Rubavu: Barembejwe n’ibisambo bi biba intsinga z’amashanyarazi
Ubuzima

Rubavu: Barembejwe n’ibisambo bi biba intsinga z’amashanyarazi

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 60 byayeho5 min gusoma
Rubavu: Barembejwe n’ibisambo bi biba intsinga z’amashanyarazi

Abaturage bo mu Mudugudu wa Rusamaza, Akagari ka Muhira Umurenge wa Rugerero, baratabaza Leta basa ko bafashwa guhashya ibisambo bihora bibiba intsinga z’amashanyarazi bavuga ko ubu basigaye bahora mu kizima kubera icyo kibazo. Abo baturage bagaragaza bakoze iyo bwabaga ngo birindire umutekano ariko bikaba byaranze.


Bavuga ko kandi barambiwe ubwo bujura bityo ko hakenewe izindi ngamba zizatuma bicika burundu na bo bakongera kubona umuriro mu buryo buhoraho na cyane ko n’amafaranga bagura izindi amaze kubashiraho.


Umwe muri abo baturage batuye muri uwo Mudugudu yagize ati:”Buri gihe hano batwiba intsinga z’amashanyarazi kandi bimaze nk’imyaka 3. Kugeza ubu muri uyu mwaka bamaze kutwiba intsinga dufatiyeho turi ingo 8 inshuro zigera kuri 5. Baraza bagakata uruhande rumwe n’urundi bakarijyana niba babanza gukupa umuriro niba babigenza gute byaratuyobeye”.


Yakomeje agira ati:”Iteka iyo baritwaye, dutanga amakuru kwa mu Mudugudu , tukamusaba gutanga raporo ku nzego zibishinzwe akatubwira ko yabikoze, tugategereza ko baduha izindi ntsinga ntibikorwe, hashira igihe turi mukizima tukongera tugateranya amafaranga gutyo gutyo, amafaranga amaze kudushiraho kuko nibwo buzima tubaye”.


Undi muturage yabwiye Imvaho Nshya ko icyo babona cyaba igisubizo ari uko bakongererwa irondo ry’umwuga rifite imbaraga.


Yagize ati:”Turasaba ko baduha irondo rikomeye kuko, iryo dufite turaryishyura ariko bikanaba iby’ubusa bakatwiba rihari. Intsinga zacu hano baziba buri gihe tukagura izindi, amafaranga amaze kudushiraho kandi ntitunacane”.


Bavuga ko iyo batibwe intsinga ibisambo bicukura inzu z’abaturage bakibwa n’ibirimo za Televiziyo kandi ngo bakaba babivuga iyo bakoze Inteko z’abaturage bikagera ku buyobozi.


Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero UWAJENEZA Jeannette, yabwiye Imvaho Nshya ko ikibazo cy’ibisambo byiba insinga z’amashanyarazi bakizi kandi ko bafashe ingamba zo kubihashya zirimo no kongera irondo ry’umwuga ndetse no gukorana n’abaturage mu gutanga amakuru y’abo bakeka, agaragaza ko biri gutanga umusaruro.


Yagize ati:”Muri kariya Kagari (Ka Muhira), twari tumaze igihe tuhafite ikibazo cy’ibisambo ariko ubu twashyizeho ingamba zirimo kongera irondo ry’umwuga ndetse tugakorana n’abaturage mu gutanga amakuru kandi biri gutanga umusaruro kuko hari abari gufatwa”.


Yakomeje avuga ko uretse no kubiba intsinga z’amashanyarazi nk’ubuyobozi banamenye ko abo baturage bibwa ‘Televiziyo’ zabo, bityo akabasezeranya ko birimo gushakirwa igisubizo kandi ko bafatanyije ibyo bisambo bizacika.


Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro ,yabwiye Imvaho Nshya ko abakora ubujura muri Muhira kimwe n’ahandi bahagurukiwe kandi ko batazigera bihanganirwa.


Yagize ati:”Abakora ubujura bose barihanangirizwa ko Polisi  yahagurikiye abakora ubujura buciye icyuho, abatobora amazu bakiba ibikoresho byo munzu birimo za Televiziyo, tubabwira ko nta mwanya bafite mu Ntara y'Iburengerazuba ndetse no mu Gihugu muri rusange kuko ubujura bwangiza ibikorwa remezo, budindiza iterambere cyane cyane ubujura bw'insinga zamashanyarazi”.


Yasabye abaturage gukomeza gukorana n’inzego z’umutekano batangira amakuru ku gihe.


Ati:”Abaturage turabakangurira gukomeza gutanga amakuru  kubo bakeka bashobora kuba bahungabanya umutekano n'ituze ryarubanda kandi bakihutira kumenyesha Polisi ibegere kugira ngo habeho gutabararira ku gihe”.


Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ingingo ya 182 ivuga ko Umuntu wese usenya cyangwa wonona ku bw’inabi, ku buryo ubwo ari bwo bwose, inyubako yose cyangwa igice kimwe cyayo, inzu, iteme, urugomero, uruhombo rw’amazi n’inzira yarwo, inzira ya gari ya moshi cyangwa ibikoresho ibyo ari byo byose by’itumanaho cyangwa by’ingufu z’amashanyarazi, amariba cyangwa izindi nyubako zose bitari ibye, aba akoze icyaha.


Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu (3) ariko kitarenze imyaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya Miliyoni 3 ariko atarenze Miliyoni 5, ariko ishobora no kugera ku myaka 20 y’igifungo bitewe n’ingaruka byagize.

 

Inkuru zerekeye