‎Gakenke: Umwarimu ukekwaho kwiba amatungo magufi yatawe muri yombi
Inkuru y'umunsi

‎Gakenke: Umwarimu ukekwaho kwiba amatungo magufi yatawe muri yombi

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 163 min gusoma
‎Gakenke: Umwarimu ukekwaho kwiba amatungo magufi yatawe muri yombi

‎Kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Nyakanga 2026, mu Karere ka Gakenke mu Ntara y’Amajyaruguru y’u Rwanda, hafashwe umwarimu ukekwaho ubufatanyacyaha mu bujura bw’amatungo magufi arimo ihene n’intama. Uyu mugabo yemera ko yaguraga ayo matungo, mu gihe Polisi y’u Rwanda yasabye abaturage kwirinda ibyaha no gutanga amakuru ku gihe.

‎Uwafashwe ari mu kigero cy’imyaka 35 y’amavuko, akaba atuye mu Mudugudu wa Karambi, Akagari ka Buheta, Umurenge wa Gakenke. Asanzwe ari umwarimu mu Rwunge rw’Amashuri rwa GS Kamubuga.

‎Yatawe muri yombi ku bufatanye bw’ubuyobozi bw’Umurenge, Akagari, DASSO n’irondo, nyuma y’amakuru yatanzwe n’abaturage avuga ko akorana n’abajura biba amatungo magufi, akabagirwa iwe hanyuma bagatwara inyama. Banavugaga kandi ko iwe hari amatungo yari ategereje kubagwa. ‎
‎Ubuyobozi bwihutiye kugera iwe busangayo ihene eshatu n’intama eshatu zikingiranye mu gikoni.

Abajijwe uko ayo matungo yahageze, Uwazigira yemeye ko yayaguraga ku bajura babimuzaniraga. ‎
‎Aya makuru yanemejwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, CIP Ignace Ngirabakunzi, wavuze ko iki gikorwa cyagezweho ku bufatanye n’abaturage. ‎
‎Yagize ati: “Ni byo koko, yafatanwe ihene eshatu n’intama eshatu zafatiwe mu gikoni kidafite ikimenyetso na kimwe cyerekana ko ari ikiraro.

Ku bufatanye n’abaturage yafashwe, ndetse ayo matungo ashyikirizwa ba nyirayo bari barayibwe. ”

‎CIP Ngirabakunzi yakomeje asaba abaturage kwirinda ibyaha no kwirinda kurya inyama batazi aho zakomotse, kuko zishobora kubanduza indwara. ‎
‎Yagize ati: “Abantu birinde ibyaha kandi batange amakuru kugira ngo abakora ibikorwa by’ubujura bafatwe.

Ikindi, muri ibi bihe hari indwara y’amatungo yugarije, abaturage baributswa kwirinda kurya inyama zitazwi inkomoko kugira ngo batandura ubwo burwayi. ”

‎Yanibukije abaturage ko kuzerereza no gushorera amatungo batabifitiye uburenganzira bitemewe, abasaba kujya bagira amakenga igihe babonye bikorwa kuko hari ubwo ayo matungo aba yibwe. ‎
‎Uwafashwe afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Gakenke, aho akurikiranwe ku cyaha akekwaho, mu gihe iperereza rikomeje no kugira ngo hamenyekane abo bafatanyaga muri ubu bujura bw’amatungo.

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan  ‎
Imyidagaduro

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan ‎

‎Zari Hassan yatangije ikiganiro mpaka ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye nyuma yo kwemeza ko umugore aba agomba guca inyuma uwo bashakanye igihe cyose uwo mugabo adatanga ibikenewe byose mu rugo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 2 yashize
Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we
Imyidagaduro

Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we

Butera Knowless umaranye imyaka 10 n’umugabo we mu buryo bwemewe n’amagategeko nk’umugore n’umugabo, yamushimiye byimazeyo ku rukundo yamuhaye agaragaza ko yabonye Imana mu byo banyuranyemo byose.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 14 yashize
Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we
Imyidagaduro

Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we

Butera Knowless umaranye imyaka 10 n’umugabo we mu buryo bwemewe n’amagategeko nk’umugore n’umugabo, yamushimiye byimazeyo ku rukundo yamuhaye agaragaza ko yabonye Imana mu byo banyuranyemo byose.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 14 yashize
Ibyo amaze kunguka ! Diamond Platnumz yishyuye agera kuri 8,821,692 RWF ngo ahure na Ne-Yo yishyura 147,028,200 Rwf ngo ahure na Davido
INKURU NYAMUKURU

Ibyo amaze kunguka ! Diamond Platnumz yishyuye agera kuri 8,821,692 RWF ngo ahure na Ne-Yo yishyura 147,028,200 Rwf ngo ahure na Davido

Umuhanzi Diamond Platnumz uri mu bakomeye muri Tanzania, ntabwo yazuyaje mu kwishyura agera kuri 8,821,692 Rwf kugira ngo ahure na kimwe mu byamamare muri muzika y’Isi Ne-Yo ndetse ngo yishyure n’andi menshi mu guhura na Davido wo muri Nigeria.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 15 yashize
‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza  ‎
Imyidagaduro

‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza ‎

Kendall Jenner wamamaye mu myidagaduro yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika , akaba yarakanyujijeho na A$AP Rocky umaze kubyarana Gatatu na Rihanna , yatangaje ko kuba batarabanye byaturutse ku kuba Rocky atarifuzaga ko baganira ku byerekeye ahazaza hano.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa
Imyidagaduro

‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa

Umuziki wa Afurika y'Iburasirazuba wari umaze igihe uvugwa kubera umwana w'umukobwa Zuchu na Diamond Platnumz baherutse kwibaruka dore ko ari na bamwe basanzwe bazi kurema inkuru zitwikira ibikorwa byabo muri muzika. Inkuru y'umwana banjirijwe n'amagambo yo kwihakana umugabo byanyirarureshwa kuri Zuchu warimo kuribwa n'inda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize