
Umuhanzi wo muri Tanzania, Diamond Platnumz , yatangaje ko afite undi mukunzi nyuma y’amasaha make Zuchu bari bakundanye imyaka igera kuri 7atangarije ko batakiri kumwe.
Diamond wamamaye mu ndirimbo zitandukanye nka ‘Yatapita’ ndetse agakunda kwiyita ‘Simba’, yatangaje iby’urukundo rushya anyuze ku mbuga nkoranyambaga ze dore ko hari haciye igihe acecetse atanavugwa mu nkuru z’urukundo.
Mu birori byo kwizihiza umunsi w’umugore, Diamond Platnumz , yagaragaye abyinana cyane n’umukobwa wari wazaniye nyina (Mama Dangote), impano, benshi bahise batekereza ko ashobora kuba ari we uri inyuma yisenyuka ry’urugo rwe na Zuchu wari unaherutse gutangaza ko atwitiye Simba nk’uko byari byatangajwe na Baba Levo inshuti ya hafi cyane ya Diamond Platnumz.
Nyuma yo kutagaragara muri ibyo birori Diamond yabyinanyemo n’ikizungerezi, Zuchu yahise atangaza ko iby’umubano we na Diamond Platnumz abishyize ku iherezo ndetse ko atigeze arwara cyangwa ngo agire izindi gahunda ahubwo ko yahisemo kwishyira imbere akikunda ndetse akita no ku mpano ye.
Ati:”Ndatekereza hamaze iminsi ibihuba byinshi bivuga kuri nge n’umukunzi wange.Ukuri ni uko nyuma y’imyaka 6 turi kumwe, umubano wacu wageze ku iherezo. Ndifuriza Nasibu (Diamond) amahirwe masa. Nafashe uyu mwanzuro ntawe ngambiriye kubabaza”.
Nyuma y’aho Diamond Platnumz yashyize hanze amashusho agaragaza ko ntakibazo na kimwe afitanye n’uwariwe wese ndetse ko atatengushywe



