Umunsi.com
Pastor Aloys Uwakarema asaba Abakristo kugaragaza ukwizera mu mibiri yabo yose
Inkuru zamamaza

Pastor Aloys Uwakarema asaba Abakristo kugaragaza ukwizera mu mibiri yabo yose

Umunsi com2026 Gashyantare 43 min gusoma
Pastor Aloys Uwakarema asaba Abakristo kugaragaza ukwizera mu mibiri yabo yose
Mu nyigisho yahaye abakristo bo mu Itorero rya ADEPR, Pastor Aloys Uwakarema yashimangiye ko ubukristo nyabwo bugomba kugaragarira mu mibereho ya buri munsi y’umuntu, haba mu byo avuga, mu byo akora no mu myitwarire agaragaza aho ari hose umukirisitu yirinda kurangaza abandi. Yagarutse ku kuba ukwizera atari amagambo gusa, ahubwo ari indangagaciro zigaragarira mu buzima bwuzuye. Uyu MUKOZI W’Imana nk’uko abivuga, yasobanuye ko ubukristo butivugwaho n’umuntu ku giti cye, ahubwo bugaragarira mu byemezo afata n’uko yitwara mu bandi. Yerekanye ko nk’uko imyitwarire mibi ihita imenyekana mu mibanire y’abantu, n’ubukristo nyabwo bumenyekana mu bikorwa no mu rugero umuntu atanga mu muryango, mu kazi no mu bandi babana. Yibukije ko mu materaniro no mu bindi bikorwa by’itorero, abakristo bagomba kwirinda imyitwarire irangaza abandi, bakibanda ku ntego yo gusenga no kwegera Imana. Yavuze ko imyambarire n’imigendere by’umukristo bikoxyandakwiriye kuba mu murongo w’icyubahiro, kwicisha bugufi no kubaha aho bari. Pastor Aloys Uwakarema yakomeje asobanura ko ubukristo bugera ku buzima bwose bw’umuntu, kuva ku bitekerezo, ku mvugo, ku myitwarire, kugeza mu buzima bwite bwo mu rugo n’aho akorera. Yashimangiye ko ukwizera nyakuri kugenga uko umuntu abaho, uko akorana n’abandi n’uko akoresha ibyo afite. Agaruka ku rubyiruko, yahaye inama abasore n’abakobwa kwirinda gucira abantu imanza bishingiye ku byo babona mu gihe gito, abasobanurira ko kumenya umuntu bisaba kureba ubuzima bwe busanzwe n’indangagaciro agenderaho buri munsi. Yagaragaje ko ubuzima bwa gikirisitu bukwiriye kuranga umuntu igihe cyose, atari mu rusengero gusa. Yasoreje asaba abakristo kuba aba Kristo by’ukuri mu bikorwa no mu buzima bwabo bwa buri munsi, abasaba gukoresha neza igihe bafite mu gukora ibyiza no gukorera Imana, bibuka ko amahirwe yo gukora icyo cyiza agomba kubyazwa umusaruro hakiri kare.

Inkuru zishyashya

“Gushyingiranwa ni Contract mbi ibaho mu buzima” ! 50 Cent agaruka ku gushaka no gutandukana kw’abashakanye bisiga impaka zidashira
Imyidagaduro

“Gushyingiranwa ni Contract mbi ibaho mu buzima” ! 50 Cent agaruka ku gushaka no gutandukana kw’abashakanye bisiga impaka zidashira

Umuhanzi mu njyana ya Hip Hop muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika , 50 Cent, yatangaje byinshi ku gushyingiranwa , gutandukana no gutangira bundi bushya mu gihe ababanaga batandukanye.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 12 yashize
APR BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona 2026
Imikino

APR BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona 2026

APR BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona nyuma yo Gutsinda Patriots BBC imikino ine kubusa (4-0). Bikaba bibaye inshuro ya kabiri yegukana igikombe yikurikiranya kuko numwaka ushyize niyo yari3yagitwaye.

ADAM Yannickamasaha 13 yashize
Perezida Kagame yaburiye abantu bagicuruza ibyuma avuga ko bitazihanganirwa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yaburiye abantu bagicuruza ibyuma avuga ko bitazihanganirwa

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko Leta y’u Rwanda itazongera kurebera abenga cyangwa bakwirakwiza inzoga zitujuje ubuziranenge, zirimo izwi nka “ibyuma”, kuko zikomeje guteza urupfu n’ibibazo by’ubuzima ku Banyarwanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Umuhanzi Nyarwanda Element na Ne-Yo bakoranye indirimbo
INKURU NYAMUKURU

Umuhanzi Nyarwanda Element na Ne-Yo bakoranye indirimbo

Element umaze igihe atari mu Rwanda ari mu myiteguro yo gushyira hanze album ye ya mbere, yamaze gukorana indirimbo n’umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya R&B wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ne-Yo.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Perezida wa Uganda yifatanyije n'umukobwa we wagizwe Bishop amusabira umugisha n'imbaraga
Iyobokamana

‎Perezida wa Uganda yifatanyije n'umukobwa we wagizwe Bishop amusabira umugisha n'imbaraga

‎Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni yifatanyije n'umukobwa we Patience Rwabwogo wagizwe Bishop mu itorero yari amazemo imyaka igera kuri 20.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa
Imyidagaduro

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa

‎Umuhanzi Tom Close yateguje umuzingo (Album) yise 'Sunshine' irimo indirimbo zitandukanye zahotse ndetse n'indirimbo zitari zasohoka yaherukaga guteguza.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize