
Nyuma y'iminsi mike umushabitsi ku mbuga nkoranyambaga Zari Hassan atandukanye na Chakib Cham Lutaaya umaze kumenyekana mu mukino w'iteramakofe muri Uganda, batangaje ko bongeye gusubirana.
Isubirana ryabo , ryatangiye kuvugwa ubwo Zari Hassan yajyaga gushyigikira Chakib mu mukino w'iteramakofe yari afite mu bihe bitambutse ariko ntibyavugwagaho rumwe kuko mu mashusho yashyizwe hanze Zari atarimo agaragara neza.
Ubwo batangazaga gusubirana , bateye urwenya baseka uburyo bashyize hanze amakuru yo gutandukana kwabo ndetse rubanda bakabyizera Shakib yitsa kuri Zari Hassan byasaba n'aho yishimiye ko batandukanye.
Chakib Cham Lutaaya yabajije Zari Hassan ati:"Byari byakugendekeye gute ? Wari wataye ubwenge ? Ahari hari ibyari biri kugusunika ngo ugire icyo uvuga , kandi iyo utagira Imana byari burangire ugiye".
Shakib Cham uvuga ko yari yatengushywe cyane n'amakuru yo gutandukana kwabo, yashimangiye ko yagumye mu mutuzo muri icyo gihe kuko ngo yaje kumenya ko nta kintu kibi yari yarakoreye Zari.
Ati:"Urashaka kubaka kandi wavugiye ku karubanda ko uyu ari wo mubano wa nyuma ugiyemo. Imana yumvise amasengesho yawe.
Rero ntaho ugiye kujya".
Shakib Cham Lutaaya yahaye gasopo abantu bahise bihutira kwishimira itandukana ryabo barimo uwamenyekanye nka Sharon Mutesi muri Uganda, wahise ashimira Zari Hassan kuba ahisemo gusenya.
Ati:"Nabonye abantu nka Ssenga Acid, bagushimira kubwo kunsiga.
Kandi uriya mugore ni umusazi. Yishwe n'agahinda kandi iteka ararengera".
Zari Hassan beruriye abakunzi babo ko urukundo rwabo rutazapfa gusenyuka.


