Umunsi.com
Rubavu: Barembejwe n’ibisambo bi biba intsinga z’amashanyarazi
Ubuzima

Rubavu: Barembejwe n’ibisambo bi biba intsinga z’amashanyarazi

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 65 min gusoma
Rubavu: Barembejwe n’ibisambo bi biba intsinga z’amashanyarazi

Abaturage bo mu Mudugudu wa Rusamaza, Akagari ka Muhira Umurenge wa Rugerero, baratabaza Leta basa ko bafashwa guhashya ibisambo bihora bibiba intsinga z’amashanyarazi bavuga ko ubu basigaye bahora mu kizima kubera icyo kibazo. Abo baturage bagaragaza bakoze iyo bwabaga ngo birindire umutekano ariko bikaba byaranze.


Bavuga ko kandi barambiwe ubwo bujura bityo ko hakenewe izindi ngamba zizatuma bicika burundu na bo bakongera kubona umuriro mu buryo buhoraho na cyane ko n’amafaranga bagura izindi amaze kubashiraho.


Umwe muri abo baturage batuye muri uwo Mudugudu yagize ati:”Buri gihe hano batwiba intsinga z’amashanyarazi kandi bimaze nk’imyaka 3. Kugeza ubu muri uyu mwaka bamaze kutwiba intsinga dufatiyeho turi ingo 8 inshuro zigera kuri 5. Baraza bagakata uruhande rumwe n’urundi bakarijyana niba babanza gukupa umuriro niba babigenza gute byaratuyobeye”.


Yakomeje agira ati:”Iteka iyo baritwaye, dutanga amakuru kwa mu Mudugudu , tukamusaba gutanga raporo ku nzego zibishinzwe akatubwira ko yabikoze, tugategereza ko baduha izindi ntsinga ntibikorwe, hashira igihe turi mukizima tukongera tugateranya amafaranga gutyo gutyo, amafaranga amaze kudushiraho kuko nibwo buzima tubaye”.


Undi muturage yabwiye Imvaho Nshya ko icyo babona cyaba igisubizo ari uko bakongererwa irondo ry’umwuga rifite imbaraga.


Yagize ati:”Turasaba ko baduha irondo rikomeye kuko, iryo dufite turaryishyura ariko bikanaba iby’ubusa bakatwiba rihari. Intsinga zacu hano baziba buri gihe tukagura izindi, amafaranga amaze kudushiraho kandi ntitunacane”.


Bavuga ko iyo batibwe intsinga ibisambo bicukura inzu z’abaturage bakibwa n’ibirimo za Televiziyo kandi ngo bakaba babivuga iyo bakoze Inteko z’abaturage bikagera ku buyobozi.


Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero UWAJENEZA Jeannette, yabwiye Imvaho Nshya ko ikibazo cy’ibisambo byiba insinga z’amashanyarazi bakizi kandi ko bafashe ingamba zo kubihashya zirimo no kongera irondo ry’umwuga ndetse no gukorana n’abaturage mu gutanga amakuru y’abo bakeka, agaragaza ko biri gutanga umusaruro.


Yagize ati:”Muri kariya Kagari (Ka Muhira), twari tumaze igihe tuhafite ikibazo cy’ibisambo ariko ubu twashyizeho ingamba zirimo kongera irondo ry’umwuga ndetse tugakorana n’abaturage mu gutanga amakuru kandi biri gutanga umusaruro kuko hari abari gufatwa”.


Yakomeje avuga ko uretse no kubiba intsinga z’amashanyarazi nk’ubuyobozi banamenye ko abo baturage bibwa ‘Televiziyo’ zabo, bityo akabasezeranya ko birimo gushakirwa igisubizo kandi ko bafatanyije ibyo bisambo bizacika.


Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro ,yabwiye Imvaho Nshya ko abakora ubujura muri Muhira kimwe n’ahandi bahagurukiwe kandi ko batazigera bihanganirwa.


Yagize ati:”Abakora ubujura bose barihanangirizwa ko Polisi  yahagurikiye abakora ubujura buciye icyuho, abatobora amazu bakiba ibikoresho byo munzu birimo za Televiziyo, tubabwira ko nta mwanya bafite mu Ntara y'Iburengerazuba ndetse no mu Gihugu muri rusange kuko ubujura bwangiza ibikorwa remezo, budindiza iterambere cyane cyane ubujura bw'insinga zamashanyarazi”.


Yasabye abaturage gukomeza gukorana n’inzego z’umutekano batangira amakuru ku gihe.


Ati:”Abaturage turabakangurira gukomeza gutanga amakuru  kubo bakeka bashobora kuba bahungabanya umutekano n'ituze ryarubanda kandi bakihutira kumenyesha Polisi ibegere kugira ngo habeho gutabararira ku gihe”.


Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ingingo ya 182 ivuga ko Umuntu wese usenya cyangwa wonona ku bw’inabi, ku buryo ubwo ari bwo bwose, inyubako yose cyangwa igice kimwe cyayo, inzu, iteme, urugomero, uruhombo rw’amazi n’inzira yarwo, inzira ya gari ya moshi cyangwa ibikoresho ibyo ari byo byose by’itumanaho cyangwa by’ingufu z’amashanyarazi, amariba cyangwa izindi nyubako zose bitari ibye, aba akoze icyaha.


Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu (3) ariko kitarenze imyaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya Miliyoni 3 ariko atarenze Miliyoni 5, ariko ishobora no kugera ku myaka 20 y’igifungo bitewe n’ingaruka byagize.

 

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

“Gushyingiranwa ni Contract mbi ibaho mu buzima” ! 50 Cent agaruka ku gushaka no gutandukana kw’abashakanye bisiga impaka zidashira
Imyidagaduro

“Gushyingiranwa ni Contract mbi ibaho mu buzima” ! 50 Cent agaruka ku gushaka no gutandukana kw’abashakanye bisiga impaka zidashira

Umuhanzi mu njyana ya Hip Hop muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika , 50 Cent, yatangaje byinshi ku gushyingiranwa , gutandukana no gutangira bundi bushya mu gihe ababanaga batandukanye.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 5 yashize
APR BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona 2026
Imikino

APR BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona 2026

APR BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona nyuma yo Gutsinda Patriots BBC imikino ine kubusa (4-0). Bikaba bibaye inshuro ya kabiri yegukana igikombe yikurikiranya kuko numwaka ushyize niyo yari3yagitwaye.

ADAM Yannickamasaha 6 yashize
Perezida Kagame yaburiye abantu bagicuruza ibyuma avuga ko bitazihanganirwa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yaburiye abantu bagicuruza ibyuma avuga ko bitazihanganirwa

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko Leta y’u Rwanda itazongera kurebera abenga cyangwa bakwirakwiza inzoga zitujuje ubuziranenge, zirimo izwi nka “ibyuma”, kuko zikomeje guteza urupfu n’ibibazo by’ubuzima ku Banyarwanda.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 19 yashize
Umuhanzi Nyarwanda Element na Ne-Yo bakoranye indirimbo
INKURU NYAMUKURU

Umuhanzi Nyarwanda Element na Ne-Yo bakoranye indirimbo

Element umaze igihe atari mu Rwanda ari mu myiteguro yo gushyira hanze album ye ya mbere, yamaze gukorana indirimbo n’umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya R&B wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ne-Yo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 23 yashize
‎Perezida wa Uganda yifatanyije n'umukobwa we wagizwe Bishop amusabira umugisha n'imbaraga
Iyobokamana

‎Perezida wa Uganda yifatanyije n'umukobwa we wagizwe Bishop amusabira umugisha n'imbaraga

‎Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni yifatanyije n'umukobwa we Patience Rwabwogo wagizwe Bishop mu itorero yari amazemo imyaka igera kuri 20.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa
Imyidagaduro

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa

‎Umuhanzi Tom Close yateguje umuzingo (Album) yise 'Sunshine' irimo indirimbo zitandukanye zahotse ndetse n'indirimbo zitari zasohoka yaherukaga guteguza.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize