Umunsi.com
Ubutumwa H.E Paul Perezida Kagame yageneye Abayisilamu ku munsi wa Eid al-Fitr
Inkuru y'umunsi

Ubutumwa H.E Paul Perezida Kagame yageneye Abayisilamu ku munsi wa Eid al-Fitr

KWIZERA Jean de Dieu2026 Werurwe 213 min gusoma
Ubutumwa H.E Paul Perezida Kagame yageneye Abayisilamu ku munsi wa Eid al-Fitr
Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yifurije Abayisilamu bo mu Rwanda no hirya no hino ku Isi umunsi mwiza wa Eid al-Fitr, abasaba gukomeza kwimakaza ubumwe, kugira neza no kubungabunga ubumuntu busangiwe. Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Gatanu, Perezida Kagame yavuze ko uyu munsi w’ibyishimo ukwiye kuzana amahoro, icyizere n’imigisha myinshi mu miryango no mu bihugu. Yagize ati: “Uyu munsi w’ibyishimo uzane amahoro, icyizere n’imigisha myinshi muri buri rugo, muri buri gihugu n’Akarere. Unatwibutse akamaro ko kugira umutima wo gutanga, ubumwe n’ubumuntu dusangiye.” Ku wa 20 Werurwe 2026, Abayisilamu bo mu Rwanda kimwe n’abo ku Isi yose basoje igisibo gitagatifu cya Ramadan, cyamaze iminsi 29 biyiriza ubusa, basenga kandi bakora ibikorwa by’urukundo n’ubufasha. Isengesho rikuru ku rwego rw’Igihugu ryabereye kuri Kigali Pele Stadium, aho ryitabiriwe n’imbaga y’Abayisilamu benshi. Mufti w’u Rwanda, Sheikh Sindayigaya Mussa, yibukije Abayisilamu ko gusoza Ramadhan bidakwiye gusobanura guhagarika ibikorwa byiza, ahubwo ko bakwiye gukomeza gukora ibyiza no kubishyiramo imbaraga kurushaho. Yagize ati: gusoza Ramadhan ni intangiriro yo gukomeza ibikorwa byiza aho kubihagarika, ashimangira ko umuntu w’umunyabwenge akura amasomo muri uku kwezi agakomereza ku byiza yakoze. Ku ruhande rw’Rwanda Muslim Community, hatangajwe ko muri uku kwezi kwa Ramadhan hakusanyijwe amafaranga arenga miliyoni 38 Frw, yakoreshejwe mu gufasha Abayisilamu batishoboye kubona ibyo kurya ku munsi wa Eid al-Fitr. Uyu munsi wa Eid al-Fitr ukomeza kuba umwanya w’ibyishimo, gusangira n’abandi no gukomeza ibikorwa by’urukundo, bikomeza kubaka umuryango utekanye kandi uhuje.

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa
Imyidagaduro

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa

‎Umuhanzi Tom Close yateguje umuzingo (Album) yise 'Sunshine' irimo indirimbo zitandukanye zahotse ndetse n'indirimbo zitari zasohoka yaherukaga guteguza.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League
Imikino

Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League

Rayon Sports Women FC yatangiye nabi irushanwa rya CAF Women's Champions League CECAFA QUALFIERS nyuma yo kunganya na Mafunzo Women FC yo muri Zanzibar

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza
Imyidagaduro

Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza

‎Chui [Rayvanny ] umuhanzi w’Umunyatanzaniya yatunguranye asohora indirimbo nshya yise “Rwanda”, agarukamo ubwiza bw’Abanyarwandakazi ndetse anavuga amazina y’abakobwa n’abagore bazwi mu Rwanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo
Izindi nkuru

‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo

‎N'ubwo bitemewe mu muco Nyarwanda kwambara impenure, ntibikuyeho ko benshi mu bagore n'abakobwa basomye , bakagira imyimvire yabo, bazambara (Mini) kandi bakumva ko baberewe ari na yo mpamvu muri iyi nkuru twateguye, utwambaro twambarwa n'abo bibwira ko bafite amaguru meza bakaberwa kurushaho abikwije.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Umutwe wa AFC/M23 washyize hanze amabwiriza mashya ku bwo kwirinda icyorezo cya Ebola cyugarije DR – Congo
Hanze

Umutwe wa AFC/M23 washyize hanze amabwiriza mashya ku bwo kwirinda icyorezo cya Ebola cyugarije DR – Congo

Umutwe wa AFC/M23 uyobora ibice binini muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyizeho ingamba nshya zigamije kurinda icyorezo cya Ebola cyugarije icyo Gihugu.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize
Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO
Imikino

Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO

Umukunzi wa Lamine Yamal Ines Garcia yagaragaje urwo akunda uwo musore usanzwe ikinira ikipe ya Fc Barcelona na Espanye. Ubutumwa uyu mwari yashyize hanze bwakangaranyije imbuga nkoranyambaga bupfukirana abashakaga kubatanya.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize