu n’ibibazo by’ubuzima ku Banyarwanda.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 10 yashize
Umuhanzi Nyarwanda Element na Ne-Yo bakoranye indirimbo
INKURU NYAMUKURU

Umuhanzi Nyarwanda Element na Ne-Yo bakoranye indirimbo

Element umaze igihe atari mu Rwanda ari mu myiteguro yo gushyira hanze album ye ya mbere, yamaze gukorana indirimbo n’umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya R&B wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ne-Yo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 15 yashize
‎Perezida wa Uganda yifatanyije n'umukobwa we wagizwe Bishop amusabira umugisha n'imbaraga
Iyobokamana

‎Perezida wa Uganda yifatanyije n'umukobwa we wagizwe Bishop amusabira umugisha n'imbaraga

‎Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni yifatanyije n'umukobwa we Patience Rwabwogo wagizwe Bishop mu itorero yari amazemo imyaka igera kuri 20.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 18 yashize
‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa
Imyidagaduro

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa

‎Umuhanzi Tom Close yateguje umuzingo (Album) yise 'Sunshine' irimo indirimbo zitandukanye zahotse ndetse n'indirimbo zitari zasohoka yaherukaga guteguza.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League
Imikino

Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League

Rayon Sports Women FC yatangiye nabi irushanwa rya CAF Women's Champions League CECAFA QUALFIERS nyuma yo kunganya na Mafunzo Women FC yo muri Zanzibar

ADAM Yannickiminsi 2 yashize
Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza
Imyidagaduro

Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza

‎Chui [Rayvanny ] umuhanzi w’Umunyatanzaniya yatunguranye asohora indirimbo nshya yise “Rwanda”, agarukamo ubwiza bw’Abanyarwandakazi ndetse anavuga amazina y’abakobwa n’abagore bazwi mu Rwanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize