Abaturage bo mu Mudugudu wa Rusamaza, Akagari ka
Muhira Umurenge wa Rugerero, baratabaza Leta basa ko bafashwa guhashya ibisambo
bihora bibiba intsinga z’amashanyarazi bavuga ko ubu basigaye bahora mu kizima
kubera icyo kibazo. Abo baturage bagaragaza bakoze iyo bwabaga ngo birindire
umutekano ariko bikaba byaranze.
Bavuga ko kandi barambiwe ubwo bujura bityo ko
hakenewe izindi ngamba zizatuma bicika burundu na bo bakongera kubona umuriro
mu buryo buhoraho na cyane ko n’amafaranga bagura izindi amaze kubashiraho.
Umwe muri abo baturage batuye muri uwo Mudugudu yagize
ati:”Buri gihe hano batwiba intsinga z’amashanyarazi kandi bimaze nk’imyaka 3.
Kugeza ubu muri uyu mwaka bamaze kutwiba intsinga dufatiyeho turi ingo 8
inshuro zigera kuri 5. Baraza bagakata uruhande rumwe n’urundi bakarijyana niba
babanza gukupa umuriro niba babigenza gute byaratuyobeye”.
Yakomeje agira ati:”Iteka iyo baritwaye, dutanga
amakuru kwa mu Mudugudu , tukamusaba gutanga raporo ku nzego zibishinzwe
akatubwira ko yabikoze, tugategereza ko baduha izindi ntsinga ntibikorwe,
hashira igihe turi mukizima tukongera tugateranya amafaranga gutyo gutyo,
amafaranga amaze kudushiraho kuko nibwo buzima tubaye”.
Undi muturage yabwiye Imvaho Nshya ko icyo babona
cyaba igisubizo ari uko bakongererwa irondo ry’umwuga rifite imbaraga.
Yagize ati:”Turasaba ko baduha irondo rikomeye kuko,
iryo dufite turaryishyura ariko bikanaba iby’ubusa bakatwiba rihari. Intsinga
zacu hano baziba buri gihe tukagura izindi, amafaranga amaze kudushiraho kandi
ntitunacane”.
Bavuga ko iyo batibwe intsinga ibisambo bicukura inzu
z’abaturage bakibwa n’ibirimo za Televiziyo kandi ngo bakaba babivuga iyo
bakoze Inteko z’abaturage bikagera ku buyobozi.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero
UWAJENEZA Jeannette, yabwiye Imvaho Nshya ko ikibazo cy’ibisambo byiba insinga
z’amashanyarazi bakizi kandi ko bafashe ingamba zo kubihashya zirimo no kongera
irondo ry’umwuga ndetse no gukorana n’abaturage mu gutanga amakuru y’abo
bakeka, agaragaza ko biri gutanga umusaruro.
Yagize ati:”Muri kariya Kagari (Ka Muhira), twari
tumaze igihe tuhafite ikibazo cy’ibisambo ariko ubu twashyizeho ingamba zirimo
kongera irondo ry’umwuga ndetse tugakorana n’abaturage mu gutanga amakuru kandi
biri gutanga umusaruro kuko hari abari gufatwa”.
Yakomeje avuga ko uretse no kubiba intsinga
z’amashanyarazi nk’ubuyobozi banamenye ko abo baturage bibwa ‘Televiziyo’ zabo,
bityo akabasezeranya ko birimo gushakirwa igisubizo kandi ko bafatanyije ibyo
bisambo bizacika.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP
Sylvestre Twajamahoro ,yabwiye Imvaho Nshya ko abakora ubujura muri Muhira
kimwe n’ahandi bahagurukiwe kandi ko batazigera bihanganirwa.
Yagize ati:”Abakora ubujura bose barihanangirizwa ko
Polisi yahagurikiye abakora ubujura
buciye icyuho, abatobora amazu bakiba ibikoresho byo munzu birimo za
Televiziyo, tubabwira ko nta mwanya bafite mu Ntara y'Iburengerazuba ndetse no
mu Gihugu muri rusange kuko ubujura bwangiza ibikorwa remezo, budindiza
iterambere cyane cyane ubujura bw'insinga zamashanyarazi”.
Yasabye abaturage gukomeza gukorana n’inzego
z’umutekano batangira amakuru ku gihe.
Ati:”Abaturage turabakangurira gukomeza gutanga
amakuru kubo bakeka bashobora kuba
bahungabanya umutekano n'ituze ryarubanda kandi bakihutira kumenyesha Polisi
ibegere kugira ngo habeho gutabararira ku gihe”.
Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya
ibyaha n’ibihano muri rusange ingingo ya 182 ivuga ko Umuntu wese usenya
cyangwa wonona ku bw’inabi, ku buryo ubwo ari bwo bwose, inyubako yose cyangwa
igice kimwe cyayo, inzu, iteme, urugomero, uruhombo rw’amazi n’inzira yarwo,
inzira ya gari ya moshi cyangwa ibikoresho ibyo ari byo byose by’itumanaho
cyangwa by’ingufu z’amashanyarazi, amariba cyangwa izindi nyubako zose bitari
ibye, aba akoze icyaha.
Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari
munsi y’imyaka itatu (3) ariko kitarenze imyaka itanu (5) n’ihazabu
y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya Miliyoni 3 ariko atarenze Miliyoni 5,
ariko ishobora no kugera ku myaka 20 y’igifungo bitewe n’ingaruka byagize.

