Ikipe ya Rayon Sports yakiriye Dande Junior
Ubuzima

Ikipe ya Rayon Sports yakiriye Dande Junior

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 150 byayeho3 min gusoma
Ikipe ya Rayon Sports yakiriye Dande Junior

Ikipe ya Rayon Sports FC yakiriye umunyezamu w’Umunya-Cameroun, Dande Junior, iheruka gusinyisha.

Uyu mukinnyi yageze ku Kibuga Mpuzamahanga cya Kigali giherereye i Kanombe mu mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu.

Dande Junior w’imyaka 28 yakiniraga Canon Sportif de Yaoundé, gusa mbere yaho yanyuze mu yandi makipe arimo AS Vita Club yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Murera yamwakiriye nyuma y’uko itandukanye na Kwizera Olivier wayifashije mu mwaka ushize w’imikino.

Dande Junior asanze abandi banyezamu babiri bafite amasezerano muri Rayon Sports ari bo Umunya-Mali Drissa Kouyaté ndetse n’Umunyarwanda Mugisha Yves.

Mu bakinnyi b’abanyamahanga Rayon Sports imaze gusinyisha harimo Boris Gbenou (Centrafrique), Charles Tchaplaou (Tchad), Abbel Matumona (Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo), Antonio Atisso Kodjo (Togo), Issa Djiguiba (Mali), Ibrahim Djingarey (Niger), Muderi Akbar (u Burundi) na Herman Junior Kameni (Cameroun).

Mu bakinnyi b’Abanyarwanda bashya harimo Ndayishimiye Didier, Nshuti Didier, Muhoza Daniel, Ndikumana Fabio, Nizeyimana Mubaraka, Nisingizwe Christian, Hakizimana Zuberi na Iradukunda Elia Tatou.

Rayon Sports iri kwitegura Rayon Day izaba ku wa Gatandatu, aho izakina umukino wa gicuti na Gor Mahia.



Inkuru zerekeye