Ubushakashatsi: Uko wakira ibikomere n’ihungabana wateye n’ubuzima bubi wabayemo
Ubuzima

Ubushakashatsi: Uko wakira ibikomere n’ihungabana wateye n’ubuzima bubi wabayemo

Kugira ibikomere n’ihungabana wakuye ahantu hatanduakanye wabaye cyangwa wakoze birasanzwe ndetse benshi bagorwa no kurikira. Ibyo bibaviramo kwangirika k’ubuzima bwabo , ibirimo iterambere bikababa kure , bakabaho ubuzima bwo kwiheba ari nay o mpamvu twateguye iyi nkuru yo gufasha abameze gutyo mu rwego rwo kubafasha.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 80 byayeho8 min gusoma
Ubushakashatsi: Uko wakira ibikomere n’ihungabana wateye n’ubuzima bubi wabayemo

Kugira ibikomere n’ihungabana wakuye ahantu hatanduakanye wabaye cyangwa wakoze birasanzwe ndetse benshi bagorwa no kurikira. Ibyo bibaviramo kwangirika k’ubuzima bwabo , ibirimo iterambere bikababa kure , bakabaho ubuzima bwo kwiheba ari nay o mpamvu twateguye iyi nkuru yo gufasha abameze gutyo mu rwego rwo kubafasha.

Kugira ibikomere bishobora guturuka ku buzima umuntu abayemo uwo mwanya cyangwa yabayemo ahashize. Kugira ihungabana ry’umwanya muto rimwe na rimwe bishobora guturuka ku mpanuka yabaye haba mu magambo cyangwa isanzwe yatewe n’ikinyabiziga ariko nanone bigaterwa n’uburyo afashwe cyangwa yitaweho.

Hari ubwo kandi umuntu aba mu bantu bamutesha umutwe, bakamuhoza ku nkeke, akabura amahoro bikamuviramo kumva ko yanzwe bityo agahora adatuje muri we. Ibi kandi bishobora no guturuka kuri abo bantu bashobora guhohotera undi, we , areba cyangwa yumva, bikamuhungabanya mu buryo bugaragara akabaho muri ubwo buzima bubi atishyizemo.

Hari ubundi buryo umuntu ashobora kugiramo ihungabana cyangwa ibikomere abikuye ku wo bakundana cyangwa bakundanye wamurutishije abandi, wa mwanze, wa mutaye wenyine, wa mukubise , wa mutoteje cyangwa wamubwiraga amagambo amuziza uko ateye. Ibyo bikomere bimara igihe kandi rimwe na rimwe ntabwo bikunda gukira atabahwe hafi n’undi uramukunda.

NI IKI KIZAKWEREKA KO UWO MUNTU ARWAYE IYO NDWARA CYANGWA ABANA N’IHUNGABANA CYANGWA IBIKOMERE ?

Uburyo bwo kumenya ko uwo muntu afite ihungabana bugaragarira mu buryo bubiri : Hari ukuba afite ibikomere cyangwa se intekerezo ze zarangiritse mu buryo bukomeye.

1.Kuba mu mutwe harangiritse , intekerezo ze zitari hamwe: Ibi byekerekanwa n’uburyo umuntu witondaga yahindutse, ubuzima bwe bukaba bubi cyane, bukamusharirira , akabihirwa no mu buryo yitwara bikagaragara ko yahindutse. Iyo myitwarire , izerekana ko arwaye ihungabana cyangwa se afite ibikomere yatewe n’abamukikije.

Bene uyu uzumva avuga ko atazongera gukora iki n’iki , nko gukunda, kwiyegereza abantu, Kwizera abantu cyangwa se kuba hafi yabo kubera ko yerekana ko yahuye n’ibibazo bikomeye yatewe nabo.

2.Mu buryo bugaragara kandi uwo muntu ashobora kugaragaza ko afite ihungabana cyangwa ibikomere : Uyu muntu ashobora kuba afite ikibazo cy’indwara y’umutima utera vuba, kuribwa umubiri wose cyangwa zimwe mu ngingo z’umubiri we no mu mitsi. Uwo muntu akunda guhorana umunaniro wa hato na hato,kutaryama neza yisanzuye, kubura ubushake bwo kurya (Lose of Apetite), kurota nabi burijoro, no kumva iteka yanzwe na we akajya yiheza.

UKO WAHANGANA N’IRYO HUNGABANA CYANGWA IBIKOMERE WATEWE:

Mu gihe wumva ko ufite ibikomere cyangwa ihungabana nyuma yo kunzura ibyo twagarutseho muri iyi nkuru ushobora gutangira urugendo rwo kwishakamo umuti;

1.Tangira kugendagenda: Kora imyitozo ngororamubiri ihoraho wumve ko ufite icyo kibazo kandi ko ushakako kigenda burundu. Iyo umuntu arwaye iyo ndwara umubiri we uzirikirwa hamwe, nubasha kubirwanya ukabona uri kubishobora uzaba uri mu nzira nziza yo gukira. Gukora imyitozo ngororamubiri, bifasha ubwonko bwawe n’umubiri kwihuza n’amaraso agatangira gutembera neza mu mubiri wawe.

2.Ishyire imbere : Muri byose, yishyira imbere ubuzima bwawe na we ubwawe. Fata igihe kinini wimenye wiyiteho umenye ko uri uw’agaciro kurenza abandi bose. Gira kwihangana hanyuma wihe umwanya wose mu gihe uwukeneye hanyuma abanda ushaka kuvugana nabo ubahe umwanya bigendanye n’ingengabihe yawe.

3.Itandukanye n’ahahise hawe by’umwihariko ahakubabaza: Niba ufite amateka cyangwa ibintu waciyemo bikubabaza , itandukanye na byo wibuke ko wamaze gukora ukaba undi muntu, wibukeko ibyatambutse byakubereye isomo aho kubiha umwanya ubifate nk’ishuri ribi wise kandi udashaka gusubiramo. Ntabwo wayobora ahahise ariko wahaha umurongo ugendanye n’aho wifuza kugera mu buzima bw’ahazaza.

4.Shaka ibindi bintu ukora: Birumvikana ko ufite byinshi muri wowe ariko shaka ibindi bintu ukora ubihe umwanya. Bishobora kuba ‘Hobby’ cyangwa ibindi bintu uba wumva wakora mu gihe utuje bikakongerera umutima mwiza. Bigenze gutyo.Ibi bizatuma wiyitaho kandi ukiha umurongo nyawe.

5.Shaka umujyanama: Mu gihe ubona byanze kugenda, ahari ukeneye ugufasha kuba wowe no gukomeza kwikunda ugahagarika gukomeza guha umwanya ibyo byiyumviro bibi. Uwo muntu mubwire neza amabanga yawe yose atuma umera gutyo na we bizamufasha kugufasha gukira.

Nta gihe kinini iyo ndwara imara ahubwo biterwa n’uburyo wiyitayeho.

Inkuru yanditswe na Kwizera Jean de Dieu, yifashishije inkuru yakozwe na Altius Group.

emotional-trauma-strategies-to-help-you-heal.webp

Inkuru zerekeye