
Mu Nama Mpuzamahanga yiga ku ikoreshwa ry’Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano (AI) mu guharanira iterambere iteraniye i Geneva mu Busuwisi, Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rwungukira byinshi kuri iki kigo kuko amakuru gitanga agira uruhare mu gufata ibyemezo byihuse kandi bishingiye ku makuru yizewe.
Yagize ati: “Mu Rwanda twashyizeho Ikigo cy’ikoranabuhanga rigezweho mu buvuzi gikusanya amakuru y’ako kanya mu nzego zose zacu z’ubuvuzi, kigakoresha AI mu kuburira ibyorezo bishobora kwaduka. Ibyo bidufasha gufata ibyemezo bya Politiki birushijeho kuba byiza.”
Iki kigo cyatangijwe ku mugaragaro na Minisiteri y’Ubuzima ku itariki ya 3 Mata 2025, ubwo u Rwanda rwakiraga Inama Mpuzamahanga yiga ku ikoreshwa rya AI muri Afurika.
NHIC yashyizweho hagamijwe gukoresha amakuru y’ubuzima akusanywa na AI mu nzego zose z’ubuzima ako kanya, kugira ngo u Rwanda rubashe gufata ibyemezo bishingiye ku bimenyetso (evidence-based decisions) mu rwego rw’ubuvuzi n’ubuzima rusange.
Iryo koranabuhanga ry’ubwenge buhangano rikusanya rikanasesengura amakuru aturuka mu Bajyanama b’ubuzima, mu mavuriro y’ibanze, ibigo nderabuzima, Ibitaro by’Uturere, Ibitaro Bikuru ndetse no mu mavuriro yigenga.
Rikusanya kandi amakuru ajyanye n’ubuvuzi, imiti, abakora mu nzego z’ubuzima, uburyo bwo gutwara abarwayi, ibyorezo bishobora kwibasira Igihugu bigahuzwa n’ibarurishamibare ry’abaturage.
Aya makuru iyo amaze gukusanywa anasesengurwa mu gihe gito agakorwamo raporo ngufi kandi zisobanutse zifasha abayobozi gufata ibyemezo byihuse kandi bishingiye ku makuru nyayo.
Afurika yiteguye kubyaza umusaruro AI
Perezida Kagame yavuze ko Afurika itakomeza kwihanganira gukoresha ikoranabuhanga rikorerwa ahandi mu gihe yo ntacyo ikora, ari na yo mpamvu ibihugu byinshi byo kuri uyu mugabane birimo n’u Rwanda bikomeje guharura inzira zo kubyaza umusaruro AI mu buryo bwuzuye.
Yagaragaje ko Afurika yiteguye gutanga umusanzu wayo mu bukungu bwifashisha ikoranabuhanga, cyane ko kugeza mu 2050 uyu mugabane ari wo uzaba ufite imbaraga nyinshi zo gukora kurusha indi migabane ku Isi.
Yagaragaje kandi ko ibyo bitakiri amagambo gusa kuko hari inkuru nyinshi z’ibyiza urubyiruko rwa Afurika rurimo gukora ku mugabane rwifashishije ikoranabuhanga rigezweho.
Ati: “Dukwiye kubashoramo imari, bizazanira inyungu buri wese. Icy’ingenzi ni uko kugira ngo AI ikorere abantu bose tugomba kuyikoresha neza muri Afurika n’ahandi hose.”
Aha ni ho yahereye agaragaza inzego eshatu zikwiye gushyirwa imbere kugira ngo iryo koranabuhanga ritange umusaruro ukenewe, ari zo kwagura ibikorwa remezo bihagije, kongera ubumenyi mu guhanga ibishya, no kubazwa inshingano.
Perezida Kagame yakomeje agira ati: “Muri Afurika ntitukinyuzwe no kuba abakoresha ikoranabuhanga ry’abandi twe ntacyo dukora, natwe turashaka kubaka, no gukwiza ikoranabuhanga rigezweho ku rwego ruhanitse. Intego zacu ziragaragara kandi tuzakomeza gukorera hamwe kugira ngo ibyo byose tubigereho.”
Yagaragaje ko kugeza ubu Afurika yatangiye kubona umusaruro wo gukoresha ikoranabuhanga ndetse yiteguye kurushaho kurikoresha ku rwego ruhanitse kuko rifite imbaraga zo guhindura ubuzima no kongerera imbaraga ubukungu bw’ibihugu.
Yashimiye Umunyamabanga Mukuru w’Ikigo Mpuzamahanga cy’Itumanaho (ITU), Doreen Bogdan-Martin ukomeje kugaragaza impinduka mu miyoborere iganisha Isi ku kubyaza umusaruro ufatika Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano.
Yavuze ko nubwo intambara za Politiki zahinduye ikoranabuhanga amarushanwa yo gukora ibibi, hakiri icyizere ko AI izarushaho kugira uruhare mu kwihutisha iterambere no kuba umusemburo wo gukora ibyiza.




