Umunsi.com
Perezida Kagame yifurije abagore umunsi mwiza wabahariwe, ashimangira uruhare rwabo mu iterambere ry’u Rwanda
Inkuru y'umunsi

Perezida Kagame yifurije abagore umunsi mwiza wabahariwe, ashimangira uruhare rwabo mu iterambere ry’u Rwanda

KWIZERA Jean de Dieu2026 Werurwe 93 min gusoma
Perezida Kagame yifurije abagore umunsi mwiza wabahariwe, ashimangira uruhare rwabo mu iterambere ry’u Rwanda

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yifurije abagore umunsi mwiza wabahariwe, agaragaza ko ari umwanya wo kuzirikana no kwizihiza uruhare rukomeye bagira mu mpinduka n’iterambere ry’u Rwanda. Ubu butumwa yabunyujije ku mbuga nkoranyambaga kuri iki Cyumweru, aho yashimye uruhare abagore bakomeje kugira mu kubaka igihugu no guteza imbere imibereho y’abaturage. Mu butumwa bwe yagize ati: “Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore mwiza!

Uyu munsi na buri munsi, twizihiza uruhare rw’ibanze abagore bakomeje kugira mu mpinduka mu Rwanda. ” Perezida Kagame yavuze ko ubushobozi abagore bafite bwo kwihangana, ubuhanga n’ubuyobozi bukomeje kugaragaza ko igihugu gishobora gutera imbere neza iyo uburinganire n’ubwuzuzanye byubahirijwe mu nzego zose z’imibereho y’igihugu. Yagize ati: “Ubushobozi bwanyu bwo kwihangana, ubuhanga n’ubuyobozi bikomeje kwemeza ukuri ko igihugu gishobora gutera imbere by’ukuri gusa iyo uburinganire n’ubwuzuzanye byubahirijwe mu nzego zose.

” Kuri iki Cyumweru ni bwo hizihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore, umunsi ugamije kuzirikana uruhare rw’abagore mu iterambere ry’ibihugu no gukomeza guharanira uburinganire n’uburenganzira bwabo. Uyu munsi washyizweho n’Umuryango w’Abibumbye mu 1972, hagamijwe kugaragaza ibyagezweho mu guteza imbere uburinganire hagati y’abagabo n’abagore, guteza imbere uburenganzira bw’umugore no kumwongerera ubushobozi. Ku Isi hose, abagore n’abakobwa bagira uruhare rukomeye mu kubaka ubukungu, umuco, politiki n’iterambere muri rusange.

Ku rwego rw’Isi, Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore wizihijwe ku nshuro ya 54, mu gihe mu Rwanda wizihijwe ku nshuro ya 51.

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa
Imyidagaduro

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa

‎Umuhanzi Tom Close yateguje umuzingo (Album) yise 'Sunshine' irimo indirimbo zitandukanye zahotse ndetse n'indirimbo zitari zasohoka yaherukaga guteguza.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League
Imikino

Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League

Rayon Sports Women FC yatangiye nabi irushanwa rya CAF Women's Champions League CECAFA QUALFIERS nyuma yo kunganya na Mafunzo Women FC yo muri Zanzibar

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza
Imyidagaduro

Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza

‎Chui [Rayvanny ] umuhanzi w’Umunyatanzaniya yatunguranye asohora indirimbo nshya yise “Rwanda”, agarukamo ubwiza bw’Abanyarwandakazi ndetse anavuga amazina y’abakobwa n’abagore bazwi mu Rwanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo
Izindi nkuru

‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo

‎N'ubwo bitemewe mu muco Nyarwanda kwambara impenure, ntibikuyeho ko benshi mu bagore n'abakobwa basomye , bakagira imyimvire yabo, bazambara (Mini) kandi bakumva ko baberewe ari na yo mpamvu muri iyi nkuru twateguye, utwambaro twambarwa n'abo bibwira ko bafite amaguru meza bakaberwa kurushaho abikwije.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Umutwe wa AFC/M23 washyize hanze amabwiriza mashya ku bwo kwirinda icyorezo cya Ebola cyugarije DR – Congo
Hanze

Umutwe wa AFC/M23 washyize hanze amabwiriza mashya ku bwo kwirinda icyorezo cya Ebola cyugarije DR – Congo

Umutwe wa AFC/M23 uyobora ibice binini muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyizeho ingamba nshya zigamije kurinda icyorezo cya Ebola cyugarije icyo Gihugu.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize
Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO
Imikino

Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO

Umukunzi wa Lamine Yamal Ines Garcia yagaragaje urwo akunda uwo musore usanzwe ikinira ikipe ya Fc Barcelona na Espanye. Ubutumwa uyu mwari yashyize hanze bwakangaranyije imbuga nkoranyambaga bupfukirana abashakaga kubatanya.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize