
Évariste Ndayishimiye, akaba ari na we uyoboye African Union, yasabye ko Inama y’Umutekano ya United Nations isubirwamo kugira ngo Afurika ihabwe ubuserukizi buhoraho kandi bujyanye n’umubare w’abaturage ifite.
Yabigarutseho mu ijambo yatanze kuri uyu wa Mbere mu kwizihiza Africa Day. Perezida Ndayishimiye yavuze ko Afurika idasaba impuhwe cyangwa gufashwa gusa, ahubwo isaba ubutabera n’umwanya ukwiye mu nzego mpuzamahanga zifata ibyemezo bikomeye ku Isi.
Mu ijambo yavuze mu Gifaransa, yagize ati: “Afrika ntisaba gufashwa, ahubwo isaba gufatwa kimwe, ubutungane n’ikibanza kiyibereye mu nzego zifata ingingo kw’isi yose.”
Si ubwa mbere abayobozi bo muri Afurika basabye ko umugabane wabo uhabwa umwanya uhoraho muri Inama y’Umutekano ya ONU, kuko kugeza ubu ibihugu bihoraho muri iyo nama ari United States, France, United Kingdom, Russia na China gusa.
Perezida Ndayishimiye yavuze kandi ko ahangayikishijwe n’intambara, iterabwoba, ivangura n’amakuba akomeje kwibasira abaturage b’Afurika mu bice bitandukanye by’umugabane. Yagarutse ku kibazo cy’impunzi n’abana babura uburyo bwo kwiga kubera intambara n’umutekano muke.
Yanahamagariye ibihugu bya Afurika gukomeza gufatanya mu guhangana n’iterabwoba n’ibibazo by’umutekano bikomeje kugariza umugabane.



