Umunsi.com
Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rutazigera rukuraho ingamba z'ubwirinzi
Inkuru y'umunsi

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rutazigera rukuraho ingamba z'ubwirinzi

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 33 min gusoma
Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rutazigera rukuraho ingamba z'ubwirinzi
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko u Rwanda rutazigera rukuraho ingamba z’ubwirinzi rwashyizeho, mu gihe amahanga akomeje kugaragaza intege nke ku bibazo by’umutekano muke muri Democratic Republic of the Congo. Mu kiganiro yagiranye na Jeune Afrique, Kagame yavuze ko bidashoboka gukuraho izo ngamba mu gihe Félix Tshisekedi akomeje gukora ibikorwa bishobora guhungabanya umutekano w’Akarere. Yashimangiye ko izo ngamba zashyizweho mu rwego rwo kurinda umutekano w’u Rwanda no gukumira ibyago bishobora kurugiraho ingaruka, cyane cyane bituruka ku mutwe wa FDLR ukomeje gufatwa nk’icyibazo gikomeye cy’umutekano. Perezida Kagame yavuze ko ikibazo atari umubare w’abarwanyi ba FDLR, ahubwo ari ingengabitekerezo yabo n’ubufasha bakekwaho guhabwa na Leta ya RDC. Yagaragaje ko amahanga akwiye gufasha Félix Tshisekedi gushyira mu bikorwa ibyo yemeye mu masezerano, aho gukomeza gusaba u Rwanda gukuraho ingamba zarwo z’ubwirinzi. Kagame yanenze ko nubwo RDC ikunze kuvuga ko irwanya FDLR, ibikorwa bifatika ku kibuga bitagaragara, akavuga ko igikenewe ari ibikorwa aho kuba amagambo gusa. Yongeyeho ko u Rwanda rutazemera gushyira ubuzima bw’abaturage barwo mu kaga, rwirengagiza ikibazo cya FDLR, asaba amahanga gufata ingamba zifatika zigamije gukemura burundu ikibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC.

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa
Imyidagaduro

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa

‎Umuhanzi Tom Close yateguje umuzingo (Album) yise 'Sunshine' irimo indirimbo zitandukanye zahotse ndetse n'indirimbo zitari zasohoka yaherukaga guteguza.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League
Imikino

Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League

Rayon Sports Women FC yatangiye nabi irushanwa rya CAF Women's Champions League CECAFA QUALFIERS nyuma yo kunganya na Mafunzo Women FC yo muri Zanzibar

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza
Imyidagaduro

Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza

‎Chui [Rayvanny ] umuhanzi w’Umunyatanzaniya yatunguranye asohora indirimbo nshya yise “Rwanda”, agarukamo ubwiza bw’Abanyarwandakazi ndetse anavuga amazina y’abakobwa n’abagore bazwi mu Rwanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo
Izindi nkuru

‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo

‎N'ubwo bitemewe mu muco Nyarwanda kwambara impenure, ntibikuyeho ko benshi mu bagore n'abakobwa basomye , bakagira imyimvire yabo, bazambara (Mini) kandi bakumva ko baberewe ari na yo mpamvu muri iyi nkuru twateguye, utwambaro twambarwa n'abo bibwira ko bafite amaguru meza bakaberwa kurushaho abikwije.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Umutwe wa AFC/M23 washyize hanze amabwiriza mashya ku bwo kwirinda icyorezo cya Ebola cyugarije DR – Congo
Hanze

Umutwe wa AFC/M23 washyize hanze amabwiriza mashya ku bwo kwirinda icyorezo cya Ebola cyugarije DR – Congo

Umutwe wa AFC/M23 uyobora ibice binini muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyizeho ingamba nshya zigamije kurinda icyorezo cya Ebola cyugarije icyo Gihugu.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize
Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO
Imikino

Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO

Umukunzi wa Lamine Yamal Ines Garcia yagaragaje urwo akunda uwo musore usanzwe ikinira ikipe ya Fc Barcelona na Espanye. Ubutumwa uyu mwari yashyize hanze bwakangaranyije imbuga nkoranyambaga bupfukirana abashakaga kubatanya.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize