
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Turkey yatangaje ko Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, amaze igihe ashinjwa ibikorwa byagereranywa n’ibya Adolf Hitler wateguye Jenoside yakorewe Abayahudi.
Ibi byatangajwe ku wa 11 Mata 2026 mu nyandiko yashyizwe hanze n’iyi minisiteri, igaragaza kunenga bikomeye ubuyobozi bwa Israel.
Iyo nyandiko ivuga ko impapuro zo guta muri yombi Netanyahu zamaze gutangwa n’Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha, imushinja ibyaha by’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu. Ikomeza ivuga ko ibikorwa bya Israel biri gufatwa nka Jenoside.
Yagize iti “Netanyahu akunze kugereranywa na Hitler wo muri iki gihe kubera ibyaha akekwaho. Ku butegetsi bwe, Israel iri kuburanishwa ku birego bya Jenoside.”
Turikiya kandi yashinje Netanyahu gushaka kudobya ibiganiro by’amahoro kugira ngo akomeze umugambi wo kwagura ubutegetsi bwe mu karere, inavuga ko ashobora kuzabiryozwa haba imbere mu gihugu cye cyangwa mu nkiko mpuzamahanga.
Iyi nyandiko yanagarutse ku kuba Perezida wa Turkey, Recep Tayyip Erdoğan, yaribasiwe n’abayobozi ba Israel bamushinja ibyaha, Turikiya ivuga ko ari ukugoreka ukuri ku byo yavuze ku ntambara yo muri Gaza.
Ku rundi ruhande, Netanyahu na we yagaragaje ko azakomeza guhangana n’ibyo yise ubutegetsi bw’iterabwoba bwa Iran n’imitwe iyishyigikiye, anashinja Erdoğan gushyigikira iyo mitwe no kutita ku mutekano w’abaturage be.
Aya magambo ashimangirwa na Israel Katz, na we washinje Erdoğan ibyaha birimo gufata nabi aba-Kurds, mu gihe Israel yo ivuga ko ibikorwa byayo ari ukwivuna umwanzi mu ntambara ihanganyemo na Hamas.
Amakimbirane hagati ya Turikiya na Israel si mashya, ariko aherutse gukaza umurego ashingiye cyane ku ntambara ya Gaza. Perezida Erdoğan yakunze kunenga ibikorwa bya Israel, ndetse mu 2025 Turikiya yanatangaje impapuro zo guta muri yombi Netanyahu ku byaha bya Jenoside.
Kugeza ubu, umubano wa dipolomasi hagati ya Turikiya na Israel warahagaze, ibintu byerekana ubukana bw’aya makimbirane akomeje gufata indi ntera.





