
U Rwanda n’ikipe ya Aston Villa iheruka kwitwara neza muri Shampiyona y’u Bwongereza ikanatwara Igikombe cya Europa, byasinye amasezerano y’imikoranire mu kwamamaza Visit Rwanda, afite agaciro k’agera kuri miliyoni 20 z’ama-Pound, arenga miliyari 39.5 Frw ku mwaka.
Amakipe ya Aston Villa azajya yambara ikirango cya Visit Rwanda imbere mu gatuza.
Iyi kipe yavuze ko aya ari amwe mu masezerano akomeye yabashije kugirana n’umuterankunga, akaba ashobora kugera kuri miliyoni 20 z’ama-Pound buri mwaka.
Ku rubuga rw’ikipe ya Aston Villa, yatangaje ko yishimiye kwakira Visit Rwanda nk’umufatanyabikorwa mukuru w’iyi kipe, umufatanyabikorwa wemewe mu bukerarugendo, ndetse n’umufatanyabikorwa wemerewe kugurisha ikawa.
Iyi kipe yavuze ko ikirango cya Visit Rwanda kizagaragara imbere mu gatuza ku myambaro y’amakipe yose y’abagabo, ay’abagore ndetse n’ay’amashuri yigisha umupira y’iyi kipe, hamwe n’ahandi h’ingenzi hakorerwa ibikorwa byayo.
Yagaragaje ko aya masezerano ari mu y’ingenzi mu mateka y’iyi kipe y’umupira w’amaguru.
U Rwanda, nk’ahantu hakomeye mu bukerarugendo no mu gukurura ishoramari, ubucuruzi, kwakira ibirori bikomeye na siporo, ruzafatanya na Aston Villa mu bikorwa bitandukanye byibanda ku mupira w’amaguru, ubutoza ndetse n’ibikorwa by’ubugiraneza, hagamijwe kuzamura ubunyamwuga.
Francesco Calvo, Perezida ushinzwe ibikorwa by’ubucuruzi muri Aston Villa, yagize ati: “Ubu ni ubufatanye bushimishije cyane kuri Aston Villa Football Club, kandi ni ikimenyetso cy’uko iyi kipe ikomeje kwaguka no gukura ku isoko mpuzamahanga.”
Kugeza ubu, Visit Rwanda isanzwe ikorana n’amakipe akomeye i Burayi arimo Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa na Atlético Madrid yo muri Espagne, aho ayo makipe yambara ikirango cya Visit Rwanda ku kaboko.
Aya masezerano yatangiriye ku ikipe ya Arsenal, aho byavugwaga ko u Rwanda rwayihaga miliyoni 10 z’ama-Pound buri mwaka. Nyuma impande zombi zayahagaritse ku bwumvikane.
U Rwanda kandi rwigeze kugirana amasezerano nk’aya na Bayern Munich yo mu Budage.
Janet Karemera, Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Convention Bureau (RCB), yagize ati: “Ubu bufatanye ni ikimenyetso gikomeye cy’icyifuzo cy’u Rwanda cyo gukurura abantu ku isi binyuze muri imwe mu mbuga zikomeye ku isi, no gushyira igihugu cyacu mu mwanya w’ahantu ho gusura, gushora imari no gukorera ubucuruzi.”
Bamwe babona ko u Rwanda ruri mu bikorwa byo kwamamaza igihugu hagamijwe gukurura ba mukerarugendo n’abashoramari, mu gihe abandi bavuga ko ayo mafaranga yagakoreshejwe mu gufasha abaturage bakennye kuzamura imibereho yabo.



