APR FC yatsinze AS Muhanga, ikomeza kwegera Al Hilal SC
Siporo

APR FC yatsinze AS Muhanga, ikomeza kwegera Al Hilal SC

APR FC yatsinze AS Muhanga igitego 1-0 mu mukino w’Umunsi wa 26 wa Shampiyona y’u Rwanda wabereye kuri Kigali Pelé Stadium ku Cyumweru tariki ya 5 Mata 2026.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 60 byayeho3 min gusoma
APR FC yatsinze AS Muhanga, ikomeza kwegera Al Hilal SC

APR FC yatsinze AS Muhanga igitego 1-0 mu mukino w’Umunsi wa 26 wa Shampiyona y’u Rwanda wabereye kuri Kigali Pelé Stadium ku Cyumweru tariki ya 5 Mata 2026.

Umukino watangiye amakipe yombi akina yihuta ashaka igitego hakiri kare, ariko uburyo bufatika bwo gutsinda bukomeza kubura. Nyuma y’iminota 15, umuvuduko waragabanutse, umukino ujya gukinirwa cyane hagati mu kibuga.

Igitego rukumbi cyabonetse ku munota wa 23, gitsinzwe na Hakim Kiwanuka ku mupira yari ahawe na Daouda Yussif, awushyira neza mu izamu.

Nyuma yo gutsindwa, AS Muhanga yagerageje gusatira ishaka igitego cyo kwishyura, ariko amahirwe yabonaga ntiyabyajwe umusaruro. Igice cya mbere cyarangiye APR FC iyoboye n’igitego 1-0.

Mu gice cya kabiri, APR FC yakomeje gusatira ishaka igitego cya kabiri, ariko abakinnyi bayo b’imbere bakomeza kubura amahirwe. Ku munota wa 64, AS Muhanga yasigaye ari abakinnyi 10 nyuma y’uko Twizeyimana Martin Fabrice ahawe ikarita ya kabiri y’umuhondo, ihita imuvamo umutuku.

Nubwo yari yongereye imbaraga, APR FC ntiyabonye igitego cya kabiri, umukino urangira ari 1-0.

Iyi ntsinzi itumye APR FC iguma ku mwanya wa kabiri n’amanota 52, irushwa amanota abiri na Al Hilal SC iyoboye shampiyona. Ku rundi ruhande, AS Muhanga yakomeje kuguma ku mwanya wa nyuma n’amanota 21.

Mu wundi mukino wabaye, Gorilla FC yatsinze Musanze FC ibitego 2-1.


Inkuru zerekeye