Ububabare bw’urukundo bwamubereye umunezero udashira ! Inkuru ya Cia umukobwa washavujwe  - IGICE CYA MBERE
Inkuru y'umunsi

Ububabare bw’urukundo bwamubereye umunezero udashira ! Inkuru ya Cia umukobwa washavujwe - IGICE CYA MBERE

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 90 byayeho4 min gusoma
Ububabare bw’urukundo bwamubereye umunezero udashira ! Inkuru ya Cia umukobwa washavujwe  - IGICE CYA MBERE

Ubusanzwe urukundo ni imwe mu nzira ibonerwamo umunezerno ibyishimo , kubaho mu mahoro no kwirinda umuhangayiko. N’ubwo ari uko bimeze, kuri Cia byari bitandukanye kuko rwamubereye i kuzimu ariko nyuma akaza kuhikura , akaba umugabo wo guhamya ukuri.

Cia yari umukobwa mwiza, w’uburanga budasanzwe mu gace k’iwabo. Cia yakundaga cyane ubuzima yari abayemo buciriritse kuko ntiyishyiraga hejuru cyangwa ngo yirate nk’uko byari bimeze kuri bamwe mu bakobwa bari mu kigero cye mu gace k’iwabo kuko barangwaga no kwishyira hejuru, kwibonekeza ndetse bagahirimbanira kwerekana uburanga bwabo ku basore n’abagabo.

Umunsi umwe umusore witwaga Jeff, wari umushomeri , igihe cyarageze abona akazi ko gukorera mu gace ko kwa Cia hafi neza y’urugo rwabo. Ubwo Jeff yahageraga yasaga nabi kuko ari bwo yari akibona akazi.

Yari umusore ucishije make, wambara nabi kandi usa nabi mu bigaragara utari ufite isura ishamaje mu bigaragara. Akigera muri ako gace, yashatse uwamufasha kubona aho kuba aramubura , ashaka uwamumenyereza ako gace aramubura kuko abakobwa bose yegeraga bamureberaga ku rutugu , batera amaso ku nkweto ze n’ipantaro ye bagahita bamunena bakikomereza batamusubije.

Umunsi umwe rero yaje guhura na Cia avuye kuvoma , aramutwaza bagenda baganira aboneraho no ku mubwira iby’uko yageze muri ako gace ariko akaba yarabuze aho kuba ndetse atazi na byinshi kuriho.

Umukobwa mwiza Cia, yamwemereye kumufasha ndetse aranabikora kugeza ubu Jeff yanyuzwe agasaba Cia kumubera umukunzi kubera uburyo babanaga mu buzima bwa buri munsi umukobwa akabyemera bikaza no kurangira Jeff asabye Cia iwabo , akamwambika impeta bakemeranya kubana akaramata.

Uko iminsi yagendaga ishira Jeff yagendaga asa neza imbere n’inyuma. Jeff wari waritaweho cyane na Cia, yatangiye kuba umusore wifuzwaga n’abakobwa bose muri ako gace maze si ubwiza aburusha ‘Rudasubwa’, kwambara abirusha ‘Abahangamideri’ ndetse na weatangira kubyibonaho kugeza ubwo amaso ye amwerekeye ko Cia atakiri ku rwego rwe.

Igitondo kimwe Cia yabyutse yandikira Jeff ubutumwa bugufi nk’umukunzi we biteguraga kurushinga amubwira ati:”Mwaramutseho neza Rudasumbwa , musore mwiza wahebuje bose, zuba rirasaba ibihe byose , miseke nyuramo nkanezerwa , roho yanjye. Ndakuramukije, kandi nizeye ko waramutse neza nk’uko nanjye ibiri. Ijoro ryose naraye nguhamagara ndakubura, bakambwira ko telefoni ihuze ariko nagerageje burinda bucya dore amaso ni aya, sindagoheka ntarumva ijwi ryawe.

“Nukuri nahangayitse, ese urimuzima ? Umeze neza ? Uraseka bikemera, wamwenyura bikemera ? Si njye uzarota nongeye ku kubona dore amasaha 10 ashize ni menshi ndumva nshaka ko duhurira ku Kiliziya , nkagucira umugani naraye nanditse kandi ndabizi uzawukunda musore wahebuje bose. Isi yanjye yanze kwikaraga, urushinje rw’ibihe rwahagaze, igisigaye n’umwuka mpumeka urahera nutampamagara ngo nkumve. Ngaho bikore rata musore w’ubwiza n’ubwitonzi wakuye kubakubyaye !!! Ndagukunda cyane”.

Jeff wari uryamye agaramye hejuru ye hari undi musore yakubise amaso ubutumwa ahita abusiba atanabusomye. Ubwo niko na ‘Call’ za Cia zose zahitaga zisibwa uwo mwanya.

Jeff yagiye hanze nk’ugiye kwibohora maze na we afata telefone yandika ubutumwa bwamennye umutima w’umukunzi we. ……………

Iyi nkuru izakomereza ku gice cya Kabiri ……

TURAGUSABA GUKORA KONTE YAWE AHO HANDITSE NGO KORA KONTE Y’ABAFATABUGUZI KUGIRA NGO IGICE CYA KABIRI KITAZAGUCIKA.

honeymoon-in-phuket-7865031629669564.jpg


Inkuru zerekeye