
Jude Bellingham wagaragaye mu mashusho ashaka gushyamirana na Lionel Messi ariko undi akamwihorera, mu mukino wa ½ wahuje Ubwongereza na Argentine, yatangaje ko nta kintu kibi bavuganye.
Rutahizamu Jude Bellingham yagaragaje amarangamutima menshi ku mukino ikipe y'Igihugu y'Ubwongereza yatsinzwemo na Argentine 2-1, agaragara avugana na Messi mu buryo butashimwe na benshi.
Jude w'imyaka 23 y'amavuko akaba asanzwe akinira ikipe ya Real Madrid yo muri Espanye kuri we ngo ntakwicuza na guto afite kuko ngo ibyo yaganiriye na Messi nta kibi cyari kirimo ndetse ngo bari mu irushanwa bose bashaka gutsinda.
Bellingham kandi yemera ko n'ubwo umutoza yasimbuje nabi , ikipe muri rusange yaryohewe n'irushanwa ry'igikombe cy'Isi kandi ko amashusho ye na Messi yabaye kimomo na yo agaragaza uburyo yishimiye gukinana icyubahiro.
Ati:"Ntekereza ko ikintu cyari kindimo kinkoresha cyane ni ukwiyumva. Nari ntewe ishema no guhagararira Igihugu cyange , ntewe ishema no kuba naratanze bike mu bishimishije. Yego , ndabizi ko nzagaruka , kandi tuzagatuka dutange byose , twisubize ikuzo mu rugo ku bwacu".
Yakomeje agira ati:"Njye na Lionel Messi twaganiraga ubugoryi. Nta kibazo cyarimo. Nzi neza ko buri wese azakomeza gukora ibye kandi abyagure. Gusa ntabyari birenze nukuri".
"Ntekereza ko bwari ubucucu kare , yambwiye ngo 'None n'aho ibyo wowe unkoreye ? Ndamusubiza ati'wowe uri umuhanga bihagije wo kubyisubiza kandi urimo kumva ibyo ndimo kuvuga".
Jude Bellingham yishimira ko yakinanye na Lionel Messi muri iyi mikino y'igikombe cy'Isi cya 2026. Ati:"Byari ishema gukina na we. Ntabwo kwari uguhangana na we kandi nari ku ruhande rwatsinzwe bimwe bibabaza gusa byari iby'agaciro gukina n'umukinnyi mwiza kurenza abandi"
Jude Bellingham na Harry Kane bamaze gutsinda ibitego 6 ndetse kuva mu 1986 kuri Diego Maradona Jude niwe watsinze ibitego mu mikino yo gukuranwamo. Jude yashimiye abakinnyi bagenzi be avuga ko bakoze ibihagije.



