Kampire Gaudence utuye mu Mudugudu wa Miraramo, Akagari ka Kabuga
Umurenge wa Mukura, avuga ko afite icyizere cy’ejo hazaza yakuye ku gutinyuka
akihangira imirimo aho kugeza ubu ashobora kwinjiza agera ku 300,000 Rwf ku
Kwezi amufasha kubaho n’umuryango we.
Aganira na Imvaho Nshya Kampire yavuze ko yakuriye mu buzima
bugoye bwanatumye adakomeza amashuri ngo arangize nk’intego yari afite bigatuma
ajya mu buzima bwo gukora akazi ko mu rugo muri 2016.
Avuga ko yahagaritse amashuri arangije umwaka wa Gatandatu
w’amashuri abanza, kubera kubura uko yiga biturutse ku bushobozi buke bwari
iwabo hashira imyaka ibiri ari mu rugo ntacyo akora agahitamo kujya gushaka
akazi ko mu rugo.
Yagize ati:”Ubusanzwe nari mfite gahunda yo kwiga nkarangiza
amashuri nkashaka akazi nk’abandi, ariko ngeze mu mwaka wa Gatandatu w’amashuri
abanza nakoze ikizamini, ndatsinda iwacu tubura amafaranga yo ku njyana mu
mashuri yisumbuye. Ubwo mfata umwanzuro wo kuvamo bigoye kuko nabikundaga”.

Photo: Kwizera Jean de Dieu
Kampire Gaudence utuye mu Mudugudu wa Miraramo, Akagari ka Kabuga Umurenge wa Mukura, avuga ko afite icyizere cy’ejo hazaza yakuye ku gutinyuka akihangira imirimo aho kugeza ubu ashobora kwinjiza agera ku 300,000 Rwf ku Kwezi amufasha kubaho n’umuryango we.
Yakomeje agira ati:”Nahise ngira igitekerezo cyo gushaka
ubushobozi bwazamfasha kwiga imyuga ubundi nkibeshaho ntasabirije ndetse
nkabasha no gufasha mu rugo kuko nabo ubuzima bari babayemo bwari bubi. Muri
uko kumara nk’imyaka ibiri ndi mu rugo ntacyo nkora, nibwo nahuye n’umuntu
andangira akazi ko mu rugo mu Mujyi wa Kigali nkakora nk’umwaka ngaruka hano , nza
kujya i Rubengera muri Karongi muri 2018 naho nkora akazi ko mu rugo”.
Yagaragaje ko ageze muri ako kazi muri 2018 hagashira imyaka 3 ari
bwo yahise aha abakoresha be igitekerezo cy’uko ashaka kwiga imyuga
bakanamusezeranya kuzamufasha.
Yagize ati:”Ngarutse mu rugo, nibwo naje kongera kubona akazi ko
mu rugo muri Karongi, ndakora, abakoresha bambera ababyeyi nzano kubabwira ko
nshaka kuzajya kwiga imyuga , barambwira ngo mbe nihanganye bazamfasha, ubwi
igihe cyarageze njya kwiga kudoda ariko nkajya na nkora ako kazi ntashye”.
Yakomeje agira ati:”Natangiye kwiga nyuma yaho gato ndagiza muri
2022 kuko nize umwaka umwe, ubwo ku bw’amahirwe nabonye abantu bamfasha
bangurira imashini idoda y’amafaranga 120,000 Rwf. Kuva muri 2023, nibwo navuga
ko natangiye kudoda , ako kazi ko mu rugo ndagasezera mfite imyaka 23
y’amavuko”.
Avuga ko yageze mu rugo arangije kwiga, bamushakira ho kudodera , ari naho ashyira ibitambara ndetse n’imyambaro aba yarangije kudoda yiganjemo iy’abanyeshuri.
Yagize ati:”Nkimara gutangira kudoda nakoreye i Rubengera mu
Gakiriro, ubwo nzagusanga bitari kuvamo neza kuko abazaga kudodesha bazaga
bishakira abamazemo imyaka , ubwo nigira inama yo kuvuga ngo rekanjye gukorera
iwacu. Nagiyeyo mpera ku busa ariko ubu navuga ko hari urwego maze kugeraho
kandi bizakomeza kugenda neza”.
Yakomeje agira ati:”Ubu ntabwo nabasha kongera gukora akazi ko mu
rugo, kuko ni akazi utegereza ko Ukwezi gushira kandi ugasanga uri guhembwa
make ariko hano ndi Ukwezi gushobora gushira nabonye , inkweto , nabonye
amavuta , nabonye nayo kwizigama kandi nsa neza kuko iyo nabonye ibiraka byo
kudodera abanyeshuri nshobora kwinjiza 357,000 Rwf ku Kwezi”.
Avuga ko ku munsi ashobora kudodera abanyeshuri 7 ikabutura
n’ishati bifite agaciro ka 11,900 Rwf bingana 357,000 mu gihe yakoreye abagera
kuri 210 ku Kwezi gusa ngo mu gihe bidahari akaba adodera abandi bantu basanzwe
bamugana.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukura Ndayambaje Emmanuel, yabwiye Imvaho Nshya ko biteye
ishema kuba umwana w’umukobwa yarakoze akagira intego zo kwihangira imirimo
agaragaza ko no mu byo bakangurira abanda nabyo birimo.
Yagize ati:”Ni byiza kuba yarakoze uko ashoboye
kugeza yihangiye imirimo. Tubikoze n’urundi rubyiruko kuko bituma bakurana
umutima wo gukora no gufasha abanda”.
Kampire yabwiye Imvaho Nshya ko uretse kuba akunze gushaka ibiraka
byo kudodera abanyeshuri bo mu mashuri abanza n’ay’inshuke kuko ari byo bigira
amafaranga, avuga ko afite gahunda yo gutangira kwigisha abandi bana b’abakobwa
azabona bafite ubushake bwo kwiga aho atuye mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa
Mukura.
Agira inama abandi bakobwa bakora akazi ko mu rugo , bakazarinda
bakavamo ntacyo bakuyemo agaragaza ko icyo bakwiriye gukora ari ukugira intego
z’aho bifuza kugera bakamenya neza n’ibyo bifuza gukora.
Yagize ati:”Icyo nabwira abandi bakobwa bagenzi banjye bari mu
kazi ko mu rugo, ni uko bagakora ariko bafite intego, ibyo bizatuma no mu gihe
batakarimo bagira agaciro, ariko nibakagumamo babona amafaranga bakayapfisha
ubusa ntacyo bazageraho”.
