Ubusanzwe urukundo ni imwe mu nzira ibonerwamo
umunezerno ibyishimo , kubaho mu mahoro no kwirinda umuhangayiko. N’ubwo ari
uko bimeze, kuri Cia byari bitandukanye kuko rwamubereye i kuzimu ariko nyuma
akaza kuhikura , akaba umugabo wo guhamya ukuri.
Cia yari umukobwa mwiza, w’uburanga budasanzwe mu gace
k’iwabo. Cia yakundaga cyane ubuzima yari abayemo buciriritse kuko
ntiyishyiraga hejuru cyangwa ngo yirate nk’uko byari bimeze kuri bamwe mu
bakobwa bari mu kigero cye mu gace k’iwabo kuko barangwaga no kwishyira hejuru,
kwibonekeza ndetse bagahirimbanira kwerekana uburanga bwabo ku basore n’abagabo.
Umunsi umwe umusore witwaga Jeff, wari umushomeri ,
igihe cyarageze abona akazi ko gukorera mu gace ko kwa Cia hafi neza y’urugo
rwabo. Ubwo Jeff yahageraga yasaga nabi kuko ari bwo yari akibona akazi.
Yari umusore ucishije make, wambara nabi kandi usa nabi
mu bigaragara utari ufite isura ishamaje mu bigaragara. Akigera muri ako gace,
yashatse uwamufasha kubona aho kuba aramubura , ashaka uwamumenyereza ako gace
aramubura kuko abakobwa bose yegeraga bamureberaga ku rutugu , batera amaso ku
nkweto ze n’ipantaro ye bagahita bamunena bakikomereza batamusubije.
Umunsi umwe rero yaje guhura na Cia avuye kuvoma ,
aramutwaza bagenda baganira aboneraho no ku mubwira iby’uko yageze muri ako
gace ariko akaba yarabuze aho kuba ndetse atazi na byinshi kuriho.
Umukobwa mwiza Cia, yamwemereye kumufasha ndetse
aranabikora kugeza ubu Jeff yanyuzwe agasaba Cia kumubera umukunzi kubera
uburyo babanaga mu buzima bwa buri munsi umukobwa akabyemera bikaza no
kurangira Jeff asabye Cia iwabo , akamwambika impeta bakemeranya kubana akaramata.
Uko iminsi yagendaga ishira Jeff yagendaga asa neza
imbere n’inyuma. Jeff wari waritaweho cyane na Cia, yatangiye kuba umusore
wifuzwaga n’abakobwa bose muri ako gace maze si ubwiza aburusha ‘Rudasubwa’,
kwambara abirusha ‘Abahangamideri’ ndetse na weatangira kubyibonaho kugeza ubwo
amaso ye amwerekeye ko Cia atakiri ku rwego rwe.
Igitondo kimwe Cia yabyutse yandikira Jeff ubutumwa
bugufi nk’umukunzi we biteguraga kurushinga amubwira ati:”Mwaramutseho neza
Rudasumbwa , musore mwiza wahebuje bose, zuba rirasaba ibihe byose , miseke
nyuramo nkanezerwa , roho yanjye. Ndakuramukije, kandi nizeye ko waramutse neza
nk’uko nanjye ibiri. Ijoro ryose naraye nguhamagara ndakubura, bakambwira ko
telefoni ihuze ariko nagerageje burinda bucya dore amaso ni aya, sindagoheka
ntarumva ijwi ryawe.
“Nukuri nahangayitse, ese urimuzima ? Umeze neza ? Uraseka
bikemera, wamwenyura bikemera ? Si njye uzarota nongeye ku kubona dore amasaha
10 ashize ni menshi ndumva nshaka ko duhurira ku Kiliziya , nkagucira umugani
naraye nanditse kandi ndabizi uzawukunda musore wahebuje bose. Isi yanjye yanze
kwikaraga, urushinje rw’ibihe rwahagaze, igisigaye n’umwuka mpumeka urahera
nutampamagara ngo nkumve. Ngaho bikore rata musore w’ubwiza n’ubwitonzi wakuye
kubakubyaye !!! Ndagukunda cyane”.
Jeff wari uryamye agaramye hejuru ye hari undi musore
yakubise amaso ubutumwa ahita abusiba atanabusomye. Ubwo niko na ‘Call’ za Cia
zose zahitaga zisibwa uwo mwanya.
Jeff yagiye hanze nk’ugiye kwibohora maze na we afata
telefone yandika ubutumwa bwamennye umutima w’umukunzi we. ……………
Iyi nkuru izakomereza ku gice cya Kabiri ……
TURAGUSABA GUKORA KONTE YAWE AHO HANDITSE
NGO KORA KONTE Y’ABAFATABUGUZI KUGIRA NGO IGICE CYA KABIRI KITAZAGUCIKA.



