Kugira ibikomere
n’ihungabana wakuye ahantu hatanduakanye wabaye cyangwa wakoze birasanzwe
ndetse benshi bagorwa no kurikira. Ibyo bibaviramo kwangirika k’ubuzima bwabo ,
ibirimo iterambere bikababa kure , bakabaho ubuzima bwo kwiheba ari nay o mpamvu
twateguye iyi nkuru yo gufasha abameze gutyo mu rwego rwo kubafasha.
Kugira
ibikomere bishobora guturuka ku buzima umuntu abayemo uwo mwanya cyangwa yabayemo
ahashize. Kugira ihungabana ry’umwanya muto rimwe na rimwe bishobora guturuka
ku mpanuka yabaye haba mu magambo cyangwa isanzwe yatewe n’ikinyabiziga ariko
nanone bigaterwa n’uburyo afashwe cyangwa yitaweho.
Hari ubwo
kandi umuntu aba mu bantu bamutesha umutwe, bakamuhoza ku nkeke, akabura
amahoro bikamuviramo kumva ko yanzwe bityo agahora adatuje muri we. Ibi kandi
bishobora no guturuka kuri abo bantu bashobora guhohotera undi, we , areba
cyangwa yumva, bikamuhungabanya mu buryo bugaragara akabaho muri ubwo buzima bubi
atishyizemo.
Hari ubundi
buryo umuntu ashobora kugiramo ihungabana cyangwa ibikomere abikuye ku wo
bakundana cyangwa bakundanye wamurutishije abandi, wa mwanze, wa mutaye wenyine,
wa mukubise , wa mutoteje cyangwa wamubwiraga amagambo amuziza uko ateye. Ibyo
bikomere bimara igihe kandi rimwe na rimwe ntabwo bikunda gukira atabahwe hafi
n’undi uramukunda.
NI IKI
KIZAKWEREKA KO UWO MUNTU ARWAYE IYO NDWARA CYANGWA ABANA N’IHUNGABANA CYANGWA
IBIKOMERE ?
Uburyo bwo
kumenya ko uwo muntu afite ihungabana bugaragarira mu buryo bubiri : Hari ukuba
afite ibikomere cyangwa se intekerezo ze zarangiritse mu buryo bukomeye.
1.Kuba
mu mutwe harangiritse , intekerezo ze zitari hamwe: Ibi byekerekanwa n’uburyo
umuntu witondaga yahindutse, ubuzima bwe bukaba bubi cyane, bukamusharirira ,
akabihirwa no mu buryo yitwara bikagaragara ko yahindutse. Iyo myitwarire , izerekana
ko arwaye ihungabana cyangwa se afite ibikomere yatewe n’abamukikije.
Bene uyu
uzumva avuga ko atazongera gukora iki n’iki , nko gukunda, kwiyegereza abantu, Kwizera
abantu cyangwa se kuba hafi yabo kubera ko yerekana ko yahuye n’ibibazo
bikomeye yatewe nabo.
2.Mu
buryo bugaragara kandi uwo muntu ashobora kugaragaza ko afite ihungabana
cyangwa ibikomere :
Uyu muntu ashobora kuba afite ikibazo cy’indwara y’umutima utera vuba, kuribwa
umubiri wose cyangwa zimwe mu ngingo z’umubiri we no mu mitsi. Uwo muntu akunda
guhorana umunaniro wa hato na hato,kutaryama neza yisanzuye, kubura ubushake
bwo kurya (Lose of Apetite), kurota nabi burijoro, no kumva iteka yanzwe na we
akajya yiheza.
UKO
WAHANGANA N’IRYO HUNGABANA CYANGWA IBIKOMERE WATEWE:
Mu gihe
wumva ko ufite ibikomere cyangwa ihungabana nyuma yo kunzura ibyo twagarutseho
muri iyi nkuru ushobora gutangira urugendo rwo kwishakamo umuti;
1.Tangira
kugendagenda: Kora
imyitozo ngororamubiri ihoraho wumve ko ufite icyo kibazo kandi ko ushakako kigenda
burundu. Iyo umuntu arwaye iyo ndwara umubiri we uzirikirwa hamwe, nubasha
kubirwanya ukabona uri kubishobora uzaba uri mu nzira nziza yo gukira. Gukora
imyitozo ngororamubiri, bifasha ubwonko bwawe n’umubiri kwihuza n’amaraso agatangira
gutembera neza mu mubiri wawe.
2.Ishyire
imbere : Muri
byose, yishyira imbere ubuzima bwawe na we ubwawe. Fata igihe kinini wimenye
wiyiteho umenye ko uri uw’agaciro kurenza abandi bose. Gira kwihangana hanyuma
wihe umwanya wose mu gihe uwukeneye hanyuma abanda ushaka kuvugana nabo ubahe
umwanya bigendanye n’ingengabihe yawe.
3.Itandukanye
n’ahahise hawe by’umwihariko ahakubabaza: Niba ufite amateka cyangwa ibintu waciyemo bikubabaza
, itandukanye na byo wibuke ko wamaze gukora ukaba undi muntu, wibukeko ibyatambutse
byakubereye isomo aho kubiha umwanya ubifate nk’ishuri ribi wise kandi udashaka
gusubiramo. Ntabwo wayobora ahahise ariko wahaha umurongo ugendanye n’aho
wifuza kugera mu buzima bw’ahazaza.
4.Shaka
ibindi bintu ukora:
Birumvikana ko ufite byinshi muri wowe ariko shaka ibindi bintu ukora ubihe
umwanya. Bishobora kuba ‘Hobby’ cyangwa ibindi bintu uba wumva wakora mu gihe
utuje bikakongerera umutima mwiza. Bigenze gutyo.Ibi bizatuma wiyitaho kandi
ukiha umurongo nyawe.
5.Shaka
umujyanama: Mu
gihe ubona byanze kugenda, ahari ukeneye ugufasha kuba wowe no gukomeza
kwikunda ugahagarika gukomeza guha umwanya ibyo byiyumviro bibi. Uwo muntu
mubwire neza amabanga yawe yose atuma umera gutyo na we bizamufasha kugufasha
gukira.
Nta gihe
kinini iyo ndwara imara ahubwo biterwa n’uburyo wiyitayeho.
Inkuru yanditswe na Kwizera Jean de Dieu, yifashishije inkuru yakozwe na Altius Group.


