
Umuraperi
w’ikirangirire Drake yongeye gukora amateka akomeye mu muzika nyuma yo gusohora
album ye nshya ICEMAN, yamufashije kwandika amateka mashya kuri
Billboard no kurenga bamwe mu bahanzi b’ibihangange barimo Michael Jackson.
Ni
icyumweru cyabaye amateka kuri Drake, kuko album ye ICEMAN yahise ifata
umwanya wa mbere kuri Billboard 200, inamuhesha kuba umuhanzi w’umugabo ukora
wenyine ufite indirimbo nyinshi zigeze ku mwanya wa mbere kuri Billboard Hot
100.
Ibi
byabaye nyuma y’uko indirimbo ye “Janice STFU” ifashe umwanya wa mbere kuri uru
rutonde, bituma Drake ageza umubare
w’indirimbo 14 ze zabaye iza mbere, arenga Michael Jackson wari umaze imyaka
myinshi kuri iyo ntebe.
Mu buryo
bwo kwizihiza ayo mateka, Drake yashyize amashusho kuri Instagram Story ye
agaragaza uburyo yari mu byishimo bikomeye, akikijwe n’imitako y’ubururu
n’ifeza byari bifite insanganyamatsiko ya ICEMAN.
Muri ayo
mashusho kandi hagaragayemo poster nini iri mu nzu ye i Toronto, yanditseho
ibikorwa byose byamugejeje ku mwanya wa mbere mu rugendo rwe rwa muzika.
Drake
yanditse amagambo akomeye agaragaza icyizere afitiye urugendo rwe agira ati: “Amateka
yacitse yitiriwe izina ryanjye.”
Album ICEMAN
yabaye album ya 15 ya Drake igeze ku mwanya wa mbere kuri Billboard 200, ibintu
byatumye arenga Jay-Z mu mubare wa album za mbere ku baraperi.
Uyu
muraperi ntiyagarukiye aho gusa, kuko ku wa 15 Gicurasi yasohoye album eshatu
icyarimwe zirimo ICEMAN, HABIBTI na MAID OF HONOUR, zose
zihita zifata imyanya itatu ya mbere kuri Billboard 200.
Ni ubwa
mbere mu mateka umuhanzi umwe afashe imyanya itatu ya mbere icyarimwe kuri uru
rutonde rukomeye rwa muzika muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Imibare
yatangajwe na Luminate igaragaza ko ICEMAN yagurishijweho units zirenga
463,000 mu cyumweru cya mbere gusa, mu gihe HABIBTI na MAID OF HONOUR
zo zagurishijweho 114,000 na 110,000.
Drake
kandi yongeye gukora andi mateka kuri Billboard Hot 100 aho afite indirimbo 42
ziri kuri uru rutonde mu cyumweru kimwe, ibintu byatumye arenga Morgan Wallen
wari ufite ako gahigo.
Muri izo
ndirimbo, icyenda ziri mu icumi za mbere, ibintu bikomeje kwerekana uburyo
Drake akomeje kuganza uruganda rwa muzika ku rwego mpuzamahanga.
Uyu
muraperi kandi yabaye umuhanzi wa mbere ugejeje indirimbo zirenga 400 kuri
Billboard Hot 100 mu mateka ya muzika, ibintu byatumye abakunzi be bavuga ko
ari umwe mu bahanzi bakomeye isi yagize mu bihe bya none.
Nubwo
Drake yakoze aya mateka yose, itsinda rya The Beatles ni ryo rigifite rekord
y’indirimbo nyinshi zabaye iza mbere kuri Billboard Hot 100, kuko rifite
indirimbo 20 zafashe uwo mwanya.





