
Mu minsi ishize, DJ Sonia yabaye umwe mu bantu bavuzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga nyuma y'uko hakwirakwijwe amajwi n'amakuru avuga ko yasambaniye mu bwiherero bw'akabari yari ari kuvangiramo imiziki mu Karere ka Kicukiro.
Aya makuru yakwirakwijwe cyane, bamwe bayizera nta kimenyetso gifatika gitanzwe, abandi bayafata nk'ibihuha byagamije kumwangiriza izina.
Mu majwi yasakaye, havugwaga ko DJ Sonia yaba yaragiranye ibihe byihariye n'umwe mu bagabo bavuga ko ari umukire, ndetse ko hari umukozi ushinzwe umutekano wari warahawe amabwiriza yo kurinda ubwiherero bw'abakobwa mu gihe aba bombi bari baburimo.
Byanavuzwe ko icyo gikorwa cyamaze iminota irenga 40, ndetse ko nta wundi mukobwa wemerewe gukoresha ubwo bwiherero muri icyo gihe.
DJ Sonia yahakanye yivuye inyuma ayo makuru, avuga ko ari ibinyoma byambaye ubusa bigamije kumuharabika no kumutesha agaciro mu maso y'abamukurikira ndetse n'abakoresha ibikorwa bye.
"Kumparabika ntibyabahagije, none murashaka no kungirira nabi"
Nyuma y'uko ayo makuru amaze gukwirakwira, DJ Sonia yashyize hanze ubutumwa bwafashwe nk'ubugaragaza uburemere bw'ibyo ari kunyuramo.
Yanasangije abamukurikira amajwi y'umuntu wamuburiraga ko hari abantu bafite umugambi wo kumugirira nabi. Mu butumwa bwe kuri Instagram, yagaragaje agahinda n'umujinya aterwa n'ibyo avuga ko amaze imyaka ahura na byo.
Yagize ati: "Yoo! Mbese ibintu bigeze kuri uru rwego koko? Biratangaje! Kumparabika ntibyabahagije, none murashaka no kungirira nabi? Mwamaze igihe kinini munsebya no kwangiza izina ryanjye, nkabirebera nkicecekera kuko numvaga bidakwiye kuntesha umwanya. Ariko ibyo murimo gukora ubu, ntabwo nzabirebera. Birahagije rwose!"
Aya magambo yerekana ko atafata ibi nk'ibihuha bisanzwe byo ku mbuga nkoranyambaga, ahubwo abifata nk'ibimushyira mu kaga ndetse bishobora kugira ingaruka ku buzima bwe bwite n'akazi akora.
Avuga ko amaze imyaka ine atanga ibirego muri RIB
Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, DJ Sonia yatangaje ko ikibazo cyo gusebwa no guharabikwa atari icy'ubu. Avuga ko kimaze imyaka ine, kandi ko muri icyo gihe yakomeje kwitabaza inzego z'ubutabera.
Yasobanuye ko kuva mu 2023 kugeza uyu mwaka wa 2026 yatanze ibirego bitandukanye muri RIB, ariko kugeza ubu ngo nta gisubizo afata nk'igihagije yigeze abona.
Yagize ati: "Ibintu byose bagiye bamvugaho narabitangaga muri RIB. Nabonye ko bimaze gukomera, ni bwo natangiye no kubivuga ku mugaragaro kugira ngo abantu bamenye ibyo ndi kunyuramo."
Akomeza avuga ko bamwe mu bantu bakekwaho kumusebya yabashyikirije RIB, ariko akavuga ko kugeza ubu atarabona ko bakurikiranwa nk'uko abyifuza.
Ati: "Hari abo najyanye muri RIB, ariko sinigeze mbona bakurikiranwa. Ubu ndasaba ko ibyo birego byakurikiranwa kuko ibintu bimaze gufata indi ntera, kugeza aho banshyiraho n'ibikangisho."
DJ Sonia avuga ko abantu bakekwaho kugira uruhare muri ibyo bikorwa barenga batanu.
Yagize ati: "Kuva muri 2023, 2024, 2025, na 2026, ntabwo abantu bari babizi ariko narabikoraga nagiye muri RIB, natanze ibirego bigera kuri bitatu, niyo mpamvu aha ngaha mvuze ngo ndambiwe gukomeza kubikora mu bwiru, niyo mpamvu mvuze ngo reka nze mbishyire ahagaragara mubibone mwumve ko hari ikintu nakoraga, n'ubwo nta kintu cyavuyemo. Ariko abantu ni benshi, ni abantu barenga batanu (5)."
Izina ryubatse mu mwuga rituma aba mu majwi
DJ Sonia ni umwe mu bakobwa bake bageze ku rwego rwo kwigaragaza mu mwuga wo kuvanga imiziki mu Rwanda, umwuga wari usanzwe ugaragaramo abagabo benshi.
Mu rugendo rwe, yagiye yigarurira abakunzi b'umuziki binyuze mu bitaramo bitandukanye no kwerekana ubuhanga mu kuvanga imiziki. Kuba ari umuntu uzwi cyane bituma amakuru amuvugwaho akwirakwira byihuse, yaba ari ukuri cyangwa ibihuha.
Gusebya no guhoza umuntu ku nkeke ku mbuga nkoranyambaga ni icyaha.
Ikibazo DJ Sonia agarukaho si icyihariye kuri we gusa. Mu myaka yashize, ibikorwa byo guharabika abantu, gukwirakwiza ibihuha no kubashyira ku nkeke hakoreshejwe imbuga nkoranyambaga byakomeje kwiyongera.
Amategeko y'u Rwanda abihana. Itegeko nº 60/2018 ryo gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga riteganya ibihano ku muntu uhoza undi ku nkeke cyangwa akamukurikirana akoresheje ikoranabuhanga (Cyber-stalking).
Iyo icyo cyaha gihamye, uwagikoze ashobora guhanishwa igifungo kiri hagati y'amezi atandatu n'imyaka ibiri, ndetse agacibwa n'ihazabu iri hagati ya miliyoni imwe na miliyoni ebyiri z'amafaranga y'u Rwanda.
Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) na rwo rwagiye rugaragaza ko gukoresha imbuga nkoranyambaga mu gusebya abandi cyangwa gukwirakwiza amakuru atizewe hagamijwe gushaka ababakurikira (followers) cyangwa ubwamamare (views), bishobora kugira ingaruka zikomeye ku buzima bw'ababikorerwa kandi bigahanwa n'amategeko.
Ku ruhande rwa DJ Sonia, avuga ko icyo yifuza muri iki gihe atari ugusubiza abamuvuga, ahubwo ari uko inzego zibishinzwe zikurikirana abo ashinja kugira uruhare mu bikorwa byo kumuharabika, kugira ngo haboneke ubutabera no gukumira ko ibisa n'ibi bikomeza kuba ku bandi.




